Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB burasaba abakora muri serivisi zakira abantu benshi nka resiotora n’inzu zikorera abantu amasuku (Salons) kwambara udupfukamunwa igihe cyose bari muri ako kazi.

Itangazo rya RDB ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, rivuga ko nyuma y’imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize tariki 13 Gicurasi “RDB iramenyesha abantu bose bakora muri serivisi zituma bahura n’abakiliya nka resitora, salon, ndetse n’ahandi kwambara udupfukamunwa igihe cyose bagiye kwakira abakiliya.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize, yemeje ko kwambara agapfukamunwa bitakiri itegeko.

Ingingo C y’igice cya mbere cy’ibyemezo by’Iyi nama y’Abaminisitiri cyagarukaga ku ngamba zo gukumira ikwirakwirarya COVID-19, igira iti “Ntibikiri itegeko kwambara agapfukamunwa. Icyakora, abantu barashishikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahuriye abantu benshi. Abaturage barakangurirwa kandi gukomeza kwipimisha kenshi no kubagiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.”

Bamwe mu baturarwanda bishimiye iki cyemezo cyo gukuraho agapfukamunwa nyuma y’imyaka ibiri bigizwe itegeko.

Gusa hari n’abandi bakomeje kuvuga ko bazakomeza kukambara kugeza igihe bazumva umutimanama wabo ubasaba kugahagarika kuko babizi ko icyorezo cya COVID-19 kigihari.

Itangazo rya RDB risaba abakora muri izi serivisi kwambara udupfukamunwa mu gihe bari kwakira abakiliya, risohotse mu gihe mu Mujyi wa Kigali hakomeje kuvugwa umubare w’abantu benshi barwaye ibicurane byanatumye hari n’abibaza niba ari ibicurane bisanzwe cyangwa ari COVID-19.

Gusa bamwe mu basesengura, banavuga ko ibi bicurane bishobora kuba biterwa no kuba abantu bakuyemo udupfukamunwa bikaba byagize ingaruka ku mwuka batari bamenyereye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twelve + eleven =

Previous Post

IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Next Post

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Related Posts

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

by radiotv10
23/12/2025
0

Nyuma y’imyaka igera kuri ibiri, abaturage bo mu Karere ka Rutsiro na Rubavu batabaje kubera ikibazo cy’umugezi wa Bihongora ugabanya...

IZIHERUKA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules
MU RWANDA

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.