Sunday, May 11, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abaganirije Busyete wavuze ‘Kabaye’ bashobora gukurikiranwa-Sosiyete sivile iramagana abashakira indonke mu bafite ubumuga

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in Uncategorized
0
Abaganirije Busyete wavuze ‘Kabaye’ bashobora gukurikiranwa-Sosiyete sivile iramagana abashakira indonke mu bafite ubumuga
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara amashusho ya bamwe mu bafite ubumuga bakoreshejwe ibiganiro kuri YouTube, imiryango itari iya Leta Iharanira Uburenganzira bwa Muntu, iramagana abashakira indonke muri aba bantu ndetse ikaba yaramenyesheje inzego ngo ababikoze babiryozwe.

Mu minsi yashize hari amashusho yacicikanye ku mbuga nkoranyambaga y’umugabo bita Busyete ari kunywa inzoga ubundi akanyuzamo akavuga ijambo ryamamaye cyane aho yagize ati “Kabaye.”

Imiryango itari iya Leta iharanira uburenganzira bw’abantu bafite ubumuga ivuga ko aya mashusho aba agamije gushitura abantu ngo bayarebe ubundi binjize atubutse.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’impuzamiryango iharanira uburenganzira bw’abafite ubumuga (NUDOR), Jean Damascene Nsengiyumva yagarutse ku rugero rwa Busyete wagaragaye mu mashusho avugamo kabaye.

Avuga ko bitabaje inzego zisanzwe zifite mu nshingano gukurikirana abakekwaho ibyaha nka RIB kugira ngo ikurikirane abakoresha ibiganiro abantu bafite ubumuga bagamije kubungukamo.

Yagize ati “Mu byo twagaragaje dutecyereza ko bishobora kuba bigize ibyaha kugira ngo urwo rwego rudufashe gukurikirana ibigize icyaha muri iyi migenzereze.”

Avuga ko ingero z’abakoze ibi bikorwa ari nyinshi, ariko ko “iby’ejobundi bya Busyete byazamuye byinshi aho tubona noneho abantu bararengereye batangiye kuvugisha amangambure umuntu ufite ubumuga bwo mu mutwe.”

N’ubwo bavuga ko ibyo bigamije guhwitura, abarengera uburenganzira bwa muntu bavuga ko uhamwe n’ibyo bikorwa ahanishwa igihano gisumba ibindi mu mategeko ahana ibyaha mu Rwanda.

Evariste Murwanashaka nawe wo mu mpuzamiryango y’abaharanira Uburenganzira bwa muntu wisunze itegeko ry’abafite ubumuga, yagize ati “Bivuze ngo abafata aba bantu bafite ubumuga bwo mu mutwe bakabanza kumuha ibisindisha, uyu muntu itegeko rimuhana ni ugufungwa burundu.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Juno Kizigenza yasubiye ku ntebe y’ishuri

Next Post

Abatemberera mu Kagera bazajya babasha kuyirebera hejuru mu gisa n’indege y’umwuka

Related Posts

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

Ibirambuye ku cyatumye u Rwanda ruhagarika imikoranire n’u Bubiligi

Icyo u Rwanda rwizeza Ababiligi nyuma yuko ruciye umubano n’Igihugu cyabo

by radiotv10
21/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko guca umubano w’iki Gihugu n’u Bubiligi, bitazagira ingaruka ku Babiligi bari mu Rwanda cyangwa abifuza...

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

Belgium: Hidden agenda to “repossess” DR Congo

by radiotv10
20/03/2025
0

Comité National du Kivu (CNKI): CNKI was a colonial-era organization created by the Belgians to manage resources and economic activities...

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

U Rwanda rwagize icyo ruvuga ku ngamba rwafatiwe na Canada

by radiotv10
04/03/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iravuga ko ibyatangajwe n’iya Canada mu itangazo ry’ingamba yafatiye u Rwanda ku birebana n’ibibazo biri mu burasirazuba...

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Afurika y’Epfo zahise zivugana zigira n’ibyo zemeranyaho

by radiotv10
31/01/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, na mugenzi we wa Afurika, Ronald Lamola bagiranye ikiganiro kuri telefone,...

IZIHERUKA

MU RWANDA

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

by radiotv10
10/05/2025
0

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

09/05/2025
Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Abatemberera mu Kagera bazajya babasha kuyirebera hejuru mu gisa n’indege y’umwuka

Abatemberera mu Kagera bazajya babasha kuyirebera hejuru mu gisa n’indege y'umwuka

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Umusore uregwa kwica ‘boss’ we yabitanzeho amakuru mu ibazwa rye

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.