• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo

radiotv10by radiotv10
11/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abageze mu zabukuru b’i Musanze bafitiye Leta ubutumwa bw’icyifuzo cyabo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bageze mu zabukuru bo mu Karere ka Musanze bavuga ko bagowe n’imihereho ya buri munsi, kuko no kubona ibyo kurya byabaye ihurizo ritoroshye, bagasaba ko na bo bashyirwa mu bahabwa inkunga y’ingobona muri gahunda ya VUP.

Abaganiriye na RADIOTV10 bo mu Murenge wa Muhoza, bavuga ko batazi impamvu batangirwa ubwisungane mu kwivuza ariko ntibahabwe amafaranga y’abageze mu zabukuru yakabaye abafasha mu masaziro yabo.

Munyankotore François yagize ati “Twebwe abasaza tugowe n’imibereho kuko nta mbaraga dufite ngo tujye kwikorera ishwagara, ayo mafaranga y’ingoboka ntayo tubona kandi twumva abandi bayahabwa.”

Ntawirengagiza Marie Rose na we yagize ati “Habamo kurobanura, baduhamagaje ku Kagari tugezeyo sosiyari aratubwira ngo na bo banditse barabakuramo, kandi bantangira ubwisungane mu kwivuza, ubwo rero sinzi impamvu bataduha amafaranga y’ingoboka kandi nta mibereho dufite.”

Umuyobozi w’Ishami ry’Imibereho Myiza mu Karere ka Musanze, Ntirenganya Martin yabwiye RADIOTV10 ko hari uburyo bariya baturage bafashwamo, ariko ko badakwiye kugendera ku kuba bishyurirwa ubwisungane mu kwivuza ngo bumve ko bigomba kujyana no guhabwa inkunga y’Ingoboka ya VUP.

Yagize ati “Ntabwo kuba utangirwa Ubwisungane mu kwivuza bisobanuye ko uhabwa amafaranga y’ingoboka, oya pe, hari ubundi buryo tubafashamo rwose kuko bifite amategeko abigena.”

Nta mibare y’abahabwa amafaranga y’ingoboka azwi nka Direct Support itangazwa n’akarere ka Musanze kuko ubu bari gushyirwa muri sisitemu.

Munyankotore François asaba Leta kubibuka
Na Ntawirengagiza Marie Rose asaba Leta kumenya ko bageze mu zabukuru ikabaha nkunganire

Jean Damascene IRADUKUNDA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 1 =

Previous Post

Amahirwe y’Amavubi yo kujya mu cy’Isi birangiye abuze burundu

Next Post

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.