Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Amarira y’Abamotari arahanaguwe burundu: Hafashwe imyanzuro ku bibazo bakunze kugaragaza

radiotv10by radiotv10
25/02/2022
in MU RWANDA
0
Amarira y’Abamotari arahanaguwe burundu: Hafashwe imyanzuro ku bibazo bakunze kugaragaza
Share on FacebookShare on Twitter

Inama yahuje inzego zinyuranye zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) n’Abamotari, yafatiwemo ibyemezo byashimishje aba batwara abagenzi kuri moto bari bamaze igihe biyasira kubera ibibazo byinshi bari bafite.

Mu kwezi gushize, abakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto mu Mujyi wa Kigali, bakoze imyigaragambyo basaba gukemurirwa ibibazo bafite byarimo icya mubazi.

Ibi byatumye inzego zinyuranye zihura zihita zifata umwanzuro wo kuba hahagaritswe igenzurwa ry’ikoreshwa rya mubazi.

Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda wari watangaje ko Abamotari bari basanganywe ibibazo uruhuri ariko bakuririra ku iki cya mubazi, yatangaje ko kuri uyu wa Gatanu habaye inama yahuje Minisiteri y’Ibikorwaremezo, RURA, Polisi, Umujyi wa Kigali n’Abamotari ubwabo bamenyeshwa imyanzuro yafashwe na MINIFRA.

Umwe mu myanzuro yafashwe n’urebana na Koperative nyinshi zakunze kugarukwaho n’Abamotari, ubu MININFRA ikaba yakuyeho Koperative 41, hakazashyirwaho eshanu.

Ati “Hari imitungo yari afite [amakoperative], izarebwa yose hanyuma abanyamuryango bayigabane ariko igikuru muri byo, nta mutungo wundi bazongera gushaka muri koperative ndetse nta n’umusanzu bazongera gutanga wa buri kwezi.”

Avuga ko Abamotari hari amafaranga ibihumbi 10 Frw batangaga muri RURA kugira ngo bahabwe uburenganzira bwo gukora, kandi bakazongera kuyatanga mu gihe ubwo burenganzira bushize.

Ati “Ibyo ubu byavuyeho, uzajya uyatanga rimwe noneho urushya nirushira usubira muri RURA baguhe urundi ruhushya bataguciye andi mafaranga.”

Naho imisanzu bajyaga batanga muri za Koperative, na yo yavuyeho kuko bazajya batanga ibihumbi 23 Frw batangaga n’ubundi buri kwezi, akazajya ashyira muri Koperative eshanu zizashyirwaho ubundi ntibazongere gutanga indi misanzu.

 

Mubazi yongeye gukoreshwa

Alain Mukuralinda kandi atangaza ko guhera uyu munsi watangarijweho iyi myanzuro, mubazi zongera gukoreshwa, aboneraho gusaba abatarazifata kujya kuzifata kuko Polisi yongera kuzigenzura.

Avuga ko nubwo mubazi ubwayo itari ikibazo.

Igiciro ku ngendo cyari 300 Frw ku bilometero bibiri, ubu cyashyizwe kuri 400 Frw.

Alain Mukuralinda yatangaje ko ibi bibazo byose bigomba gukemuka mu gihe cy’amezi atatu ku buryo abantu bakwizera ko ibibazo byakunze kuzamurwa n’Abamotari bitazongera kumvikana.

Ati “Ibibazo byari byagaragajwe, ntekereza ko imyanzuro yafashwe iragaragaza ko ibibazo bikemutse ndetse ko icyari kigambiriwe ni ukureba ko baninjiza amafaranga ahagije ariko mu kazi gafitiye igihugu akamaro.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + 16 =

Previous Post

TdRda2022: Intambara iri iwabo ntiyamuciye intege…Umunya-Ukraine yegukanye Etape 6

Next Post

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.