Tuesday, December 16, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore

radiotv10by radiotv10
08/03/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagabo ubwo mutureba turirarira- Perezida Kagame yasobanuye ko ibyo abagabo bageraho bitashoboka hatari abagore
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yavuze ko abagore bagira uruhare runini mu mibereho y’abantu mu ngeri zose, ndetse no ku bagabo, kuko ibyinshi bageraho bitashoboka hatabayemo ukuboko kw’abagore.

Umukuru w’u Rwanda yabitangaje kuri uyu wa Gatanu tariki 08 Werurwe 2024 mu birori byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Umugore.

Perezida Kagame yavuze ko Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore uje usanga mu nzego Nkuru z’u Rwanda harimo n’abagore, kandi ko uruhare rwabo atari urwa vuba aha, kuko runagaragara mu mateka y’Igihugu.

Yagize ati “Duhereye iwacu ndetse tugahera gushaka kwibuka uruhare rw’umugore mu mateka y’iki Gihugu, ariko cyane cyane mu kubaka Igihugu cyacu aho cyagize amateka atari meza akagisenya, ariko mu kongera kucyubaka, umugore yagize uruhare runini cyane.”

Yakomeje agira ati “Ni na yo mpamvu twashoboye kongera gushyira Abanyarwanda hamwe, kongera kwiyubaka, uruhare runini rwagaragaye ku mugore w’Umunyarwanda. Ariko mbere yaho kubohora iki Gihugu, umugore yagize uruhare runini, no mu rugamba bari bahari.”

Yavuze ko abagore bafite impano idasanzwe, kuko uretse kurera abana “barera n’abagabo. Abagabo ubwo mutureba aha turirarira ariko udafite umugore umufasha ngo amwubake, biba ingorane. Ni na yo mpamvu umugore yitwa ko ari inkingi y’urugo.”

Yavuze kandi ko nubwo umugore ari nk’inkingi itagaragara cyane, ariko aba abazwa iby’abandi bose bari muri urwo rugo nubwo aba atagaragaye nk’abandi.

Ati “Nk’abajya bibaza cyangwa bashakisha ango ariko umugore kumuha uburenganzira bituruka he? Aho atumvikana ni he se? ubwo ikitumvikana ni iki?, ahubwo impamvu n’icyo dukwiye kuba tuvana mu nzira kugira ngo ibintu bigende neza, ni ukutitambika imbere y’umugore ngo umubuze amahoro cyangwa umubuze ibimugenewe ari byo uburenganzira nk’ubwa buri muntu wese.”

Yavuze ko guhohotera umugore bidakwiye kubaho na gato, kandi ko bidakwiye kwihanganirwa. Ati “Ariko kuvuga ngo ntabwo abantu bakwiye kubyihanganira, reka mbanze mpere no ku mugore ubwe, ntabwo akwiye kubyihanganira.”

Yavuze ko hari abagore bamwe bashobora kubyihanganira kubera amateka, bakakira ibyo bakorerwa n’abagabo babo bakabuka inabi batewe n’ibyo baba biriwemo, ariko ko bidakwiye.

Ati “Umugabo ukubita umugore, wagiye ugahimbira ku bandi bagabo bakagukubita se ahubwo. Aho se harimo bugabo ki? Ibyo ntibikwiriye kuba na busa mu bantu ubundi batabifite no mu muco nkatwe nk’Abanyarwanda, byaba bituruka he?”

Yavuze ko ari na yo mpamvu hagiyeho n’amateka yo kubihana, ariko ko ikibazo hari abagabo bagihohotera abagore ntibamenyekane.

Yavuze ko umugore n’umugabo bakwiye kubana mu bwubahane, bakubaka urugo rwabo ndetse no bakanubaka Igihugu cyabo.

Umukuru w’u Rwanda yavuze ko uretse kuba umugore ari inkingi y’urugo, ari n’inkingi y’Iterambere ry’Igihugu, kandi ko na we nk’Umukuru w’Igihugu abona umusanzu w’abagore mu iterambere ryacyo.

Ati “Ibyo kandi ndabivuga nk’umuyobozi wanyu, njye nshobora kubibona umusanzu bitanga mu iterambere ry’Igihugu. Ndabibona iyo umugore yagize uruhare akamaro kabyo.”

Nanone kandi no mu mateka mabi y’u Rwanda, bigaragaza ko umugore atakoze ibibi nk’ibyakozwe n’abagabo. Ati “Abagize uruhare mu isenya ry’iki Gihugu, havuyemo gutsemba abantu, abagore ubundi ni bo benshi, ariko ni bo bagize uruhare ruto, harimo ababigiyemo, nabyo navuga ko bajijishijwe n’abagabo, cyangwa bumvaga ko gukora ibyo ari ukuba umugabo, ariko abagize uruhare runini ni abagabo.”

Yavuze ko ubu bushishozi bw’abagore, budakwiye guheezwa, aboneraho kongera kubasaba kujya mu nzego z’ubuyobozi za Leta zifata ibyemezo, kandi bakazijyamo bumva ko babifitite uburenganzira n’ubushobozi.

Kimwe no mu zindi nzego yaba iz’ubukungu, iz’ubucuruzi, na bwo abagore ntibakwiye guheezwa. Ati “Iyo umuheeje ntabwo uba ugiriye nabi umugore gusa waheeje, ubu unagiriye nabi Igihugu.”

No mu mutekano, abagore na bo bagomba kugaragaramo, ndetse ko abari muri uru rwego bitwara neza mu kubahiriza inshingano zabo.

Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu

 

Uburenganzira n’umutekano ntawe tugomba kubisaba

Perezida Paul Kagame yibukije abagore ko igihe cyose na bo bagomba guharanira uburenganzira bwabo, aboneraho kwibutsa Abanyarwanda ko uburenganzira bwabo muri rusange badakwiye gutegereza ko hari ububaha.

Ati “Ndetse byagera n’aho bigomba guhindukira ibindi, bikaba n’ibindi, ibi ndabivugira muri rusange, uburenganzira, umutekano by’u Rwanda ntitagomba kugira undi tubisaba, oya, urabiduha ku neza cyangwa ku byo ntavuze. Kuri icyo ibyo murabyumva.”

Yavuze ko umunsi nk’uyu ukwiye kwibutsa Abanyarwanda aho bavuye, aho bageze ndetse n’aho bifuza kugera, n’ibyabafasha kuhagera.

Yaboneyeho kubibutsa ko urwo rugendo rw’iterambere ari urugamba buri wese agomba kugiramo uruhare, kandi ko badakwiye kugira ubwoba bw’urwo rugamba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + 8 =

Previous Post

Urugendo rw’umwe mu Basirikare b’ipeti ryo hejuru b’abagore n’icyatumye yinjira muri RDF

Next Post

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

Related Posts

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

Eng.-FDLR brutal attack prompts Rwanda’s Foreign Minister to send a strong message to the West

by radiotv10
15/12/2025
0

After a brutal attack carried out by the FDLR terrorist group in Walikale Territory left four civilians dead. Rwanda’s Minister...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23
AMAHANGA

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

by radiotv10
16/12/2025
0

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

16/12/2025
Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

Eng.-The situation in Uvira after AFC/M23 announces its decision to withdraw

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya impamvu yatumye hasubikwa ubugirakabiri urubanza rwa Kazungu utakandagiye ku Rukiko

BREAKING: Hatangajwe igihano cyakatiwe Kazungu wiyemereye ko yishe abantu barenga 10

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.