• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Thursday, June 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

radiotv10by radiotv10
04/06/2026
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Irangamuntu NIDA, buratangaza ko Abanyarwanda miliyoni 4,4 bamaze kwiyandikisha no kwifotoza ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabuhanga.

Byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru wa NIDA, Josephine Mukesha kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Kamena 2026, aho yavuze ko igikorwa cyo kwiyandikisha no kwifotoza gikomeje mu Turere tugize Intara y’Iburasirazuga.

Muri iyi Ntara, iki gikorwa cyarangiye mu Turere dutatu ari two twa Bugesera, Ngoma na Kirehe districts, ubu kikaba kiri gukorwa mu Turere twa Kayonza, Rwamagana na Gatsibo.

Josephine Mukesha avuga ubwitabire bw’abajya kwiyandikisha bukomeje kuzamuka, nyuma yuko Guverinoma ikanguriye abaturage kubyitabira, ubu bakakaba bari kubyitabira ku bwinshi.

Yagize ati “Kugeza ubu tumaze kwandika abaturage barenga miliyoni 4,4 ku rwego rw’Igihugu muri rusange.”

Yavuze ko itsinda riri gukora iki gikorwa nibarangiza Akarere ka Gatsibo, bazahita berecyeza mu ka Nyagarare ari na ko kazaba ari aka nyuma ko mu Ntara y’Iburasirazuba, ubundi hakazahita hakurikiraho Intara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba, mu gihe byarangiye mu Ntara z’Amajyepfo n’Umujyi wa Kigali.

Josephine Mukesha yavuze ko na nyuma yuko iki gikorwa kizaba gisoje ku rwego rw’Igihugu, abacikanywe na cyo, bazaba bafite amahirwe yo kwiyandikisha no kwifotoza.

Yagize ati “Na nyuma y’igikorwa rusange, turateganya kuzageza ibikoresho bifata ibipimo mu Mirenge yose. Ibi bizatuma abantu bacikanywe no kwiyandikisha, babikora, ndetse binafashe abaturage kubasha kuvugurura no gukosora amakuru yabo igihe bizaba ari ngombwa.”

Mukesha yashishikarije abaturage gukoresha neza aya mahirwe yo kwifotoza muri ibi bihe, abantu bakajya bitabira igihe itsinda rya NIDA ryaje gukorera mu Turere twabo kuko ari bwo buryo bwihuse kandi bworoshye bwo kwiyandikisha no kwifotoza.

Guverinoma y’u Rwanda irateganya guhagarika ikoreshwa ry’Indangamuntu zisanzweho muri Kamena umwaka utaha wa 2027, nyuma hakazatangira gukoreshwa izi z’ikoranabuhanga.

Ubuyobozi bw’u Rwanda kandi buherutse gusaba Ibigo bisanzwe bisaba abantu Indangamuntu nk’amabanki, amavuriro, ibigo by’itumanaho ndetse n’inzego za Leta, gutangira kwitegura ikoranabuhanga rizabafasha gukoresha iriya Ndangamuntu Koranabuhanga.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + three =

Previous Post

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

Related Posts

Hagaragajwe igishobora gukorwa ku cyemezo ku bya Kabuga cyababaje benshi

Amakuru mpamo ku ishyingurwa rya Kabuga Felicien byavugwaga ko ryabaye mu ibanga rikomeye

by radiotv10
04/06/2026
0

Kabuga Felicien washingwaga kugira uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba aherutse gupfira muri gereza mu Buholandi, byamenyekanye ko yashyinguwe...

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB  bagasohoka inama itarangiye

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB bagasohoka inama itarangiye

by radiotv10
03/06/2026
0

Abakozi batatu b’Akarere ka Nyamagabe barimo ushinzwe ubugenzuzi bw’Imihanda n’ushinzwe imyubakire, batumijwe kuri RIB ikorera mu Karere ka Huye by’igitaraganya...

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, bwasabye ko Lilito miliyoni 1,9 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze amezi atandatu mu bubiko, zishyirwa ku...

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

by radiotv10
03/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, baturiye akabari kitwa CHOGM-SPA,...

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Abanyeshuri 74 085 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w'amashuri wa 2025-2026, mu gikorwa cyatangijwe na...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Abagera muri miliyoni 4,4 bamaze kwifotoza mu Rwanda ngo bazahabwe Indangamuntu Koranabunga

Ibitero by’indege z’intambara mu rugamba hagati ya AFC/M23 na FARDC byakajije umurego

Ibyamamare Will Smith n’umugore we bagaragaye mu ruhame bwa mbere mu mezi atandatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.