• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’abavandimwe Dorcas na Vestine bazwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bavuze ko nyuma yuko umwe muri bo ashinze urugo, byagoranye kumenyera ubuzima bwo kuba batari kumwe, ku buryo umwe byageze n’aho kurya bimunanira.

Ni nyuma yuko Ishimwe Vestine, akoze ubukwe n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouédraogo, bwabaye mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka wa 2025.

Vestine avuga ko nubwo nta buranaribonye budasanzwe aragira mu rushako, ariko nibura hari ibyo amaze kubona byamufasha kurwubaka, gusa bikaba byarabanje kumutonda.

Ati “Ntabwo ndamara igihe, sinaza ngo mbwire abantu ngo urugo bimeze gutya, naba ndi kwigira inzobere kandi nta gihe kinini maze. Kujya mu rugo ni nko kujya mu Gihugu utarI uzi, byarangoye pe sinababeshya, ngatekereza ubuzima nari mbayemo mu rugo na ba Dorcas na ba mama, ariko bitewe n’inama mama yangiraga ambwira ati ‘icara wubake’, naramenyereye ntakibazo.”

Vestine kandi yaburiye umuvandimwe we ati “Dorcas mwana wanjye ntuzashake ukiri muto cyane, uzabe uretse, mubyihorere, namukubita nafata inkoni nkamucira aramutse ashatse akiri muto.”

Murumuna we Dorcas avuga ko we yagowe no kubaho mu buzima butarimo mukuru we kuko bafatanyaga byose byo mu rugo.

Ati “Ubukwe bukirangira ntabwo nabyiyumishaga cyane kuko nahise njya mu kizamini urumva nahise njya mu banyeshuri sinabyuyumvishaga ko yashatse dore mveyo wabibaza mama no kurya byaranze, ntabwo mwabyumva, Vestine kuva kera ni umuntu twakuranye yari ameze nka mama wanjye, yamenyaga ko ntariye, kuba atari mu rugo byarangoye, namaze ibyumweru bibiri kurya byaranze, byarangoye ukuntu umuntu twakuranye nabwiraga ibintu byose adahari narwaye deperession mara ukwezi ntishima.”

Avuga ko byageze aho umubyeyi wabo akamwohereza kwa mukuru we kugira ngo abashe kurya. Ati “Byagezaho mama arambwira ati jya iwe kugira ngo ubashe kurya, njya iwe, byageze aho banjyana no kwa muganga bampa imiti ya appettit kugira ngo mbashe kurya biranga, ubu ndi iwe kugira ngo ndye.”

Itsinda cya Vestine na dorcas bamaze imyaka irenga ine batangiye kuririmba umuziki wabo umaze kurenga u Rwanda, ukaba ukunzwe muri Afurika y’Iburasirazuba.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 + three =

Previous Post

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

Next Post

Work-Life balance: Does it really exist?

Related Posts

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

Uwamamaye mu gukora amashusho y’abahanzi nyarwanda agiye kurushingana n’umukobwa wakundanye n’ikindi cyamamare

by radiotv10
01/06/2026
0

Uwamamaye nka Cedru mu mwuga wo gutunganya amashusho y’indirimbo z’abahanzi, yambitse impeta umukobwa witwa Ella wavuzweho gukundana na Lick Lick...

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

Skills Every Young Adult Should Learn Before Turning 30

by radiotv10
01/06/2026
0

Your twenties are often described as the decade of discovery. It is a time when many people finish school, start...

Secrets to building strong and healthy friendships

Secrets to building strong and healthy friendships

by radiotv10
01/06/2026
0

Friendships are some of the most valuable relationships in our lives. Good friends support us during difficult times, celebrate our...

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

Super Manager yaciye amarenga y’icyo ashobora gukurikizaho nyuma y’icyemezo cy’urubanza yari yarezemo asaba miliyoni 380Frw

by radiotv10
29/05/2026
0

Umuhanzi Super Manager uzwi mu myidagaduro mu Rwanda, nyuma yo gutsinda urubanza yari yarezemo sosiyete y’itumanaho ayisaba indishyi ya Miliyoni...

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

Confidence vs. Arrogance: Knowing the Difference Can Change Your Relationships

by radiotv10
29/05/2026
0

Everyone wants to be confident because confidence helps us take on challenges, pursue opportunities, and believe in our abilities. However,...

Next Post
Work-Life balance: Does it really exist?

Work-Life balance: Does it really exist?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.