Friday, December 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abahanga mu bukungu barerekana ko ingengo y’imari ishingiye ku misoro idashoboka

radiotv10by radiotv10
28/06/2021
in MU RWANDA
0
Abahanga mu bukungu barerekana ko ingengo y’imari ishingiye ku misoro idashoboka
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko 33.1% by’ingengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022 agomba kuva mumisoro, abahanga mubukungu bavuga ko bitazashoboka. Ibi babishingira ingamba zo kurwanya covid19 zikomeje kubangamira imikorere. Ahubwo ngo n’imisoro yabonetse mumwaka ushize, na yo  ngo ishobora kutazaboneka.

Imibare ya goverinoma y’u Rwanda igaragaza ko miliyari 2,543.3 FRW, ni ukuvuga 67% bya miliyari 3,806.9 FRW, ari nayo ngengo y’imari y’umwaka wa 2021/22, agomba kuva imbere mugihugu. Iyi mibare igatomora neza ko muri iyi 67%, miliyari 1,263.3 frw niyo agomba kuva mimisoro. Izi miliyari uzigereranije n’aya mafaranga yose yitezwe kuva imbere mugihugu, urasanga imisoro yihariye 48%. Ariko kungengo y’imari yose u Rwanda ruteganya gukoresha, iyi mibare itomora neza ko imisoro izaba ifite uruhare rwa 33.1%.

Ariko abahanga mubukungu bavuga uyu muhigo ugoye. Ahubwo basanga lea igomba gushyiraho ingamba zongera umubare w’abasora.

Umuhanga mu bukungu  Dr. Bihira Canisius agaruka kuri iyi ngingo yagize ati “ Mbona ko bikomeye, kubera ko nk’uko wabivugaga iki cyorezo cya covid19 cyadushyize mucyuho cyane. Nkumva bishobotse ntitwongere gusubira muri guma murugo, na guma mukarere ikavaho, nibwo abantu bakongera gukora. Mbese ibikorwa by’ubukungu byarahungabanye, kuburyo utakwizera imisoro yaboneka no kukigero yariho mbere y’uko covid iza.

“Dr. Bihira ashingiye ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya covid19, zirimo na guma murugo, ngo asanga imisoro aho kuzamuka ngo izagabanuka.

Ubwo herekanwaga ingengo y’imari ya 2021-2022, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagimana yavuze ko umwenda u Rwanda rwafashe mu mwaka ushize wa 2020-2021 ndetse n’uwo ruteganya gufata muri uyu wa 2021-2022 utaremerereye igihugu

N’ubwo iyi mibare igaragaza ko ijanisha ry’igice cy’amafaranga ava imbere mugihu giteganijwe kwiyongera, ugereranije n’ingengo y’imari y’umwaka wa 2020/2021; muri uwo mwaka imisoro yari miliyari 1,605.7. ibi bikaba bingana na 49.4% bya milyari 3.245.7 FRW yakoreshejwe muri uyu mwaka unagana kumusozo. Ariko iyi misoro na yo yagabanutse kukigero cya 10%. Ibi byatewe n’ingaruka za covid19. Ibi byatumye igihugu kirambriza kunkunga n’inguzanyo z’amahanga kuko ziyongereyeho 30% ugereranije n’umwaka wa 2019/2020.

Ufashe imisoro yitezwe muri 2021/2022, ukayigereranya n’iyo muri 2020/21, urasanga izagabanukaho miliyari 42 frw. Icyakora ushingiye ku kuri iyi mibare, usanga inguzanyo n’inkunga z’amahanga byaragabanutseho miliyari 12.2 frw. Iyi mibare irerekana ko amafaranga ateganijwe kuva mugihugu Atari imisoro, niyo azatuma ingengo y’imari ya 2021/22 izamuka kukigero cya 9.7% ugereranije n’iyakoreshejwe muri 2020/21.

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − 11 =

Previous Post

Guma mu karere yatumye ibiciro by’ibiribwa bizamuka

Next Post

MINISANTE ivuga iki ku bantu bazira uburangare bw’abaganga ubuzima bukangirika?

Related Posts

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

by radiotv10
05/12/2025
0

I Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, ahari hahanzwe amaso n’Isi yose, haraye habereye umuhango wo gusinya amasezerano...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
05/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

by radiotv10
05/12/2025
0

Abagore bo mu Ngabo z’u Rwanda bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo, bagaragarije abagore n’abakobwa bo muri iki Gihugu...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

by radiotv10
05/12/2025
0

Abanyekongo biganjemo abagore n’abana bakomeje guhungira mu Rwanda nyuma yuko imirwano ikomeje gukara mu bice bimwe mu byo muri Kivu...

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

Iby’ingenzi wamenya ku yandi masezerano yasinywe hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
05/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, zasinye amasezerano y’inyongera mu bijyanye n’ubukungu, arimo ajyanye n’imikoranire mu bijyanye...

IZIHERUKA

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana
IMYIDAGADURO

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

by radiotv10
05/12/2025
0

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

05/12/2025
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

05/12/2025
Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

Ubutumwa buteye urujijo bw’agahinda n’amarira bwa Yampano nyuma y’ibyamubayeho

05/12/2025
Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

Abasirikarekazi b’u Rwanda beretse abagore bo muri Sudani y’Epfo uko bakwirwanaho igihe hari ubahohoteye

05/12/2025
Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

05/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MINISANTE ivuga iki ku bantu bazira uburangare bw’abaganga ubuzima bukangirika?

MINISANTE ivuga iki ku bantu bazira uburangare bw’abaganga ubuzima bukangirika?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi wa Filimi wamamayeho ubugome budasanzwe ku Isi uzwi nka Tagawa yitabye Imana

Amafoto ukwiye kureba yaranze umunsi w’isinywa ry’amasezerano y’amateka y’u Rwanda na DRCongo

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahozi mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.