Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wihagazeho babona imbaraga bakoresha ntaho zihuriye n’amafaranga bagikuramo

radiotv10by radiotv10
21/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abahinga igihingwa kivamo umusaruro wihagazeho babona imbaraga bakoresha ntaho zihuriye n’amafaranga bagikuramo
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bahinzi b’icyayi bo mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko imbaraga bashyira mu buhinzi bwabo, ntaho zihuriye n’umusaruro bakuramo, kuko amafaranga bagurirwaho ari macye cyane ugereranyije n’imbaraga bakoresha.

Aba bahinzi bo mu Murenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko bagereranyije imbaraga bakoresha mu buhinzi n’ibyo bashoramo n’igiciro bagurirwaho umusaruro wabo, babona ari gito cyane.

Gakuru Francois ati “Kuri ubu ikilo cy’icyayi kiri ku mafaranga 450 y’u Rwanda kandi ibyo tuba twashoye mu buinzi ni byinshi cyane. Usanga dukenera kwishyura ifumbire, abasoromyi, ndetse n’ibindi bitandukanye.”

Nyirakanani Vestine na we ati “Abahinzi b’icyayi turavunika cyane, ugereranyije amafaranga tubona mu cyayi, usanga ari macye cyane atajyanye n’ibiciro ku isoko kuko ibiribwa byarahenze.”

Aba bahinzi kandi bavuga ko n’ibikenerwa muri ubu buhinzi bwabo bw’icyayi, bigenda birushaho guhenda, ku buryo babona amafaranga bagurirwaho atajyanye n’ibyo baba bashoye nk’ifumbire n’ibindi.

Uwingabire Beatha ati “Bongere igiciro cy’icyayi umuhinzi abashe kwiteza imbere byibuze ikilo kimwe kijye ku mafaranga 700 y’u Rwanda kuko. Duhura n’inzara kandi twahinze twanejeje.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Nyaruguru ushinzwe Imibereho Myiza y’Abaturage, Byukusenge Assoumpta avuga ko ubuyobozi buzicara bugasuzuma iki kibazo cy’aba ba bahinzi b’icyayi.

Yagize ati “Inganda ndetse n’ihuriro ry’abahinzi b’icyayi twazabiganiraho kugira ngo bihabwe umurongo.”

Bamwe mu bakora mu nganda z’icyayi bavuga ko ibiciro baguriraho abahinzi babagemurira icyayi bishyirwaho na NAEB bigatandukanywa n’uko uruganda rwacuruje ku isoko mpuzahanga.

Akarere ka Nyaruguru karimo inganda enye (4) zihinga zikanatunganya umusaruro ukomoka ku cyayi gihingwa cyane muri aka Karere.

Aba bahinzi bavuga ko bakoresha imbaraga nyinshi mu buhinzi bwabo ariko ikivamo kikaza ari gito
Barasaba ko igiciro bagurirwaho cyakwiyongera
Ni igihingwa kivamo umusaruro ukunzwe ku isoko mpuzamahanga

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × five =

Previous Post

M23 yagize icyo ivuga ku wundi mujyi yafashe yongera guha ubutumwa FARC

Next Post

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Polisi y’u Rwanda yungutse Abapolisi bafite ubumenyi bwihariye mu gucunga umutekano wo mu mazi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.