Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari barataka gusarizwaho n’umwambaro w’akazi

radiotv10by radiotv10
11/08/2021
in MU RWANDA
0
Abamotari barataka gusarizwaho n’umwambaro w’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abamotari babwiye Radio &TV10 Rwanda ko kuri ubu batwara abagenzi batambaye umwenda w’akazi uzwi nka “julet” bitewe n’uko iyo bahawe yabasaziyeho hakaba n’abatarazibonye  barifuzako FERWACOTAMO yajya itanga julet byibura irenze imwe na bwo  muri buri mezi atandatu.

Ubuyobozi bwa FERWACOTAMO bwavuze ko bitarenze uku kwezi kwa Kanama 2021  baraba barangije kuzibagezaho.

Iyo ugenda mu mihanda itandukanye ya Kigali utega moto bimenyerewe ko abazitwara baba bambaye amajile afasha mu kubamenyekanisha ko bakora uwo mwuga, gusa muri iki gihe usanga abazambaye ari mbarwa.

Uyu urebye neza mu bamotari icumi batambuka usanga hagati ya batatu na bane gusa aribo  bazambaye.

Bamwe mu batayambaye bavuze ko babiterwa no kuba izo bahawe mu 2019 zarabasaziyeho kandi ngo iyo batazambaye hari abagenzi banga kubatega cyangwa polisi yabafata ikabaca amafaranga.

Umwe yagize ati “Njyewe sinambaye ijile kuko yacitse, barayiduha ugasanga uyamabara buri munsi kandi ariko uyifura utashye ubwo rero icika vuba. Ikindi ubu iyo ntwaye ntayambaye usanga abagenzi banga kuntega, nahura na polisi nayo ikamfata ikanca amafaranga.”

Abamotari biyemeje kurwanya bamwe muri bagenzi babo bangiza isura y'umwuga  wabo – Panorama

Abamotari barasaba ko bajya bahabwa imyenda y’akazi mu buryo bugezweho

Aba bakora umwuga wo gutwara moto bavuga ko bahitamo kutambara izacuye cyangwa zacikaguritse kuko biteza umwanda bakibifuza ko FERWACOTAMO yajya itanga jile byibura rimwe mu mezi atandatu na bwo igatanga irenze imwe nk’uko bikorwa ubu.

Uyu yabigarutseho agira ati “Njyewe nifuza ko bajya baduha byibura rimwe  mu mezi atandatu bataduhaye rimwe mu myaka ibiri, ikindi na bwo bakaduha byibura eshatu bitari imwe duhabwa”

Abamotari bo mu karere ka Rubavu bakomeje gushyiraho amatsinda yo kurwanya  ibyaha

Moto ni kimwe mu byoroshye ubwikorezi mu Rwanda

Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’abamotari mu Rwanda, Ngarambe Daniel avuga ko ikibazo cy’abatambaye amajile mu kazi bakizi ariko ngo muri uku kwezi kwa Kanama bagiye kugikemura ndetse ngo barateganya kuzabambika amakote.

Ngarambe yagize ati ”Turabizi ko abamotari harimo abadafite amajile ariko turashaka ko uku kwezi gushira bazihawe ndetse turateganya ko hari abazambara amakote na karuvati bakaba basa neza mu kazi”

Mu Rwanda habarirwa aba motari bagera ku bihumbi mirongo ine na bitanu muri bo abagera ku bihumbi makumyabiri na birindwi icyakora muri aba bose hari n’abatarabona ijile na rimwe.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × two =

Previous Post

Amafoto yaranze Lionel Messi yakirwa muri PSG

Next Post

ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.