Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wihagazeho babona imbaraga bakoresha ntaho zihuriye n’amafaranga bagikuramo

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wihagazeho babona imbaraga bakoresha ntaho zihuriye n’amafaranga bagikuramo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko imbaraga bashyira mu buhinzi bwabo, ntaho zihuriye n’umusaruro bakuramo, kuko amafaranga bagurirwaho ari macye cyane ugereranyije n’imbaraga bakoresha.

Aba bahinzi bo mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bagereranyije imbaraga bakoresha mu buhinzi n’ibyo bashoramo n’igiciro bagurirwaho umusaruro wabo, babona ari gito cyane.

Gakuru Francois ati “Kuri ubu ikilo cy’icyayi kiri ku mafaranga 450 y’u Rwanda kandi ibyo tuba twashoye mu buinzi ni byinshi cyane. Usanga dukenera kwishyura ifumbire, abasoromyi, ndetse n’ibindi bitandukanye.”

Nyirakanani Vestine na we ati “Abahinzi b’icyayi turavunika cyane, ugereranyije amafaranga tubona mu cyayi, usanga ari macye cyane atajyanye n’ibiciro ku isoko kuko ibiribwa byarahenze.”

Aba bahinzi kandi bavuga ko n’ibikenerwa muri ubu buhinzi bwabo bw’icyayi, bigenda birushaho guhenda, ku buryo babona amafaranga bagurirwaho atajyanye n’ibyo baba bashoye nk’ifumbire n’ibindi.

Uwingabire Beatha ati “Bongere igiciro cy’icyayi umuhinzi abashe kwiteza imbere byibuze ikilo kimwe kijye ku mafaranga 700 y’u Rwanda kuko. Duhura n’inzara kandi twahinze twanejeje.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Byukusenge Assoumpta avuga ko ubuyobozi buzicara bugasuzuma iki kibazo cy’aba ba bahinzi b’icyayi.

Yagize ati “Inganda ndetse n’ihuriro ry’abahinzi b’icyayi twazabiganiraho kugira ngo bihabwe umurongo.”

Bamwe mu bakora mu nganda z’icyayi bavuga ko ibiciro baguriraho abahinzi babagemurira icyayi bishyirwaho na NAEB bigatandukanywa n’uko uruganda rwacuruje ku isoko mpuzahanga.

Akarere ka Nyaruguru karimo inganda enye (4) zihinga zikanatunganya umusaruro ukomoka ku cyayi gihingwa cyane muri aka Karere.

Aba bahinzi bavuga ko bakoresha imbaraga nyinshi mu buhinzi bwabo ariko ikivamo kikaza ari gito
Barasaba ko igiciro bagurirwaho cyakwiyongera
Ni igihingwa kivamo umusaruro ukunzwe ku isoko mpuzamahanga

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Related Posts

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

BREAKING: U Rwanda rusohoye itangazo ruvuga ku bimaze iminsi muri Kivu y’Epfo runasubiza ku binyoma rwongeye kwegekwaho

by radiotv10
10/12/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda iratangaza ko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo idakwiye kwegeka ku Rwanda ibikorwa byo kurenga ku gahenge, nyuma...

Imirwano muri Congo ikomeje guca ibintu, Abanyekongo benshi bari gukiza amagara bahungira mu Rwanda

Eng.-Rwanda speaks out on the recent South Kivu bombing from Burundi and responds to the accompanying false claims

by radiotv10
10/12/2025
0

The Government of Rwanda states that the Democratic Republic of Congo (DRC) cannot place on Rwanda any cross-border violations following...

Ikibazo u Rwanda rwabajije Congo yakinnye ku mubyimba Abanyekongo baruhungiyemo

Ibi birahagije: Ubutumwa Umuvugizi w’u Rwanda yageneye uwa Congo nyuma yo kongera kuzamura ibinyoma

by radiotv10
10/12/2025
0

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yavuze ko igihe kigeze ngo Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ihagarike ibinyoma byayo,...

U Rwanda rwagaragaje ibizagenerwa abimukira baturutse mu Bwongereza bazatangira kuza ejo

Eng.-Rwanda Government Spokesperson condemns the new false accusations raised by the DRC

by radiotv10
10/12/2025
0

Rwanda Government Spokesperson, Yolande Makolo, has said that it is time for the Democratic Republic of Congo (DRC) to stop...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira
AMAHANGA

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

by radiotv10
10/12/2025
0

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

10/12/2025
Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

10/12/2025
Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

Umva igisubizo umuhanzikazi Alyn Sano yasubije abajijwe niba akiri ISUGI

10/12/2025
Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

Iby’ingenzi ku runturuntu rututumba mu ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi

10/12/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

10/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho: Bidasubirwa AFC/M23 yemeje ifatwa ry’umujyi wa Uvira

AFC/M23 yagaragaje intwaro yambuye Ingabo z’u Burundi inerekana gihamya ko ari zo bamaze iminsi bahanganye

Eng.-Breaking: AFC/M23 confirms the capture of Uvira City

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.