Saturday, August 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

radiotv10by radiotv10
23/08/2025
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?
Share on FacebookShare on Twitter

Ikipe ya APR FC imaze gutsindwa imikino ibiri mu irushanwa yateguye ryiswe ‘Inkera y’Abahizi’, bituma abiganjemo abakunzi bayo batangira kugira impungenge ku mwaka utaha w’imikino.

Ikipe ya APR FC ijya gutegura iri rushanwa, byari mu rwego rwo kurushaho gukaza imyiteguro ku mwaka utaha w’imikino. Ni irushanwa ryitabiriwe n’amakipe 4 arimo na APR yariteguye.

Muri ayo makipe harimo Police FC, AS Kigali zo mu Rwanda ndetse na AZAM FC yo muri Tanzania.

Umukino wa mbere ikipe ya APR yakinnye na AS Kigali ku wa Kabiri w’iki cyumweru, yawutsinzwe kuri Penaliti nyuma y’aho iminota 90 isanzwe amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1.

Umukino wa kabiri ikipe y’Ingabo z’u Rwanda yakinnye kuri uyu wa Kane tariki 21 Kanama, na wo yawutsinzwe na Police FC ibitego 3-2.

 

Impungenge ku bafana?

Bamwe mu bafana b’ikipe ya APR FC ntibishimiye uyu musaruro wabonetse muri iyi mikino 2 kabone nubwo ari imikino yo kwitegura intangiriro z’umwaka w’imikino.

Gutsindwa na AS KIGALI yatangiye imyitozo nyuma y’iminsi 22 APR iyitangiye, AS Kigali yagabanyirijwe ingengo y’imari, AS Kigali yagize ibibazo by’imishahara umwaka ushize n’ubu bikaba bigihari byanagize ingaruka ku migurire y’Abakinnyi cyane ko nta mukinnyi waka recrutement bafashe, AS KIGALI yatijwe Abakinnyi ba APR itari igikeneye nka Dushimimana Olivier Muzungu na Tuyisenge Arsène, hari bamwe mu bakunzi ba APR batabashije kubyakira neza.

Nyuma yo gutsindwa na AS KIGALI, APR FC yongeye gutsindwa na Police FC ibitego 3-2 kandi irushwa, bituma ubu iyi kipe y’Ingabo  ari yo iri ku mwanya wa nyuma mu makipe ane ari gukina iri rushanwa ndetse bikaba bidashoboka ko yatwara iki gikombe kuko buri kipe isigaje umukino umwe kandi APR n’iyo yatsinda umukino isigaje, ntiyageza ku manota 6 ikipe ya AS KIGALI ifite.

As Kigali iherutse gutsinda APR kuri shampiyona

Hari ubwo Pre-Season iba mbi ariko saison ikaba nziza

Ahanini impungenge mu bafana ba APR FC ziraturuka ku kuba iyi kipe ari yo ishora amafaranga menshi ku isoko ry’Abakinnyi ndetse n’imishahara yabo ikaba iri hejuru.

APR FC uyu mwaka yaguze Abakinnyi 9 bashyabarimo Abanyarwanda 6 n’abanyamahanga 3. Ibi rero bituma Umufana yumva ko gutsinda bikwiye gutangirira muri pre-season  dore ko muri iri rushanwa, aba bakinnyi bose bahari kandi imimino bayigaragayemo.

Icyakora nubwo benshi mu bafana batishimiye umusaruro n’imikinire y’ikipe yabo muri iri rushanwa, Umutoza wa APR FC Abderrahim Taleb atanga ihumure ku bafana avuga ko nubwo intsinzi iryoha, ariko no gutsindwa hari ubwo biguha kwitekerezaho, amakosa wakoze akaba amasomo yo kwigiraho no gukosora ari na cyo gituma imikino nk’iyi ibaho.

Ikipe ya APR FC izakina umukino wa nyuma w’irushamwa ry’inkera y’abahizi ku cyumweru muri Stade Amahoro, nyuma izitegure kwerekeza mu mikino ya CECAFA Kagame Cup byitezwe ko izatangira tariki ya 2 Nzeli uyu mwaka.

Usibye iyi mikino ibiri yikurikiranya APR FC itsinzwe muri iri rushanwa, mu yindi mikino ya gicuti yakinnye, APR yanganyije inshuro ebyiri na Gorilla, itsinda Power Dynamos yo muri Zambia 2-0, itsindwa na Police FC 2-1, itsinda Bugesera 2-0, itsinda Gasogi 4-1 ndetse inatsinda Intare 4-0.

Usibye amarushanwa y’imbere mu gihugu APR iri kwitegura kuzakina, iyi kipe izanahagararira u Rwanda mu mikino y’amakipe yabaye aya mbere iwayo CAF Champions League, aho mu mpera z’ukwezi mwa 9 bazakina na Pyramids yo muri Egypt, ikaba ari na yo ifite iki gikombe.

APR FC ni iya nyuma mu irushanwa yiteguriye

Jean Claude HITIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + one =

Previous Post

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Next Post

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Related Posts

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

Menya amafaranga bivugwa ko yaguzwe myugariro w’Umunyarwanda wabonye ikipe muri Kenya

by radiotv10
22/08/2025
0

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu, Buregeya Prince wakiniraga AS Kigali wananyuze mu makipe akomeye mu Rwanda nka APR yanabereye Kapiteni, yamaze gusinyira...

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

APR ishobora kuzatangirana ikirarane, ihurizo kuri Super Cup,…-Iby’ingenzi kuri Shampiyona yatangarijwe amatariki

by radiotv10
21/08/2025
0

Ubuyobozi bwa Rwanda Premier League bwatangaje ko Shampiyona ya 2025-2026 izatangira tariki 12 Nzeri 2025, ibintu byatumye ikipe ya APR...

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

Hamenyekanye icyemezo cyafatiwe Rayon mu kirego yarezwe muri FIFA n’uwari umutoza wayo

by radiotv10
18/08/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yategetse Ubuyobozi bw’Ikipe ya Rayon Sports kwishyura Robertinho ibihumbi 22,5 USD (arenga miliyoni 30...

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

Abakunzi ba APR FC bakusanyije miliyoni 410Frw yo kuyishyigikira

by radiotv10
15/08/2025
0

Mu gikorwa cyiswe ‘Ijoro ry'Intare’ cyateguwe n'Abakunzi b'ikipe ya APR FC, abagera kuri 30 bakunda iyi kipe bakusanyije Miliyoni 418...

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

Icyo APR ivuga ku bakunzi bayo baregwa mu rubanza rurimo Abofisiye ba RDF n’abanyamakuru

by radiotv10
15/08/2025
0

Ubuyobozi bwa APR FC bwasabye abakunzi b’iyi kipe bakozwe ku mutima n’ifungwa rya bamwe muri bo bafite ibyo bakurikiranyweho, kubyihanganira,...

IZIHERUKA

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga
MU RWANDA

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

by radiotv10
23/08/2025
0

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

23/08/2025
With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

23/08/2025
Hasobanuwe imikorere y’icyaha cya ruswa gishinjwa batanu bakora mu nzego z’Ubutabera mu Rwanda

Amakuru agezweho: Umukozi mu Kigo cy’Igihugu cya WASAC yatawe muri yombi hanatangazwa icyo akurikiranyweho

22/08/2025
Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

Green Kigali: How youth are driving Eco-Innovation

22/08/2025
Hoteli Château le Marara iherutse kugarukwaho cyane yafunzwe hatangazwa n’impamvu

Ibirambuye ku cyatumye hoteli ‘Château le Marara’ ifatirwa icyemezo cyo gufungwa ukwezi kukaba kuzuye

22/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kugerageza kuroga umugore we n’icyo bapfaga

Abafana ba APR bakwiye kugira impungenge cyangwa bikomeze byitwe Pre-Season?

With the new Rwandan Digital ID, some services will be available within an hour instead of a month

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.