Monday, May 25, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO

Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzi babiri bo mu Rwanda basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo
Share on FacebookShare on Twitter

Umuhanzi Jean de Dieu Sinzabyibagirwa uzwi ku izina rya Jado Sinza, yasezeranye mu mategeko na Esther Umulisa na we usanzwe aririmba nk’uwabigize umwuga mu gufasha abahanzi no mu makorali atandukanye.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 05 Nzeri 2024, aba bombi basezeraniye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Nyuma yo gusezerana, umuhanzi Jado Sinza yagaragaje ibyishimo yatewe no kuba yamaze kuba umugabo w’umukunzi we Esther Umulisa bamaze igihe bakundana.

Ati “Amahoro ava ku Mana! Uyu munsi nibwo twasezeranye mu buryo bw’amategeko. Mudufashe gushima Imana. Indi gahunda ni 21 Nzeri 2024.”

Mu muziki uririmbirwa Imana, harimo abashakanye basanzwe baririmba nk’itsinda, aho bamwe bahise bibaza ko aba na bo bagiye guhita babiyoboka.

Jado Sinza abibajijweho niba na bo bazahita bayoboka iyi nzira, yagize ati “Sinzi uko nabisobanura, gusa icyo navuga ni uko tuzafatanya muri byose.”

Jado Sinza yamenyekanye mu ndirimbo zitandukanye zihimbaza Imana zirimo ‘Nabaho sindabona’ na ‘Ndategereje’, akaba kandi yarakoze ibitamo byitabiriwe na benshi birimo icyo aherutse gukorera muri Camp Kigali yari yatumiyemo umuhanzi ukomeye wo muri Tanzania, Zoravo.

Ni mu gihe Esther wamaze kuba umugore we, asanzwe afasha abahanzi barimo n’uyu mukunzi we, ndetse akaba asanzwe aririmba muri kolari ‘Iriba’.

Basezeranye kubana nk’umugore n’umugabo

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 4 =

Previous Post

Gatsibo: Hari aho bazengerejwe n’imbwa nyinshi batazi aho zituruka

Next Post

Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Related Posts

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

Small Health Habits That Are Quietly Costing You More Than You Think

by radiotv10
25/05/2026
0

Most people think about health and money as two separate conversations. Health is about what you eat, how much you...

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

DJ Pinky wagaragaye mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka yasekewe n’amahirwe

by radiotv10
23/05/2026
0

Umuvangamiziki DJ Pinky uri mu bagezweho mu Rwanda, nyuma yo kugaragara mu ifoto nkorano ateruye abanyamakuru KNC na Mutabaruka, yagizwe...

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

The Difference Between Resting and Wasting Your Weekend

by radiotv10
23/05/2026
0

Not all time off is rest. Sometimes a whole weekend passes, and you still feel tired, not because you were...

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

Emelyne wamamaye ku mbuga nkoranyambaga yeruriye abantu ingeso zari zaramubase

by radiotv10
22/05/2026
0

Kwizera Emelyne wamamaye nka ‘Ishanga’ wamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatangaje ko yari yarabaswe n’ingeso zirimo ubusambanyi, ariko ubu yamaze...

Amakuru mashya: Hatangajwe ibyaha Eric Semuhungu akurikiranyweho

Impamvu urubanza rwa Eric Semuhungu rwashyizwe mu muhezo

by radiotv10
21/05/2026
0

Urubanza rw’ubujurire ku ifungwa rya Eric Semuhungu ukurikiranyweho ibyaha bishingiye ku gusambanya abahungu bagenzi be, rwashyizwe mu muhezo ku mpamvu...

IZIHERUKA

RUHANGO: RBC ivuga ko amaraso aramutse agurishijwe nta mu rwayi wakwigondera ikiguzi
MU RWANDA

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

by radiotv10
25/05/2026
0

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

25/05/2026
Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

25/05/2026
Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

Haravugwa umwuka w’ubwoba n’urujijo nyuma y’igitero cyageragejwe ku kibuga cy’Indege i Kisangani

25/05/2026
Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

Perezida Kagame yasoje uruzinduko yagiriraga muri Qatar

25/05/2026
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byahise bigabanuka nyuma y’itangazwa ry’igitanga icyizere cy’amahoro

25/05/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwe muri babiri bafatiwe mu bujura bw’ihene yarashwe ahita apfa

Ubushyamirane hagati y’umufana wa Arsenal n’uwa Manchester United muri Uganda bwasize umwe ahasize ubuzima

Abarinda Perezida wa Kenya bahinduwe byihuse nyuma y’ibyagaragaye nk’intege nke zabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.