Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abahanga mu bukungu barerekana ko ingengo y’imari ishingiye ku misoro idashoboka

radiotv10by radiotv10
28/06/2021
in MU RWANDA
0
Abahanga mu bukungu barerekana ko ingengo y’imari ishingiye ku misoro idashoboka
Share on FacebookShare on Twitter

N’ubwo guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko 33.1% by’ingengo y’imari y’umwaka wa 2021/2022 agomba kuva mumisoro, abahanga mubukungu bavuga ko bitazashoboka. Ibi babishingira ingamba zo kurwanya covid19 zikomeje kubangamira imikorere. Ahubwo ngo n’imisoro yabonetse mumwaka ushize, na yo  ngo ishobora kutazaboneka.

Imibare ya goverinoma y’u Rwanda igaragaza ko miliyari 2,543.3 FRW, ni ukuvuga 67% bya miliyari 3,806.9 FRW, ari nayo ngengo y’imari y’umwaka wa 2021/22, agomba kuva imbere mugihugu. Iyi mibare igatomora neza ko muri iyi 67%, miliyari 1,263.3 frw niyo agomba kuva mimisoro. Izi miliyari uzigereranije n’aya mafaranga yose yitezwe kuva imbere mugihugu, urasanga imisoro yihariye 48%. Ariko kungengo y’imari yose u Rwanda ruteganya gukoresha, iyi mibare itomora neza ko imisoro izaba ifite uruhare rwa 33.1%.

Ariko abahanga mubukungu bavuga uyu muhigo ugoye. Ahubwo basanga lea igomba gushyiraho ingamba zongera umubare w’abasora.

Umuhanga mu bukungu  Dr. Bihira Canisius agaruka kuri iyi ngingo yagize ati “ Mbona ko bikomeye, kubera ko nk’uko wabivugaga iki cyorezo cya covid19 cyadushyize mucyuho cyane. Nkumva bishobotse ntitwongere gusubira muri guma murugo, na guma mukarere ikavaho, nibwo abantu bakongera gukora. Mbese ibikorwa by’ubukungu byarahungabanye, kuburyo utakwizera imisoro yaboneka no kukigero yariho mbere y’uko covid iza.

“Dr. Bihira ashingiye ku ngamba zo kwirinda ikwirakwira rya covid19, zirimo na guma murugo, ngo asanga imisoro aho kuzamuka ngo izagabanuka.

Ubwo herekanwaga ingengo y’imari ya 2021-2022, Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr Uzziel Ndagimana yavuze ko umwenda u Rwanda rwafashe mu mwaka ushize wa 2020-2021 ndetse n’uwo ruteganya gufata muri uyu wa 2021-2022 utaremerereye igihugu

N’ubwo iyi mibare igaragaza ko ijanisha ry’igice cy’amafaranga ava imbere mugihu giteganijwe kwiyongera, ugereranije n’ingengo y’imari y’umwaka wa 2020/2021; muri uwo mwaka imisoro yari miliyari 1,605.7. ibi bikaba bingana na 49.4% bya milyari 3.245.7 FRW yakoreshejwe muri uyu mwaka unagana kumusozo. Ariko iyi misoro na yo yagabanutse kukigero cya 10%. Ibi byatewe n’ingaruka za covid19. Ibi byatumye igihugu kirambriza kunkunga n’inguzanyo z’amahanga kuko ziyongereyeho 30% ugereranije n’umwaka wa 2019/2020.

Ufashe imisoro yitezwe muri 2021/2022, ukayigereranya n’iyo muri 2020/21, urasanga izagabanukaho miliyari 42 frw. Icyakora ushingiye ku kuri iyi mibare, usanga inguzanyo n’inkunga z’amahanga byaragabanutseho miliyari 12.2 frw. Iyi mibare irerekana ko amafaranga ateganijwe kuva mugihugu Atari imisoro, niyo azatuma ingengo y’imari ya 2021/22 izamuka kukigero cya 9.7% ugereranije n’iyakoreshejwe muri 2020/21.

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + seventeen =

Previous Post

Guma mu karere yatumye ibiciro by’ibiribwa bizamuka

Next Post

MINISANTE ivuga iki ku bantu bazira uburangare bw’abaganga ubuzima bukangirika?

Related Posts

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

by radiotv10
12/01/2026
0

Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, yatangaje ko abashoferi b’imodoka zitwara abantu benshi nk’ab’izitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, n’izitwara abanyeshuri, ari bo...

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

Ibyavugiwe mu iperereza ry’abagabo batatu bakekwaho gusambanya ku gahato umugore mu gihe kimwe

by radiotv10
12/01/2026
0

Abasore babiri n’umugabo umwe bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato umugore w’imyaka 47 bamutegeye mu nzira mu ijoro...

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

Urujijo n’igihirahiro ku byo babonye nyuma yuko babaruje ubutaka bwabo

by radiotv10
12/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu Kagari ka Kirambi mu Murenge wa Nyagisozi mu Karere ka Nyanza, baravuga ko babaruje ubutaka bwabo...

IZIHERUKA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa
IMIBEREHO MYIZA

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

12/01/2026
Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

12/01/2026
Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

Uwayoboye Rayon yavuze ibyamubayeho ku munsi yatsindwagaho na APR iyisuzuguye

12/01/2026
Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

Mu magambo aryohereye umunyarwenya uzwi mu Rwanda yagaragaje umukunzi we bwa mbere

12/01/2026
Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

Impamvu hari abashyiriweho umwihariko w’ibihano biremereye mu itegeko rishya ry’imikoreshereze y’umuhanda

12/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
MINISANTE ivuga iki ku bantu bazira uburangare bw’abaganga ubuzima bukangirika?

MINISANTE ivuga iki ku bantu bazira uburangare bw’abaganga ubuzima bukangirika?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Editorial: The New World Economic Order

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.