Tuesday, December 23, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB burasaba abakora muri serivisi zakira abantu benshi nka resiotora n’inzu zikorera abantu amasuku (Salons) kwambara udupfukamunwa igihe cyose bari muri ako kazi.

Itangazo rya RDB ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, rivuga ko nyuma y’imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize tariki 13 Gicurasi “RDB iramenyesha abantu bose bakora muri serivisi zituma bahura n’abakiliya nka resitora, salon, ndetse n’ahandi kwambara udupfukamunwa igihe cyose bagiye kwakira abakiliya.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize, yemeje ko kwambara agapfukamunwa bitakiri itegeko.

Ingingo C y’igice cya mbere cy’ibyemezo by’Iyi nama y’Abaminisitiri cyagarukaga ku ngamba zo gukumira ikwirakwirarya COVID-19, igira iti “Ntibikiri itegeko kwambara agapfukamunwa. Icyakora, abantu barashishikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahuriye abantu benshi. Abaturage barakangurirwa kandi gukomeza kwipimisha kenshi no kubagiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.”

Bamwe mu baturarwanda bishimiye iki cyemezo cyo gukuraho agapfukamunwa nyuma y’imyaka ibiri bigizwe itegeko.

Gusa hari n’abandi bakomeje kuvuga ko bazakomeza kukambara kugeza igihe bazumva umutimanama wabo ubasaba kugahagarika kuko babizi ko icyorezo cya COVID-19 kigihari.

Itangazo rya RDB risaba abakora muri izi serivisi kwambara udupfukamunwa mu gihe bari kwakira abakiliya, risohotse mu gihe mu Mujyi wa Kigali hakomeje kuvugwa umubare w’abantu benshi barwaye ibicurane byanatumye hari n’abibaza niba ari ibicurane bisanzwe cyangwa ari COVID-19.

Gusa bamwe mu basesengura, banavuga ko ibi bicurane bishobora kuba biterwa no kuba abantu bakuyemo udupfukamunwa bikaba byagize ingaruka ku mwuka batari bamenyereye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Next Post

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Related Posts

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
23/12/2025
0

Mu muhanda uva Nyanza ya Kicukiro werecyeza Sanatubes mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, habaye impanuka y’imodoka itwara...

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

by radiotv10
23/12/2025
0

Abasirikare barimo abo ku rwego rwa Ofisiye ndetse n’abo ku zindi nzego barangije amahugurwa yo ku rwego rwo hejuru barimo...

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

Gisagara: Ingo zitunze inka zikubye inshuro zirenga ebyiri mu myaka ine

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’uko mu karere ka Gisagara hatanzwe inka 113 mu myaka ine ishize bikozwe n’umushinga wa Green amayaga hagamijwe kuzahura...

IZIHERUKA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi
MU RWANDA

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.