Tuesday, November 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wihagazeho babona imbaraga bakoresha ntaho zihuriye n’amafaranga bagikuramo

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wihagazeho babona imbaraga bakoresha ntaho zihuriye n’amafaranga bagikuramo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko imbaraga bashyira mu buhinzi bwabo, ntaho zihuriye n’umusaruro bakuramo, kuko amafaranga bagurirwaho ari macye cyane ugereranyije n’imbaraga bakoresha.

Aba bahinzi bo mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bagereranyije imbaraga bakoresha mu buhinzi n’ibyo bashoramo n’igiciro bagurirwaho umusaruro wabo, babona ari gito cyane.

Gakuru Francois ati “Kuri ubu ikilo cy’icyayi kiri ku mafaranga 450 y’u Rwanda kandi ibyo tuba twashoye mu buinzi ni byinshi cyane. Usanga dukenera kwishyura ifumbire, abasoromyi, ndetse n’ibindi bitandukanye.”

Nyirakanani Vestine na we ati “Abahinzi b’icyayi turavunika cyane, ugereranyije amafaranga tubona mu cyayi, usanga ari macye cyane atajyanye n’ibiciro ku isoko kuko ibiribwa byarahenze.”

Aba bahinzi kandi bavuga ko n’ibikenerwa muri ubu buhinzi bwabo bw’icyayi, bigenda birushaho guhenda, ku buryo babona amafaranga bagurirwaho atajyanye n’ibyo baba bashoye nk’ifumbire n’ibindi.

Uwingabire Beatha ati “Bongere igiciro cy’icyayi umuhinzi abashe kwiteza imbere byibuze ikilo kimwe kijye ku mafaranga 700 y’u Rwanda kuko. Duhura n’inzara kandi twahinze twanejeje.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Byukusenge Assoumpta avuga ko ubuyobozi buzicara bugasuzuma iki kibazo cy’aba ba bahinzi b’icyayi.

Yagize ati “Inganda ndetse n’ihuriro ry’abahinzi b’icyayi twazabiganiraho kugira ngo bihabwe umurongo.”

Bamwe mu bakora mu nganda z’icyayi bavuga ko ibiciro baguriraho abahinzi babagemurira icyayi bishyirwaho na NAEB bigatandukanywa n’uko uruganda rwacuruje ku isoko mpuzahanga.

Akarere ka Nyaruguru karimo inganda enye (4) zihinga zikanatunganya umusaruro ukomoka ku cyayi gihingwa cyane muri aka Karere.

Aba bahinzi bavuga ko bakoresha imbaraga nyinshi mu buhinzi bwabo ariko ikivamo kikaza ari gito
Barasaba ko igiciro bagurirwaho cyakwiyongera
Ni igihingwa kivamo umusaruro ukunzwe ku isoko mpuzamahanga

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − 16 =

Previous Post

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Related Posts

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

by radiotv10
18/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kibilizi mu Karere ka Gisagara, baravuga ko abakozi bari gucukura imiyoboro y’amazi bigabije imirima...

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

Karongi: Icyo biteze mu gusazura igihingwa bakesha kukirigita ifaranga cyari kimaze imyaka 45

by radiotv10
18/11/2025
0

Abahinzi b'ikawa bo mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi, bavuga ko izo bari bamaranye imyaka irenga 40 zitari...

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo cy'Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw'Ibiribwa n'Imiti (Rwanda FDA), na...

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

by radiotv10
17/11/2025
0

Bamwe mu batuye mu Mirenge ya Kivumu na Nyamyumba mu Turere twa Rubavu na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba, bavuga ko...

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

Start Strong:- Monday tips that will make your week more productive

by radiotv10
17/11/2025
0

Many people say Monday is the hardest of the week, but it doesn’t have to be. When you start your...

IZIHERUKA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje
AMAHANGA

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

by radiotv10
18/11/2025
0

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

18/11/2025
Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

18/11/2025
Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

18/11/2025
Men and fashion: How Rwandan men are redefining style

Kwambara neza no kuberwa ntibikiri iby’abakobwa gusa ubu n’abasore bo mu Rwanda barabiyobotse

18/11/2025
Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

Gisagara: Hari abavuga ko ibyo bari gukorerwa ari agasuzuguro bakanagaragaza icyo bifuza

18/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Hagiye hanze amakuru aca amarenga ko bitifashe neza mu rugo rw’umuririmbyi Vestine umaze amezi akoze ubukwe

Ibivugwa ko byatangajwe n’umuhanzi uzwiho ubuhanga mu kuririmba Bill Ruzima watawe muri yombi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.