• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA UBUKUNGU

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in UBUKUNGU
0
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, Guverinoma y’u Bufaransa n’iy’u Rwanda, zashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya Miliyari 30 Frw yo gushora mu mishanga yumvikanyweho ubwo Perezida Emmanuel Macron yasuraga u Rwanda umwaka ushize.

Ni amasezerano yasinywe binyuze mu Kigega cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere (AFD/Agence Francainse de Developpement) na Banki y’Igihugu ishinzwe gutsura Iterambere (BRD).

Muri izo Miliyari 30 na miliyoni 625 z’amafaranga y’u Rwanda, ni ukuvuga miliyoni 25 zamafaranga akoreshwa n’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ni yo ubufaransa bwahaye u Rwanda.

Arimo igice cy’impano ingana na miliyari 5.9 Frw agomba gushorwa mu kwigisha ururimi rw’Igifaransa mu Rwanda.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko nko muri iyi gahunda, hazibanwa ku bikorwa binyuranye birimo “guhugura abarimu mu rurimi rw’Igifaransa kugira ngo na bo bashobora kwigisha, icya kabiri ni ugutegura ibikoresho byo kwigisha nk’ibitabo n’ubundi buryo bukoreshwa m kwigisha.”

Igice ka cya kabiri cy’aya mafaranga u Bufaransa bwahaye u Rwanda, kingana na miliyari 24,3 Frw agomba gufasha imishinga mito mu rwego rwo gufasha abaturage kuzahura ibikorwa by’ubukungu binyuze mu gutanga inguzanyo y’igihe kirekire.

Umuyobozi wa BRD, Kampeta Sayinzoga, avuga ko inyungu kuri iyi nguzanyo izaba iri hasi ugereranyije n’iri ku isoko.

Ati “Biterwa n’umushinga n’urwego urimo ariko icyo tugamije nka BRD ni uko tujya munsi y’urwunguko ruri ku isoko.” 

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfre, yavuze ko aya masezerano ari ntangiriro y’umusaruro w’imibanire y’ibihugu byombi.

Ati “Muri rusange ubu ni bumwe mu buryo bwo gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizweho umukono n’abakuru b’Ibihugu. Ibyo byabaye ubwo Perezida Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka i Kigali.”

Ambasaderi Antoine Anfre avuga ko Guverinoma z’Ibihugu byombi zigomba gusigasira iyo mikoranire yatangijwe na Perezida Kagame na mugenzi we Macron.

Ati “Iyo mikoranire rero tugomba kuyagurira mu nzego zose.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko mu gihe gito gishize imibanire n’imikoranire y’ibi Bihugu byombi ivuguruwe, u Bufaransa bamaze gufasha u Rwanda muri gahunda zitandukanye zirimo no guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatanu
Ambasaderi Antoine Anfre avuga ko umurongo watanzwe n’abakuru b’Ibihugu byombi ukwiye gukomerezwaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 + four =

Previous Post

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Next Post

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Related Posts

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Why You Keep Running Out of Money Before the Month Ends

Why You Keep Running Out of Money Before the Month Ends

by radiotv10
30/05/2026
0

It happens to more people than you think. The salary comes in, you feel briefly in control, and then somehow,...

Money or Passion: What should we follow in 2025?

Why Saving Money Feels Harder Than Ever for Young People

by radiotv10
29/05/2026
0

For many young people today, saving money feels like an impossible task. Previous generations often shared advice such as "save...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

How to save money for unexpected problems

by radiotv10
28/05/2026
0

Most people do not think about emergencies until they happen. A medical bill, a sudden job loss, a car repair,...

Hatanzwe umucyo ku mpinduka z’ingenzi mu mategeko agenga abakozi ba Leta mu Rwanda hitswa ku by’imishahara

Hatanzwe umucyo ku mpinduka z’ingenzi mu mategeko agenga abakozi ba Leta mu Rwanda hitswa ku by’imishahara

by radiotv10
27/05/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo yagaragaje zimwe mu mpinduka ziri mu itegeko rihindura itegeko rishyiraho sitati rusange igenga abakozi ba...

Next Post
Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.