Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze

radiotv10by radiotv10
13/10/2025
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MUZIKA
0
Abahanzikazi Vestine na Dorcas bwa mbere bavuze uko ubuzima bumeze nyuma yuko umwe arushinze
Share on FacebookShare on Twitter

Abahanzi b’abavandimwe Dorcas na Vestine bazwi mu ndirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, bavuze ko nyuma yuko umwe muri bo ashinze urugo, byagoranye kumenyera ubuzima bwo kuba batari kumwe, ku buryo umwe byageze n’aho kurya bimunanira.

Ni nyuma yuko Ishimwe Vestine, akoze ubukwe n’umugabo we Idrissa Jean Luc Ouédraogo, bwabaye mu ntangiro za Nyakanga uyu mwaka wa 2025.

Vestine avuga ko nubwo nta buranaribonye budasanzwe aragira mu rushako, ariko nibura hari ibyo amaze kubona byamufasha kurwubaka, gusa bikaba byarabanje kumutonda.

Ati “Ntabwo ndamara igihe, sinaza ngo mbwire abantu ngo urugo bimeze gutya, naba ndi kwigira inzobere kandi nta gihe kinini maze. Kujya mu rugo ni nko kujya mu Gihugu utarI uzi, byarangoye pe sinababeshya, ngatekereza ubuzima nari mbayemo mu rugo na ba Dorcas na ba mama, ariko bitewe n’inama mama yangiraga ambwira ati ‘icara wubake’, naramenyereye ntakibazo.”

Vestine kandi yaburiye umuvandimwe we ati “Dorcas mwana wanjye ntuzashake ukiri muto cyane, uzabe uretse, mubyihorere, namukubita nafata inkoni nkamucira aramutse ashatse akiri muto.”

Murumuna we Dorcas avuga ko we yagowe no kubaho mu buzima butarimo mukuru we kuko bafatanyaga byose byo mu rugo.

Ati “Ubukwe bukirangira ntabwo nabyiyumishaga cyane kuko nahise njya mu kizamini urumva nahise njya mu banyeshuri sinabyuyumvishaga ko yashatse dore mveyo wabibaza mama no kurya byaranze, ntabwo mwabyumva, Vestine kuva kera ni umuntu twakuranye yari ameze nka mama wanjye, yamenyaga ko ntariye, kuba atari mu rugo byarangoye, namaze ibyumweru bibiri kurya byaranze, byarangoye ukuntu umuntu twakuranye nabwiraga ibintu byose adahari narwaye deperession mara ukwezi ntishima.”

Avuga ko byageze aho umubyeyi wabo akamwohereza kwa mukuru we kugira ngo abashe kurya. Ati “Byagezaho mama arambwira ati jya iwe kugira ngo ubashe kurya, njya iwe, byageze aho banjyana no kwa muganga bampa imiti ya appettit kugira ngo mbashe kurya biranga, ubu ndi iwe kugira ngo ndye.”

Itsinda cya Vestine na dorcas bamaze imyaka irenga ine batangiye kuririmba umuziki wabo umaze kurenga u Rwanda, ukaba ukunzwe muri Afurika y’Iburasirazuba.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × three =

Previous Post

Igisubizo gihabwa abamaze imyaka itatu bafite ikibahangayikishije kirumvikanamo icyizere kitari vuba

Next Post

Work-Life balance: Does it really exist?

Related Posts

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

Ibiri mu ibaruwa yanditswe n’umunyamakuru DC Clement nyuma yo gufungwa

by radiotv10
03/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement ukurikiranyweho ibyaha birimo kurwanya ububasha bw’amategeko, yanditse ibaruwa asaba imbabazi avuga ko ibyo...

Ruracyageretse hagati y’umunyamakuru n’umukinnyikazi wa filimi bapfa imodoka yagaragajwe n’umwe

Hemejwe ifungwa ry’umunyamakuru DC Clement hanasobanurwa imiterere y’icyabiteye

by radiotv10
02/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwemeje ko Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, yatawe muri yombi akekwaho kwangiza ikintu cy’undi no...

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

Moses Turahirwa wari wajuriye atakambira Urukiko ngo rumurekure yagumishirijweho igihano

by radiotv10
01/04/2026
0

Turahirwa Moses uri mu bahanga mu guhanga imideri bazwi mu Rwanda wanashinze inzu yayo ya Moshions, yagumishirijweho igihano cy’igifungo cy’imyaka...

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

by radiotv10
01/04/2026
0

Umunyamakuru Niyigaba Clément uzwi nka DC Clément watawe muri yombi, akurikiranyweho ibyaha birimo icyo kwangiza ikintu cy'undi, akekwaho gukora yangiza...

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

Umuhanzikazi wakunzwe na benshi ku Isi Celine Dion wari umaze igihe arembye agarukanye ubutumwa bwiza

by radiotv10
31/03/2026
0

Umuhanzikazi Celine Dion uri mu bafite abafana benshi ku Isi, wari umaze igihe arembye, arahumuriza abakunzi be ko ubu amerewe...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Work-Life balance: Does it really exist?

Work-Life balance: Does it really exist?

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.