Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abajyanama bashya b’Umujyi wa Kigali barimo umunyamakuru Solange Ayananone bahise barahira

radiotv10by radiotv10
15/12/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, POLITIKI
0
Abajyanama bashya b’Umujyi wa Kigali barimo umunyamakuru Solange Ayananone bahise barahira
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’amasaha macye Dusengiyumva Samuel na Solange Ayanone bagizwe Abajyanama muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, bahise barahirira izi nshingano bahawe na Perezida Paul Kagame.

Aba Bajyanama binjiye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali barahiriye inshingano zabo kuri uyu wa Gatanu tariki 15 Ukuboza 2023, bashyizweho kuri uyu wa Kane tariki 14 Ukuboza, nyuma yo gusohoka mu itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe, ryagaragaje abayobozi bashyizwe mu myanya itandukanye.

Dusengiyumva Samuel na Solange Ayanone barahiriye izi nshingano, mu gikorwa cyabereye ku Biro by’Umujyi wa Kigali, cyayobowe na Perezida w’Urukiko Rukuru, Jean Pierre Habarurema.

Dusengiyumva Samuel wahawe inshingano zo kujya muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali, yari asanzwe ari Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, umwanya yari amazeho imyaka ine, kuko yawugiyeho mu mpera za 2019.

Solange Ayanone we azwi cyane mu itangazamakuru, akaba yarakoreye ibitangazamakuru bitandukanye birimo Isango Star yanakoragaho ikiganiro cyitwa ‘Leadership d’Impact’ cyangwa ‘Imiyoborere ifite intego’.

Aba Bajyanama bashya ba Njyanama y’Umujyi wa Kigali, basimbuye abarimo Pudence Rubingisa wari Umuyobozi w’uyu Mujyi, we wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, ndetse na Dr Merard Mpabwanamaguru wari Umuyobozi Wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo, we akaba nta zindi nshingano yahawe.

Rubingisa we wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, yasimbuye CG (Rtd) Emmanuel K. Gasana uherutse gukurwaho kubera ibyo akurikiranyweho ubu ari no kubazwa n’inkiko, akaba aherutse gufatirwa n’icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo, yaje no kujuririra ariko Urukiko yajuririye rugatera utwatsi ubujurire bwe.

Iki gikorwa cyayobowe na Perezida w’Urukiko Rukuru Jean Pierre Habarurema
Samuel Dusengiyumva wari Umunyamabanga Uhoraho muri MINALOC yinjiye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali
Na Solange Ayanone
Iki gikorwa cyabere mu Biro by’Umujyi wa Kigali
Abajyanama bashya binjiye muri Njyanama y’Umujyi wa Kigali
Perezida wa Njyanama Dr Kayihura Muganga Didas yabahaye ikaze

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × one =

Previous Post

Imana yakinze akaboko ku bimukira berecyezaga mu Gihugu cyavuguruye amasezerano n’u Rwanda

Next Post

Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n’amategeko

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n’amategeko

Kigali: Abasore barindwi n’umukobwa umwe basanzwe mu gishanga bakora ibihanwa n'amategeko

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.