Wednesday, December 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagenzacyaha bari kwigishwa ururimi rw’amarenga ngo bazabashe kuvugana n’abafite ubumuga babagana

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Abagenzacyaha bari kwigishwa ururimi rw’amarenga ngo bazabashe kuvugana n’abafite ubumuga babagana
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzacyaha b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB batangiye guhugurwa ku rurimi rw’amarenga kugira ngo bazajye babasha kuvugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga babagana.

Aya mahugurwa yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, yahawe Abagenzacyaha ba RIB bo mu Mujyi wa

Kigali no mu Turere twa Kamonyi na Rwamagana.

Ni igikorwa kiri gukorwa ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ndetse n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kumva mu Rwanda (RNADW) ndetse na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Isabelle Kalihangabo avuga ko aya mahugurwa azatuma Abagenzacyaha barushaho kuzuza inshingano zabo neza ku babagana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Avuga ko abakozi b’uru rwego basanzwe bafite ubumenyi buhagije mu kugenza ibyaha ariko ko mu masomo bize batigeze bahabwa ay’ururimi rw’amarenga.

Isabelle Kalihangabo yavuze ko kuba bahawe aya mahugurwa bizakomeza gushimangira intego ya Guverinoma y’u Rwanda yo kutagira umuntu uhezwa cyangwa ngo yimwe serivisi yemererwa n’itegeko.

RIB isanzwe yifashisha abahanga muri uru rurimi mu kazi ka buri munsi ku buryo hari icyizere ko aya mahugurwa azatuma uru rwego rurushaho kuzuza inshingano zarwo neza.

Mukashema Dativa uyobora n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kumva mu Rwanda (RNADW), avuga ko kuba aya mahugura yatangiye mu bihe byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ari ikindi kimenyetso cyerekana agaciro u Rwanda ruha umutegarugori.

Yagize ati “Ni ngombwa kuzirikana ko u Rwanda rwakoze kandi rugikora byinshi mu kuzamura imibereho y’abagore ndetse n’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga by’umwihariko.”

Isabelle Kalihangabo avuga ko ibi bizatuma Abagenzacyaha barushaho kunoza akazi kabo
Ni igikorwa cyakozwe ku bufatanye n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kutumva mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

19 − eighteen =

Previous Post

U Burundi ngo nubwo u Rwanda rwafunguye imipaka bwo ntiburayifungura kuko hari ibitarakemuka

Next Post

Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Related Posts

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

Ibisobanuro byatanzwe nyuma yuko hari ukemanze uburyo bwo kwipima SIDA mu macandwe

by radiotv10
16/12/2025
0

Ikigo cy'Igihugu Gishinzwe Ubuzima RBC cyatanze ibisobanuro by’uburyo umuntu ashobora kubona ko yanduye cyangwa atanduye Virusi itera SIDA akoresheje agakoresha...

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

Abanyeshuri 100 barimo abiga mu mashuri y’incuke basuye Polisi y’u Rwanda ibereka ibyo ikora

by radiotv10
16/12/2025
0

Abanyeshuri barenga 100 b’ikigo cy’ishuri cya ‘Wise and Smart School’ cyo mu Karere ka Musanze n’abarezi babo, basuye Polisi y’u...

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

Iby’ingenzi Itorero ADEPR ryishimira mu myaka 85 rimaze ribayeho rigiye no kwizihiza isabukuru yayo

by radiotv10
16/12/2025
0

Itorero ADEPR rigiye kwizihiza isabukuru y'imyaka 85 rimaze ribayeho, rivuga ko muri iyi myaka hari byinshi ryishimira ryagezeho nko kubaka...

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

Umujyi wa Kigali waje ku mwanya wa mbere muri serivisi z’ubuzima

by radiotv10
16/12/2025
0

Urutonde rwashyizwe hanze n’Ikinyamakuru Jeune Afrique, rugaragaza uko imijyi ikurikiranaga ku ireme rya serivisi z’ubuvuzi n’imitangire yazo, Umujyi wa Kigali...

AFC/M23 yongeye gutanga impuruza ku marorerwa FARDC, FDLR n’ingabo z’u Burundi bari gukorera Abanyamulenge

Igitero cy’ubugome cya FDLR cyatumye Min.Nduhungire abwira u Burayi na America icyo gikwiye kubasigira

by radiotv10
15/12/2025
0

Nyuma y’igitero umutwe w’iterabwoba wa FDLR wagabye muri Teritwari ya Walikare cyahitanye abantu bane, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, yavuze...

IZIHERUKA

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports
FOOTBALL

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

by radiotv10
16/12/2025
0

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

16/12/2025
Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

16/12/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Amakuru mashya: AFC/M23 ifashe icyemezo cyo kurekura umujyi wa Uvira nyuma y’iminsi micye iwufashe

16/12/2025
Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

Kiliziya Gatulika muri Congo yongeye guha ubusabe Leta nyuma yuko AFC/M23 yari yafashe Uvira

16/12/2025
Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

Amakuru agezweho avugwa ku basirikare b’u Burundi bari bakiri muri Kivu y’Epfo nyuma yo gutsindwa na AFC/M23

16/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Umunyamakurukazi witegura gukorana ubukwe n’umuraperi yakorewe ibirori byo gusezera urungano

Agezweho: Uko byifashe mu mujyi wa Uvira nyuma yuko AFC/M23 itangaje ko yemeye kuwurekura

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.