Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yahaye umugisha TdRwanda2022 atangiza agace ka nyuma kayo

radiotv10by radiotv10
27/02/2022
in MU RWANDA, SIPORO
0
AMAFOTO: Perezida Kagame yahaye umugisha TdRwanda2022 atangiza agace ka nyuma kayo
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yatangije agace ka nyuma k’irushanwa ryo gusiganwa ku magare rya Tour du Rwanda 2022 kari gukinirwa mu Mujyi wa Kigali.

Perezida Kagame Paul yatangije aka gace ari kumwe n’abayobozi banyuranye barimo Minisitiri wa Siporo, Aurore Mimosa Munyangaju, Perezida w’Ishyirahamwe ryo gusiganwa ku magare (FERWACY), Murenzi Abdallah ndetse n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Pudence Rubingisa.

Iki gikorwa cya Perezida Paul Kagame cyashimishije abakunzi b’umukino w’amagare bari baje kwihera ijisho itangizwa ry’uyu mukino umaze kwigarurira imitima ya benshi.

Umunyamakuru wa RADIOTV10 uri gukurikirana iri rushanwa, avuga ko uretse abaturarwanda bishimiye kuba babonye Perezida Kagame aza gutangiza aka gace, n’abakinnyi bari gusiganwa na bo bagaragaje akanyamuneza ubwo babonaga umukuru w’u Rwanda abatangirije aka gace.

Perezida Paul Kagame usanzwe ari umukunzi wa Siporo muri rusange, yagaragaje ko ashyigikiye uyu mukino w’amagare, ndetse muri 2015 yari yaraguriye ikipe y’Igihugu amagare agezweho nyuma y’uko bari bamaze igihe bitwara neza muri uyu mukino.

Aka gace ka nyuma ka Tour du Rwanda 2022, katangiriye i Rebero mu Mujyi wa Kigali aho abakinnyi bahise batangira kuzenguruka ibice binyuranye bo mu Mujyi wa Kigali, aho gafite ibilometero 75,3.

Perezida Kagame ubwo yarageze i Rebero
Perezida Kagame yari kumwe n’abayobozi barimo Minisitiri wa Siporo

Abasiganwa bishimiye kubona Perezida Kagame aza kubatangiriza aka gace

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 5 =

Previous Post

Yakuriweho igihano cyo kwicwa arishima biramurenga ahita apfa

Next Post

Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Related Posts

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko umwe mu bantu babiri bakekwaho kwiba ihene mu Murenge wa Ntongwe mu Karere ka Ruhango,...

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

by radiotv10
25/05/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuye i Doha muri Qatar aho yagiriraga uruzinduko rw’akazi yagiriraga muri iki Gihugu, rwaranzwe n'ibikorwa...

Wari uzi ko buri mwaka miliyari 2Frw zitikirira mu gusimbuza inote zishaje mu Rwanda?

Bane bakoreraga SACCO y’Umurenge barimo uwari umuyobozi wayo bafungiye miliyoni 88Frw

by radiotv10
25/05/2026
0

Abantu bane bari abakozi ba SACCO y’Umurenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Icyo Min.Nduhungirehe avuga ku magambo rutwitsi y’Umudipolomate w’u Burundi wavuze ko u Rwanda rutewe ntakibazo abibonamo

by radiotv10
25/05/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bibabaje kubona Ambasaderi w’u Burundi mu Bubiligi avuga amagambo rutwitsi ko...

U Rwanda rwatanze umucyo ku ruhande rwarwitiriwe mu myanzuro y’ibyasabwe u Burusiya

Eng.-Minister Nduhungirehe Reacts to Burundian Diplomat’s Remarks Supporting Possible Attack on Rwanda

by radiotv10
25/05/2026
0

The Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, has said it is disturbing to see the Burundian...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Kayonza: Umugabo akurikiranyweho gusambanya umwana we ahengereye umugore we adahari

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.