Sunday, July 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amarira y’Abamotari arahanaguwe burundu: Hafashwe imyanzuro ku bibazo bakunze kugaragaza

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Amarira y’Abamotari arahanaguwe burundu: Hafashwe imyanzuro ku bibazo bakunze kugaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Inama yahuje inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) n’Abamotari, yafatiwemo ibyemezo byashimishje aba batwara abagenzi kuri moto bari bamaze igihe biyasira kubera ibibazo byinshi bari bafite.

Mu kwezi gushize, abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bakoze imyigaragambyo basaba gukemurirwa ibibazo bafite byarimo icya mubazi.

Ibi byatumye inzego zinyuranye zihura zihita zifata umwanzuro wo kuba hahagaritswe igenzurwa ry’ikoreshwa rya mubazi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda wari watangaje ko Abamotari bari basanganywe ibibazo uruhuri ariko bakuririra ku iki cya mubazi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu habaye inama yahuje Minisiteri y’Ibikorwaremezo, RURA, Polisi, Umujyi wa Kigali n’Abamotari ubwabo bamenyeshwa imyanzuro yafashwe na MINIFRA.

Umwe mu myanzuro yafashwe n’urebana na Koperative nyinshi zakunze kugarukwaho n’Abamotari, ubu MININFRA ikaba yakuyeho Koperative 41, hakazashyirwaho eshanu.

Ati “Hari imitungo yari afite [amakoperative], izarebwa yose hanyuma abanyamuryango bayigabane ariko igikuru muri byo, nta mutungo wundi bazongera gushaka muri koperative ndetse nta n’umusanzu bazongera gutanga wa buri kwezi.”

Avuga ko Abamotari hari amafaranga ibihumbi 10 Frw batangaga muri RURA kugira ngo bahabwe uburenganzira bwo gukora, kandi bakazongera kuyatanga mu gihe ubwo burenganzira bushize.

Ati “Ibyo ubu byavuyeho, uzajya uyatanga rimwe noneho urushya nirushira usubira muri RURA baguhe urundi ruhushya bataguciye andi mafaranga.”

Naho imisanzu bajyaga batanga muri za Koperative, na yo yavuyeho kuko bazajya batanga ibihumbi 23 Frw batangaga n’ubundi buri kwezi, akazajya ashyira muri Koperative eshanu zizashyirwaho ubundi ntibazongere gutanga indi misanzu.

 

Mubazi yongeye gukoreshwa

Alain Mukuralinda kandi atangaza ko guhera uyu munsi watangarijweho iyi myanzuro, mubazi zongera gukoreshwa, aboneraho gusaba abatarazifata kujya kuzifata kuko Polisi yongera kuzigenzura.

Avuga ko nubwo mubazi ubwayo itari ikibazo.

Igiciro ku ngendo cyari 300 Frw ku bilometero bibiri, ubu cyashyizwe kuri 400 Frw.

Alain Mukuralinda yatangaje ko ibi bibazo byose bigomba gukemuka mu gihe cy’amezi atatu ku buryo abantu bakwizera ko ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari bitazongera kumvikana.

Ati “Ibibazo byari byagaragajwe, ntekereza ko imyanzuro yafashwe iragaragaza ko ibibazo bikemutse ndetse ko icyari kigambiriwe ni ukureba ko baninjiza amafaranga ahagije ariko mu kazi gafitiye igihugu akamaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four − three =

Previous Post

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Next Post

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Related Posts

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Nyuma yuko hasakaye ibaruwa bigaragara ko yanditswe n’Umuyobozi w’Ikio cya C.L Gashonga TSS cyo mu Karere ka Rusizi, agaya umukozi...

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

by radiotv10
26/07/2025
0

Mu Murenge wa Murama mu Karere ka Kayonza hari gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ ikomeje gufasha abaturage mu kwikemurira amakimbirane yo mu...

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

by radiotv10
25/07/2025
0

Perezida Paul Kagame yavuze ko abayobozi bakwiye kujya mu nshingano bazumva kandi bakazikorana ubushake n’imyumvire bibaturutsemo bibumvisha ko akazi barimo...

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

Impamvu abagore basigaye barusha abagabo ubutaka bubanditseho mu Rwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubutaka mu Rwanda kigaragaza ko ubutaka bwanditse ku bagore gusa bihariye badafite abo babuhuriyeho ari 18,88% mu...

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

Ubutumwa bwa bamwe mu bashyizwe muri Guverinoma nshya n’isezerano baha Perezida n’Abanyarwanda

by radiotv10
25/07/2025
0

“Kuyobora Abanyarwanda ntako bisa pe…” Ni bumwe mu butumwa Perezida Paul Kagame yavugiye i Kayonza ubwo yari mu bikorwa byo...

IZIHERUKA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’
MU RWANDA

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

by radiotv10
26/07/2025
0

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

26/07/2025
Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

26/07/2025
Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

Twaba tumeze nk’abari muri bisi tutazi aho ijya-P.Kagame yacyebuye abashobora kujya mu nshingano batazumva

25/07/2025
Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

Rutahizamu w’u Rwanda yabonye ikipe mu Gihugu cy’Abarabu

25/07/2025
General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

General Muhoozi yagiriye inama umuntu wese ukorana na FDLR

25/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Ubuyobozi buvuga ku ibaruwa itavugwaho rumwe yandikiwe umukozi imugaya imubwira ko ‘arutwa n’udahari’

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Kayonza: Gahunda yiswe ‘Iryamukuru’ iri kugarura mu murongo abari barananiye abo bashakanye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.