Wednesday, November 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abacuruzi bagaragaza ikibazo cy’ubwiherero bwuzuye bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA
0
Abacuruzi bagaragaza ikibazo cy’ubwiherero bwuzuye bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko ry’Umurenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko badafite ubwiherero buhagije ndetse na bucye buhari bwuzuye, mu gihe ubuyobozi buvuga ko butari buzi ikibazo, bukabizeza ko kizakemuka umwaka utaha.

Bamwe mu bacuruza ibicuruzwa bitandukanye mu isoko rya Kiramuruzi, bavuga ko kutagira ubwiherero bikomeje kubabangamira kuko iyo hari ushatse kugira uko yikiranura n’umubizi, bimugora.

Umwe yagize ati “Bwaruzuye, ntitigira aho twiherera, iyo tubikeneye tujya mu ngo z’abantu, hari n’igihe banatwirukana akakubwira ngo nutampa igihumbi ntuva hano.”

Aba bacuruzi bavuga ko n’ubwiherero bucye bwari buhari bwamaze kuzura, ku buryo bafite impungenge zo kuzugarizwa n’ibibazo by’umwanda.

Undi ati “Nta n’isuku zifite kandi kwishyura si ikibazo. Ushobora kuhakura indwara utazapfa ubonye uko wivuza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kiramuruzi, Yankurije Vestine yabwiye RADIOTV10 ko batari bazi iki kibazo cy’ubwiherero bwuzuye, gusa ngo bazubakirwa ubundu bwiza mu mwaka w’ingengo y’Imari utaha.

Ati “Ni bwo nkibyumva ko zaba zuzuye aka kanya, ariko n’izo ebyiri uvuga ni nkeya ugereranyije n’ubunini bw’isoko riri hariya. Si no gusana twarabigaragaje Akarere ni ko kagomba kubaka ubwiherero umwaka utaha.”

Mu masoko anyuranye yo mu Ntara y’Iburasirazuba, yagiye avugwamo ibibazo binyuranye by’imyubakire, arimo n’ayo zagiye zangirika, ku buryo mu gihe cy’imvura ziva amazi akuzura mu bicuruzwa.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

4 × two =

Previous Post

M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

Next Post

Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Related Posts

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

by radiotv10
26/11/2025
0

Ku gasozi kitwa Burito ko mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa urugomo rukomeje kwiyongera, ku buryo nta...

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

by radiotv10
26/11/2025
0

Itsinda ry’abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba, bageze mu Rwanda aho baje mu ruzinduko...

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Abandi barwanyi ba FDLR bacyuwe na MONUSCO ibashyikiriza u Rwanda

by radiotv10
26/11/2025
0

Abantu 22 bavuye mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, biganjemo abari abarwanyi b’umutwe w’Iterabwoba wa FDLR, batahutse mu...

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

Umubyeyi arakekwaho kwica umwana yibyariye nyuma yo kumutamaza ku bujura yashinjwaga we abivuga ukundi

by radiotv10
26/11/2025
0

Umugore wo mu Murenge wa Coko mu Karere ka Gakenke ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, akurikiranyweho kwica umwana we...

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

Umusore ukiri muto yiyahuye bikekwa ko yabitewe n’ijambo yabwiwe n’umubyeyi we

by radiotv10
25/11/2025
0

Umusore w’imyaka 23 wabaga mu Mujyi wa Kigali ariko ukomoka mu Karere ka Rwamagana, bamusanze yapfuye amanitse mu mugozi iwabo...

IZIHERUKA

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe
FOOTBALL

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

by radiotv10
26/11/2025
0

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

26/11/2025
AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

26/11/2025
Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

Eng.-AFC/M23 arrests 40 men for transporting weapons and other military equipment

26/11/2025
Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

Byafashe indi ntera: Imiterere y’aka gace yatumye kaba indiri y’abanyarugomo

26/11/2025
Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

Abari abasirikare ba Israel barimo abamugariye ku rugamba baje mu Rwanda bahise bavuga uko barubonye

26/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma yuko RGB yinjiye mu bibazo bya Rayon Sports ishobora kujya mu by’indi kipe

Ubutumwa Kapiteni wa Kiyovu ahise ashyira hanze nyuma yo guhagarikwa akanatakarizwa icyizere

AFC/M23 yaburijemo umugambi w’abatundaga intwaro n’ibindi bikoresho bya gisirikare

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.