Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa

radiotv10by radiotv10
17/05/2022
in MU RWANDA
0
Abakora muri serivisi zakira abantu basabwe gukomeza kwambara udupfukamunwa
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere RDB burasaba abakora muri serivisi zakira abantu benshi nka resiotora n’inzu zikorera abantu amasuku (Salons) kwambara udupfukamunwa igihe cyose bari muri ako kazi.

Itangazo rya RDB ryasohotse kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gicurasi 2022, rivuga ko nyuma y’imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize tariki 13 Gicurasi “RDB iramenyesha abantu bose bakora muri serivisi zituma bahura n’abakiliya nka resitora, salon, ndetse n’ahandi kwambara udupfukamunwa igihe cyose bagiye kwakira abakiliya.”

Inama y’Abaminisitiri yateranye mu cyumweru gishize, yemeje ko kwambara agapfukamunwa bitakiri itegeko.

Ingingo C y’igice cya mbere cy’ibyemezo by’Iyi nama y’Abaminisitiri cyagarukaga ku ngamba zo gukumira ikwirakwirarya COVID-19, igira iti “Ntibikiri itegeko kwambara agapfukamunwa. Icyakora, abantu barashishikarizwa kwambara agapfukamunwa igihe bari ahantu hafunganye kandi hahuriye abantu benshi. Abaturage barakangurirwa kandi gukomeza kwipimisha kenshi no kubagiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.”

Bamwe mu baturarwanda bishimiye iki cyemezo cyo gukuraho agapfukamunwa nyuma y’imyaka ibiri bigizwe itegeko.

Gusa hari n’abandi bakomeje kuvuga ko bazakomeza kukambara kugeza igihe bazumva umutimanama wabo ubasaba kugahagarika kuko babizi ko icyorezo cya COVID-19 kigihari.

Itangazo rya RDB risaba abakora muri izi serivisi kwambara udupfukamunwa mu gihe bari kwakira abakiliya, risohotse mu gihe mu Mujyi wa Kigali hakomeje kuvugwa umubare w’abantu benshi barwaye ibicurane byanatumye hari n’abibaza niba ari ibicurane bisanzwe cyangwa ari COVID-19.

Gusa bamwe mu basesengura, banavuga ko ibi bicurane bishobora kuba biterwa no kuba abantu bakuyemo udupfukamunwa bikaba byagize ingaruka ku mwuka batari bamenyereye.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − twelve =

Previous Post

IFOTO: Inyana ni iya mweru…Umuhungu wa Cristiano yavugishije benshi

Next Post

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Related Posts

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Nyaruguru, yafashe abagabo batatu bakekwaho ubujura bakoreye umuturage, bibye arenge miliyoni 6 Frw...

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

by radiotv10
26/01/2026
0

Uzwi nka Prophet Joshua uherutse gufungwa akurikiranyweho icyaha cyo kugayisha agaciro k’ifaranga ry’Igihugu kubera ibikorwa yakunze kugaragaramo anyanyagiza amafaranga ayaha...

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

by radiotv10
26/01/2026
0

Ukoresha izina rya Atanya ku rubuga nkoranyambaga rwa TikTok, wavuze ko urubyiruko rw’u Rwanda rukennye bigakurikirwa n'impaka, yavuze ko ariya...

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

The benefits of writing down your daily thoughts and why you should do it

by radiotv10
26/01/2026
0

Journaling is the habit of writing down your thoughts, feelings, and experiences. It may look simple, but it has many...

IZIHERUKA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja
MU RWANDA

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

by radiotv10
26/01/2026
0

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

26/01/2026
Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

26/01/2026
Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

Gen.Muhoozi yamaze impungenge umugore wa Bobi Wine baherutse guterana amagambo

26/01/2026
Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

Umukobwa wavuze ibyakurikiwe n’impaka ndende yahishuye icyabimuteye n’icyakurikiyeho benshi batamenye

26/01/2026
Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

26/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

De Bonheur wigeze kuba Minisitiri yarahiriye kuba Noteri wigenga

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abakekwaho ubujura bw’amamiliyoni bafatanywe ibimenyetso bibashinja

Irebere akarasisi kadasanzwe kamurikiwemo intwaro za rutura mu Buhindi (AMAFOTO)

Uwakunze kugaragara anyanyagiza amafaranga akanabifungirwa yavuze isomo rikomeye byamusigiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.