Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo

radiotv10by radiotv10
01/06/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
2
Abadepite basobanuzaga irengero ry’imigabane y’abaturage muri BPR bitanzeho ingero ko babuze iyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, bifashishije ibibazo by’abaturage bavuga ko bayobewe irengero ry’imigabane bafite muri Banki y’Abaturage (BPR), baboneyeho kubaza irengero ry’iyabo bari bafitemo mbere ya 2007.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatatu tariki 01 Kamena 2022 ubwo Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana yatangaga ibisobanuro ku Nteko Ishinga Amategeko ku bijyanye n’ibibazo bivugwa muri Banki y’Abaturage.

Iyi banki imaze kujya mu biganza bya banki z’ubucuruzi ebyiri nyuma y’uko igiye muri Atlas Mara ubu ikaba iherutse kwihuza na KCB Bank.

Muri 2007 Banki y’Abaturage yavuye mu cyiciro cy’amakorative bituma uwari usanzwe afite konti muri iyi Banki mbere y’uyu mwaka ahita aba umunyamigabane.

Izi mpinduka zatumye aba banyamigabane ba Banki y’Abaturage batamenya irengero ry’imigabane yabo.

Abadepite bavuga ko mu ngendo bakoze bahuye n’abaturage babagezaho iki kibazo cy’imigabane bahoranye muri iyi Banki ariko bakaba batazi irengero ryayo.

Izi ntumwa za rubanda zavuze ko na zo zifite ubuhamya kuri iki kibazo kuko na bo bahoranye imigabane muri iyi Banki.

Aba Badepite bavuga ko habayeho isaranganya ry’inyungu ryagombaga kugera ku banyamuryango bose.

Umwe mu Badepite yagize ati “Nanjye ndi umunyamuryango reka ndeke kuvuga ku bandi, kugeza n’uyu munsi biragoye ko twamenya y’uko iyo nyungu yasaranganyijwe kuko uyu munsi nta muntu wamenya ngo ‘ndi umunyamuryango wa Banque Populaire mfitemo imigabane iyi n’iyi, umugabane ni amafaranga angana atya’.”

Undi Mudepite yavuze ko hari n’abahoze ari abanyamuryango/abanyamigabane bitabye Imana ariko abo basize bakaba bakurikirana imigabane yabo ariko ko kugeza uyu munsi batabona aho bahera.

Yagize ati “Hari abantu bashobora kubakurikiranira iyo migabane yabo ariko bakaba badashobora kubona n’iyo konti n’iyo nimero ya telefone. Nkanjye muzehe wanjye yabagamo afitemo n’amafaranga atari macye.”

Izi ntumwa za rubanza zivuga kandi ko aba banyamigabane ba Banki y’Abaturage, batazi inyungu bamaze kugira.

Ati “Turifuza kumenya igihe umunyamuryango azagira uburenganzira bwo gufata icyemezo ku migabane ye afite.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagijimana, yamaze impungenge aba badepite, avuga ko ayo amafaranga ahari ariko ko nta nyungu yabariwe.

Ati “Umunyamuryango ku giti cye, amafaranga afitemo ni macye cyane, aba menshi uyashyize hamwe ariko ugiye ubarira ku muntu umwe umwe ni macye ku buryo ari hafi ya 0%.”

Dr Uzziel Ndagijimana yavuze ko abifuza imigabane yabo, bazavugana na Banki ubundi ikaba yagurwa n’abafitemo imigabane myinshi.

Goverinoma y’u Rwanda igaragaza ko banki y’abaturage ifite imari ingana na miliyari 71,3 Frw, bingana na 87% by’ayo mafaranga yinjiranye muri KCB.

Abanyamigabane bo bafitemo miliyari 10.1 Frw ingana na 12% by’imari-shingiro y’ikigo cyaguze iyi banki y’abaturage.

Banki y’Abaturage ivuga ko habarwa abanyamigabane barenga ibihumbi 290 mu gihe abamaze kumenyekana ari abantu ibihumbi 160.

Iyi Banki y’Abaturage yahawe umukoro wo kuba yabonye imyirondoro y’abo banyamigabane bitarenze mu kwezi k’Ukwakira 2022.

RADIOTV10

Comments 2

  1. Joseph says:
    4 years ago

    Muzakomeze mutubarize iyo bank ,kuko muzehe yarashaje ,ariko yari afitemo ,18 yose ariko ubu sinzi ngo twabarizahe ,kandi banki yarasenyewe muzindi inshuro nyinshi

    Reply
  2. nizeeyimana bomba damascene says:
    4 years ago

    twaherutse batubarura ntituzi aho twabaza mudukurikiranire

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + twelve =

Previous Post

Nyuma yo gutenguhwa kenshi n’abantu yagiye gutura mu ishyamba ry’inzitane ngo yibanire n’inyamaswa

Next Post

Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Related Posts

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

How your daily environment affects your mood (room, light, noise)

by radiotv10
14/01/2026
0

Most people think mood comes only from thoughts or emotions. But your daily environment plays a very big role in...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru
AMAHANGA

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Gatsibo: Umusaza aravugwaho guhengera umwuzukuru we asinziriye akamusambanya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.