Wednesday, January 7, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abacuruzi bagaragaza ikibazo cy’ubwiherero bwuzuye bahawe igisubizo batari biteze

radiotv10by radiotv10
24/06/2024
in MU RWANDA
0
Abacuruzi bagaragaza ikibazo cy’ubwiherero bwuzuye bahawe igisubizo batari biteze
Share on FacebookShare on Twitter

Abacururiza mu isoko ry’Umurenge wa Kiramuruzi mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko badafite ubwiherero buhagije ndetse na bucye buhari bwuzuye, mu gihe ubuyobozi buvuga ko butari buzi ikibazo, bukabizeza ko kizakemuka umwaka utaha.

Bamwe mu bacuruza ibicuruzwa bitandukanye mu isoko rya Kiramuruzi, bavuga ko kutagira ubwiherero bikomeje kubabangamira kuko iyo hari ushatse kugira uko yikiranura n’umubizi, bimugora.

Umwe yagize ati “Bwaruzuye, ntitigira aho twiherera, iyo tubikeneye tujya mu ngo z’abantu, hari n’igihe banatwirukana akakubwira ngo nutampa igihumbi ntuva hano.”

Aba bacuruzi bavuga ko n’ubwiherero bucye bwari buhari bwamaze kuzura, ku buryo bafite impungenge zo kuzugarizwa n’ibibazo by’umwanda.

Undi ati “Nta n’isuku zifite kandi kwishyura si ikibazo. Ushobora kuhakura indwara utazapfa ubonye uko wivuza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kiramuruzi, Yankurije Vestine yabwiye RADIOTV10 ko batari bazi iki kibazo cy’ubwiherero bwuzuye, gusa ngo bazubakirwa ubundu bwiza mu mwaka w’ingengo y’Imari utaha.

Ati “Ni bwo nkibyumva ko zaba zuzuye aka kanya, ariko n’izo ebyiri uvuga ni nkeya ugereranyije n’ubunini bw’isoko riri hariya. Si no gusana twarabigaragaje Akarere ni ko kagomba kubaka ubwiherero umwaka utaha.”

Mu masoko anyuranye yo mu Ntara y’Iburasirazuba, yagiye avugwamo ibibazo binyuranye by’imyubakire, arimo n’ayo zagiye zangirika, ku buryo mu gihe cy’imvura ziva amazi akuzura mu bicuruzwa.

Youssuf UBONABAGENDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − sixteen =

Previous Post

M23 yashyize ukuri hanze ku makuru y’ibihuha yatangajwe ku Mugaba Mukuru wayo Gen.Makenga

Next Post

Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Related Posts

Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

by radiotv10
06/01/2026
0

Umugabo witwa Ntarindwa Emmanuel wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo bacukuye mu nzu y’umugore babanaga kubera kugira uruhare muri Jenoside...

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

Rwanda Strengthens Its Position in the Global Tungsten Supply Chain

by radiotv10
06/01/2026
0

Deep beneath the hills of Nyakabingo in Rulindo District, northern Rwanda, lies one of Africa’s most important sources of tungsten,...

Cost of Gorilla Trekking Reduced

Cost of Gorilla Trekking Reduced

by radiotv10
06/01/2026
0

The Rwanda Development Board (RDB) has announced a reduction in gorilla trekking permit fees for the entire year of 2026,...

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

Simple Ways to Control Your Spending After the Festive Season

by radiotv10
06/01/2026
0

The festive season is often filled with joy, gifts, travel, and celebrations, but it can also leave many people feeling...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
06/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

IZIHERUKA

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa
IMYIDAGADURO

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

by radiotv10
06/01/2026
0

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

06/01/2026
Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

06/01/2026
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

06/01/2026
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

06/01/2026
Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

06/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Kitoko wisegura ko atabashije kuza yavuze ku ndirimbo y’amateka mu kwamamaza Perezida Kagame

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

Congo yategetswe icyo igomba gushyira mu bikorwa kiri mu by’ingenzi mu masezerano yasinyanye n’u Rwanda

Eng.-DR Congo urged to accelerate the implementation of FDLR neutralization operations without delay

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.