Thursday, November 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagenzacyaha bari kwigishwa ururimi rw’amarenga ngo bazabashe kuvugana n’abafite ubumuga babagana

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Abagenzacyaha bari kwigishwa ururimi rw’amarenga ngo bazabashe kuvugana n’abafite ubumuga babagana
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzacyaha b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB batangiye guhugurwa ku rurimi rw’amarenga kugira ngo bazajye babasha kuvugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga babagana.

Aya mahugurwa yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, yahawe Abagenzacyaha ba RIB bo mu Mujyi wa

Kigali no mu Turere twa Kamonyi na Rwamagana.

Ni igikorwa kiri gukorwa ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ndetse n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kumva mu Rwanda (RNADW) ndetse na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Isabelle Kalihangabo avuga ko aya mahugurwa azatuma Abagenzacyaha barushaho kuzuza inshingano zabo neza ku babagana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Avuga ko abakozi b’uru rwego basanzwe bafite ubumenyi buhagije mu kugenza ibyaha ariko ko mu masomo bize batigeze bahabwa ay’ururimi rw’amarenga.

Isabelle Kalihangabo yavuze ko kuba bahawe aya mahugurwa bizakomeza gushimangira intego ya Guverinoma y’u Rwanda yo kutagira umuntu uhezwa cyangwa ngo yimwe serivisi yemererwa n’itegeko.

RIB isanzwe yifashisha abahanga muri uru rurimi mu kazi ka buri munsi ku buryo hari icyizere ko aya mahugurwa azatuma uru rwego rurushaho kuzuza inshingano zarwo neza.

Mukashema Dativa uyobora n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kumva mu Rwanda (RNADW), avuga ko kuba aya mahugura yatangiye mu bihe byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ari ikindi kimenyetso cyerekana agaciro u Rwanda ruha umutegarugori.

Yagize ati “Ni ngombwa kuzirikana ko u Rwanda rwakoze kandi rugikora byinshi mu kuzamura imibereho y’abagore ndetse n’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga by’umwihariko.”

Isabelle Kalihangabo avuga ko ibi bizatuma Abagenzacyaha barushaho kunoza akazi kabo
Ni igikorwa cyakozwe ku bufatanye n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kutumva mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 9 =

Previous Post

U Burundi ngo nubwo u Rwanda rwafunguye imipaka bwo ntiburayifungura kuko hari ibitarakemuka

Next Post

Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Related Posts

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko abantu badakwiye gukomeza kuzamura impaka z’igihe hazafungurirwa insengero zafunzwe, ahubwo ko bari bakwiye gutekereza ibyabateza...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

by radiotv10
27/11/2025
0

The scheduled period for collecting information and photographing residents of Huye, Gisagara, and Nyanza districts in the Southern Province for...

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

by radiotv10
27/11/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro ryasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Ishimwe Patrick na Kalisa John bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

by radiotv10
27/11/2025
0

A group of former Israel Defense Forces (IDF) soldiers, including those who were injured in combat, are on a visit...

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

by radiotv10
27/11/2025
0

Abahoze mu gisirikare cya Israel (IDF/Israel Defense Forces) barimo abamugariye ku rugamba bari mu ruzinduko mu Rwanda, bakinnye n’ikipe y’Igihugu...

IZIHERUKA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe
MU RWANDA

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

by radiotv10
27/11/2025
0

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

27/11/2025
Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

27/11/2025
UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

UPDATE: Mu rubanza rwa mbere rw’abaregwa gusakaza amashusho ya Yampano ntibaburanye

27/11/2025
Abari abasirikare ba Israel bamugariye ku rugamba bari mu Rwanda bakinnye umukino wa gicuti

Eng.-Former Israeli Soldiers injured in combat play friendly match in Rwanda

27/11/2025
Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

Amakuru agezweho ku ba mbere bakurikinyweho gusakaza amashusho ya Yampano

27/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ahubwo hafunzwe nke- Perezida Kagame avuga ku nsengero zafunzwe

Amatariki y’ubukwe bwa Niyo Bosco yamenyekanye

Rwanda’s Digital ID first phase ends with less than half of targeted citizens served

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.