• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Friday, July 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

radiotv10by radiotv10
25/12/2025
in MU RWANDA
0
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari bazi neza ko igira ingaruka kuko na bo ubwabo batashoboraga kuyinywa cyangwa kuyiha ababo.

Aba bagabo bafatiwe mu midugudu ibiri itandukanye, aho umwe yafatiwe mu Mudugudu wa Bugesi mu Kagari ka Mburabuturo, ndetse n’uwa Susa wo mu Kagari ka Kivugiza.

Uretse guta muri yombi abagabo babiri, hanafashwe litiro 1,250 z’izi nzoga bita Muriture, zahise zimenwa kuko zitari zujuje ubuziranenge.

Ifatwa ry’aba bagabo ryemejwe n’Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ingace Ngirabakunzi, wavuze ko abakora inzoga nk’izi na bo ubwabo baba babizi ko zigira ingaruka ku bantu.

Yagize ati “Amakuru twamenye ni uko ubikora adashobora kubinywa cyangwa ngo abiha umwana we, kuko azi ingaruka zabyo.”

Yaboneyeho kandi kuburira abantu bijanditse mu bikorwa nk’ibi byo gukora inzoga nk’izi zitujuje ubuziranenge, kuko byahagurukiwe, ku buryo n’abatarafatwa bakwiye kwitegura ko bazafatwa.

Ati “Gahunda ni ugukomeza ibikorwa nk’ibi byo guca intege abakora ibi binyobwa byujuje inenge, ariko n’umuturage akumva ko afite inshingano zo kwirinda, kuko iyo abinyweye ari we bigiraho ingaruka bwa mbere.”

Polisi y’u Rwanda kandi ivuga ko inzoga nk’izi zikunze no kuba nyirabayazana w’ibindi bibazo bihungabanya umutekano, kuko abazinywa bata ubwenge bagakora ibidakorwa, bakishora mu bikorwa by’urugomo.

Ivuga kandi ko zikunze kuba nyirabayazana w’amakimbirane akunze kuba mu miryango, kuko hari bamwe mu bashakanye bazinywa, bagasinda, ubundi bakumva ko nta kindi bakora uretse kubangamira abo bashakanye n’abo mu miryango yabo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 4 =

Previous Post

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Next Post

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Related Posts

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

by radiotv10
03/07/2026
0

Ishyirahamwe ry’Abanyamakuru mu Rwanda ARJ ryagaragaje impungenge “zikomeye” rifite ku kwibasirwa, gukorerwa bamwe mu banyamakuru bikorwa mu mvugo za bamwe...

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

Perezida wa Mozambique yasuye ingabo z’u Rwanda i Cabo Delgado azishimira akazi gakomeye zakoze

by radiotv10
03/07/2026
0

Perezida wa Mozambique, Daniel Francisco Chapo yasuye Inzego z'Umutekano z'u Rwanda ziri mu butumwa mu Ntara ya Cabo Delgado, azishimira...

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

Amashimwe bafitiye ishuri ritagira ifaranga na rimwe ryishyuza umwana wese uryigamo

by radiotv10
02/07/2026
0

Bamwe mu batuye mu Karere ka Nyanza, bashima ishuri ritagira ikintu na kimwe ryishyuza abana baryigamo, aho ryakira abari baracikirije...

Umugabo wamaze imyaka 15 afungiye Jenoside ubu akurikiranyweho kwica umugore we

Ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yafatiwe mu Budage

by radiotv10
02/07/2026
0

Ubushinjacyaha bw’u Budage bwataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bw’iki Gihugu ukekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, aho akekwaho...

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

Umugore n’umugabo we bakurikiranyweho kwicisha icyuma gishyushye umwana w’umuturanyi wabo

by radiotv10
01/07/2026
0

Umugore n’umugabo we bo Murenge wa Runda mu Karere ka Kamonyi, bakurikiranyweho kwica umwana w’umuturanyi wabo w’imyaka ibiri bakoresheje icyuma...

Next Post
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ntibisanzwe: Umugore yabyabe abana babiri mu minsi ibiri itandukanye

Hagaragajwe impungenge zikomeye ku biri gukorerwa abanyamakuru mu Rwanda

Igisubizo kirimo gutebya rurangiranwa Cristiano Ronaldo yasubije umunyamakuru w’Umunyarwanda bavuganye imbonankubone

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.