Thursday, August 7, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abajyanama bashya b’Umujyi wa Kigali barimo umunyamakuru Solange Ayananone bahise barahira

radiotv10by radiotv10
15/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abajyanama bashya b’Umujyi wa Kigali barimo umunyamakuru Solange Ayananone bahise barahira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye Dusengiyumva Samuel na Solange Ayanone bagizwe Abajyanama muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, bahise barahirira izi nshingano bahawe na Perezida Paul Kagame.

Aba Bajyanama binjiye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali barahiriye inshingano zabo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, bashyizweho kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza, nyuma yo gusohoka mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ryagaragaje abayobozi bashyizwe mu myanya itandukanye.

Dusengiyumva Samuel na Solange Ayanone barahiriye izi nshingano, mu gikorwa cyabereye ku Biro by’Umujyi wa Kigali, cyayobowe na Perezida w’Urukiko Rukuru, Jean Pierre Habarurema.

Dusengiyumva Samuel wahawe inshingano zo kujya muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, yari asanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, umwanya yari amazeho imyaka ine, kuko yawugiyeho mu mpera za 2019.

Solange Ayanone we azwi cyane mu itangazamakuru, akaba yarakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Isango Star yanakoragaho ikiganiro cyitwa ‘Leadership d’Impact’ cyangwa ‘Imiyoborere ifite intego’.

Aba Bajyanama bashya ba Njyanama y’Umujyi wa Kigali, basimbuye abarimo Pudence Rubingisa wari Umuyobozi w’uyu Mujyi, we wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, ndetse na Dr Merard Mpabwanamaguru wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo, we akaba nta zindi nshingano yahawe.

Rubingisa we wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yasimbuye CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana uherutse gukurwaho kubera ibyo akurikiranyweho ubu ari no kubazwa n’inkiko, akaba aherutse gufatirwa n’icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yaje no kujuririra ariko Urukiko yajuririye rugatera utwatsi ubujurire bwe.

Iki gikorwa cyayobowe na Perezida w’Urukiko Rukuru Jean Pierre Habarurema
Samuel Dusengiyumva wari Umunyamabanga Uhoraho muri MINALOC yinjiye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali
Na Solange Ayanone
Iki gikorwa cyabere mu Biro by’Umujyi wa Kigali
Abajyanama bashya binjiye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali
Perezida wa Njyanama Dr Kayihura Muganga Didas yabahaye ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − five =

Previous Post

Imana yakinze akaboko ku bimukira berecyezaga mu Gihugu cyavuguruye amasezerano n’u Rwanda

Next Post

Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n’amategeko

Related Posts

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

Umunyamakuru Aissa Cyiza ukorera Radio imwe yo mu Rwanda, yagizwe Umuyobozi Mukuru wayo nyuma y’amezi atatu n’ubundi azamuwe mu ntera...

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

by radiotv10
07/08/2025
0

Across university campuses in Rwanda, a quiet revolution is taking place one powered by Artificial Intelligence (AI). Tools like ChatGPT...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

by radiotv10
06/08/2025
0

The Chief of Defence Staff (CDS) of the Rwanda Defence Force, General MK Mubarakh, today hosted a delegation from the...

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

by radiotv10
06/08/2025
0

Umuryango w’Abibumbye wavuze ko Ibihugu 32 birimo n’u Rwanda; bifite ubutunzi ariko bikaba bidafite ubushobozi bwo kububyaza umusaruro, bikwiye koroherezwa...

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

by radiotv10
06/08/2025
0

Itsinda ry’intumwa z’Ingabo z’Igihugu cya Sri Lanka ziri mu ruzinduko mu Rwanda, ryakiriwe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh...

IZIHERUKA

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano
MU RWANDA

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

by radiotv10
07/08/2025
0

What Rwandan students really think about AI in education

What Rwandan students really think about AI in education

07/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

06/08/2025
U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

U Rwanda rwaje mu Bihugu 32 bifite ubutunzi bidafitiye ubushobozo bwo kubyaza umusaruro

06/08/2025
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Gen.Muganga yaganirije abasirikare bo muri Sri Lanka

06/08/2025
Ubutumwa Gen.Muhoozi yahaye uwamuvuzeho nyuma yo kongera kuburira abarwanya Perezida Kagame

Eng.-General Muhoozi sheds light on the enemies who recently entered the country

06/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n’amategeko

Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n'amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru Aissa Cyiza yazamuwe mu ntera nyuma y’amezi atatu n’ubundi ahawe inshingano

What Rwandan students really think about AI in education

Eng.-RDF Chief of Defence Staff welcomes Sri Lankan Defence delegation on study tour

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.