Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA UBUKUNGU

U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali

radiotv10by radiotv10
18/02/2022
in UBUKUNGU
0
U Bufaransa bwahaye u Rwanda Miliyari 30Frw y’imishinga yumvikanyweho ubwo Macron yari i Kigali
Share on FacebookShare on Twitter

Kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gashyantare 2022, Guverinoma y’u Bufaransa n’iy’u Rwanda, zashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya Miliyari 30 Frw yo gushora mu mishanga yumvikanyweho ubwo Perezida Emmanuel Macron yasuraga u Rwanda umwaka ushize.

Ni amasezerano yasinywe binyuze mu Kigega cy’Abafaransa gishinzwe Iterambere (AFD/Agence Francainse de Developpement) na Banki y’Igihugu ishinzwe gutsura Iterambere (BRD).

Muri izo Miliyari 30 na miliyoni 625 z’amafaranga y’u Rwanda, ni ukuvuga miliyoni 25 zamafaranga akoreshwa n’umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi, ni yo ubufaransa bwahaye u Rwanda.

Arimo igice cy’impano ingana na miliyari 5.9 Frw agomba gushorwa mu kwigisha ururimi rw’Igifaransa mu Rwanda.

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko nko muri iyi gahunda, hazibanwa ku bikorwa binyuranye birimo “guhugura abarimu mu rurimi rw’Igifaransa kugira ngo na bo bashobora kwigisha, icya kabiri ni ugutegura ibikoresho byo kwigisha nk’ibitabo n’ubundi buryo bukoreshwa m kwigisha.”

Igice ka cya kabiri cy’aya mafaranga u Bufaransa bwahaye u Rwanda, kingana na miliyari 24,3 Frw agomba gufasha imishinga mito mu rwego rwo gufasha abaturage kuzahura ibikorwa by’ubukungu binyuze mu gutanga inguzanyo y’igihe kirekire.

Umuyobozi wa BRD, Kampeta Sayinzoga, avuga ko inyungu kuri iyi nguzanyo izaba iri hasi ugereranyije n’iri ku isoko.

Ati “Biterwa n’umushinga n’urwego urimo ariko icyo tugamije nka BRD ni uko tujya munsi y’urwunguko ruri ku isoko.” 

Ambasaderi w’u Bufaransa mu Rwanda, Antoine Anfre, yavuze ko aya masezerano ari ntangiriro y’umusaruro w’imibanire y’ibihugu byombi.

Ati “Muri rusange ubu ni bumwe mu buryo bwo gushyira mu bikorwa amasezerano yashyizweho umukono n’abakuru b’Ibihugu. Ibyo byabaye ubwo Perezida Macron yagiriye uruzinduko rw’amateka i Kigali.”

Ambasaderi Antoine Anfre avuga ko Guverinoma z’Ibihugu byombi zigomba gusigasira iyo mikoranire yatangijwe na Perezida Kagame na mugenzi we Macron.

Ati “Iyo mikoranire rero tugomba kuyagurira mu nzego zose.”

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko mu gihe gito gishize imibanire n’imikoranire y’ibi Bihugu byombi ivuguruwe, u Bufaransa bamaze gufasha u Rwanda muri gahunda zitandukanye zirimo no guhangana n’icyorezo cya COVID-19.

Aya masezerano yasinywe kuri uyu wa Gatanu
Ambasaderi Antoine Anfre avuga ko umurongo watanzwe n’abakuru b’Ibihugu byombi ukwiye gukomerezwaho

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 8 =

Previous Post

Nyagatare: Babiri barimo umukecuru w’imyaka 79 bafatanywe urumogi barutwaye kuri moto

Next Post

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Related Posts

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

Kigali Paramount Hotel Celebrates Four-Star Rating from RDB

by radiotv10
06/04/2026
0

Kigali Paramount Hotel, located in Kicukiro District in Kigali City, has received a four-star rating from the Rwanda Development Board...

Hatangajwe ibiciro bishya bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda

Bwa mbere ibiciro bya Lisansi na Mazutu mu Rwanda byageze mu 2000Frw biranarenga

by radiotv10
04/04/2026
0

Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwatangaje ibiciro bishya by’ibikomoka kuri Peteroli bibaye ibya mbere byo hejuru mu Rwanda, aho nka Lisansi yageze...

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

Mobile Money Rwanda Ltd Unveils ‘MoFlex’: A Revolutionary microloan solution

by radiotv10
30/03/2026
0

Mobile Money Rwanda Ltd (MoMo Rwanda), in partnership with Ecobank Rwanda Plc and YABX Technologies (Netherlands) B.V , is pleased...

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

Ibigo by’imari n’abahinzi byasabwe kongera imikoranire mu kuzamura ubuhinzi buhangana n’imihindagurikire y’ibihe

by radiotv10
26/03/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rwanda (AMIR) ku bufatanye na Cordaid Rwanda burahamagarira ibigo by’imari bikorana n’abahinzi kongera imikoranire...

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

Amashirakinyoma ku makuru yakwirakwijwe ko uruganda rwa Volkswagen rwahagaritse gukorera mu Rwanda

by radiotv10
24/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Volkswagen Group ku Mugabane wa Afurika, bwanyomoje amakuru y’ibihuha yakwirakwizwaga ku mbuga nkoranyambaga ko uru ruganda rugiye guhagarika...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Umukecuru w’imyaka 102 arifuza kuziyamamariza kuba Perezida w’Igihugu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.