Saturday, June 7, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Gitwaza yavuze ku byo kweguzwa, ibyo guhanga Igihugu no guhamagazwa na RIB

radiotv10by radiotv10
21/02/2022
in MU RWANDA
0
Gitwaza yavuze ku byo kweguzwa, ibyo guhanga Igihugu no guhamagazwa na RIB
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Itorero Zion Temple, Dr Paul Gitwaza wagarutsweho mu cyumweru gishize ubwo bamwe mu bavuga ko bafatanyije na we gushinga iri torero bageragezaga kumweguza, yagize icyo avuga kuri iki gikorwa ndetse no ku byo yavuzweho byo guhunga Igihugu.

Apotre Dr Paul Gitwaza wagarutsweho cyane mu mpera z’icyumweru gishize ubwo hagaragaraga ibaruwa n’Abashumba batandatu bamwandikiye ibaruwa bamumenyesha ko ahagaritswe ku mwanya w’ubuyobozi bw’iri torero.

Muri iyi baruwa, aba bashumba bavuga ko bafatanyije na Dr Gitwaza gushinga iri torero, bamushinja ibikorwa binyuranye birimo kunyereza umutungo w’iri torero, kuyisahurira hanze y’Igihugu ndetse no gufata imyanzuro ishingiye ku giti cye.

Ibaruwa yeguza Apotre Gitwaza, yakurikiwe n’icyemezo cya RGB gitesha agaciro iyi baruwa, aho uru rwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyorere rwavugaga ko iki cyemezo cyafashwe n’abantu batabifitiye ububasha.

Apotre Gitwaza ubu uri mu mahanga aho avuga ko akomeje kwagura itorero rye dore ko akomeje gufungura amashami yaryo muri Leta zinyuranye zo muri Leta Zunze Ubumwe za America, yagize icyo avuga kuri iki gikorwa cyo kumweguza.

Muri ubu butumwa yagezaga ku bayoboke, Gitwaza yashimiye inzego z’Igihugu by’umwihariko Perezida wa Repubulika “ku bw’ubushishozi bagira kugira ngo babashe kuzanira Abanyarwanda umutekano ubakwiriye”

Yavuze ko nubwo kiriya gikorwa cyo kumweguza cyahagaritse imitima y’abayoboke “ariko nanone turashimira Imana, igihugu cyacu ko bashishoje bagasanga biriya ari ibintu bidafite ishingiro.”

Yanamaze impungenge abayoboke ababwira ko atataye itorero nk’uko abishinjwa, ahubwo ko ari gushinga amashami yaryo kandi ko azagaruka vuba.

Ku byavuzwe ko yahunze Igihugu, Gitwaza yasabye abayoboke kwima amatwi abakwirakwiza amakuru nk’ayo y’ibihuha ko yahunze ndetse ko yahamagajwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB.

Ati “Oya, nta convocation [inyandiko ihamagaza] n’imwe ya RIB nari nagira, sinzi ko izanahaba kuko nta cyaha nakorera Abanyarwanda no guhemukira u Rwanda sinzi ko nzabikora.”

Bamwe mu bakurikiranira hafi iby’iri torero, bavuga ko kweguza Gitwaza byageragejwe kuva cyera aho bagendaga bagira byinshi bamushinja, ariko iki gikorwa kikagenda kiburizwamo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

11 + 6 =

Previous Post

Umunyarwandakazi Sherrie Silver yashyiriweho ikibumbano mu Bwongereza giteze mu mbyino Nyarwanda

Next Post

Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Rwamagana: Itsinda ry’abantu 7 barimo umugore n’umugabo we ryafatanywe ibyibano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.