Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abagenzacyaha bari kwigishwa ururimi rw’amarenga ngo bazabashe kuvugana n’abafite ubumuga babagana

radiotv10by radiotv10
08/03/2022
in MU RWANDA
0
Abagenzacyaha bari kwigishwa ururimi rw’amarenga ngo bazabashe kuvugana n’abafite ubumuga babagana
Share on FacebookShare on Twitter

Abagenzacyaha b’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB batangiye guhugurwa ku rurimi rw’amarenga kugira ngo bazajye babasha kuvugana n’abafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga babagana.

Aya mahugurwa yatangiye kuri uyu wa Mbere tariki 07 Werurwe 2022, yahawe Abagenzacyaha ba RIB bo mu Mujyi wa

Kigali no mu Turere twa Kamonyi na Rwamagana.

Ni igikorwa kiri gukorwa ku bufatanye bw’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB ndetse n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kumva mu Rwanda (RNADW) ndetse na Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda.

Umunyamabanga Mukuru Wungirije w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), Isabelle Kalihangabo avuga ko aya mahugurwa azatuma Abagenzacyaha barushaho kuzuza inshingano zabo neza ku babagana bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga.

Avuga ko abakozi b’uru rwego basanzwe bafite ubumenyi buhagije mu kugenza ibyaha ariko ko mu masomo bize batigeze bahabwa ay’ururimi rw’amarenga.

Isabelle Kalihangabo yavuze ko kuba bahawe aya mahugurwa bizakomeza gushimangira intego ya Guverinoma y’u Rwanda yo kutagira umuntu uhezwa cyangwa ngo yimwe serivisi yemererwa n’itegeko.

RIB isanzwe yifashisha abahanga muri uru rurimi mu kazi ka buri munsi ku buryo hari icyizere ko aya mahugurwa azatuma uru rwego rurushaho kuzuza inshingano zarwo neza.

Mukashema Dativa uyobora n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kumva mu Rwanda (RNADW), avuga ko kuba aya mahugura yatangiye mu bihe byo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore ari ikindi kimenyetso cyerekana agaciro u Rwanda ruha umutegarugori.

Yagize ati “Ni ngombwa kuzirikana ko u Rwanda rwakoze kandi rugikora byinshi mu kuzamura imibereho y’abagore ndetse n’abagore bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga by’umwihariko.”

Isabelle Kalihangabo avuga ko ibi bizatuma Abagenzacyaha barushaho kunoza akazi kabo
Ni igikorwa cyakozwe ku bufatanye n’Ihuriro ry’abagore bafite ubumuga bwo kutumva mu Rwanda

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 9 =

Previous Post

U Burundi ngo nubwo u Rwanda rwafunguye imipaka bwo ntiburayifungura kuko hari ibitarakemuka

Next Post

Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Related Posts

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Minisitiri w'Intebe, Dr Justin Nsengiyumva wakoranya Umuganda n'abaturage bo mu Karere ka Kayonza, yabibukije ko iki gikorwa ari bumwe mu...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Urukundo ruragurumana hagati y’umubyeyi Shaddyboo n’umusore uba mu mahanga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.