Tuesday, January 27, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abamotari barataka gusarizwaho n’umwambaro w’akazi

radiotv10by radiotv10
11/08/2021
in MU RWANDA
0
Abamotari barataka gusarizwaho n’umwambaro w’akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Hari abamotari babwiye Radio &TV10 Rwanda ko kuri ubu batwara abagenzi batambaye umwenda w’akazi uzwi nka “julet” bitewe n’uko iyo bahawe yabasaziyeho hakaba n’abatarazibonye  barifuzako FERWACOTAMO yajya itanga julet byibura irenze imwe na bwo  muri buri mezi atandatu.

Ubuyobozi bwa FERWACOTAMO bwavuze ko bitarenze uku kwezi kwa Kanama 2021  baraba barangije kuzibagezaho.

Iyo ugenda mu mihanda itandukanye ya Kigali utega moto bimenyerewe ko abazitwara baba bambaye amajile afasha mu kubamenyekanisha ko bakora uwo mwuga, gusa muri iki gihe usanga abazambaye ari mbarwa.

Uyu urebye neza mu bamotari icumi batambuka usanga hagati ya batatu na bane gusa aribo  bazambaye.

Bamwe mu batayambaye bavuze ko babiterwa no kuba izo bahawe mu 2019 zarabasaziyeho kandi ngo iyo batazambaye hari abagenzi banga kubatega cyangwa polisi yabafata ikabaca amafaranga.

Umwe yagize ati “Njyewe sinambaye ijile kuko yacitse, barayiduha ugasanga uyamabara buri munsi kandi ariko uyifura utashye ubwo rero icika vuba. Ikindi ubu iyo ntwaye ntayambaye usanga abagenzi banga kuntega, nahura na polisi nayo ikamfata ikanca amafaranga.”

Abamotari biyemeje kurwanya bamwe muri bagenzi babo bangiza isura y'umwuga  wabo – Panorama

Abamotari barasaba ko bajya bahabwa imyenda y’akazi mu buryo bugezweho

Aba bakora umwuga wo gutwara moto bavuga ko bahitamo kutambara izacuye cyangwa zacikaguritse kuko biteza umwanda bakibifuza ko FERWACOTAMO yajya itanga jile byibura rimwe mu mezi atandatu na bwo igatanga irenze imwe nk’uko bikorwa ubu.

Uyu yabigarutseho agira ati “Njyewe nifuza ko bajya baduha byibura rimwe  mu mezi atandatu bataduhaye rimwe mu myaka ibiri, ikindi na bwo bakaduha byibura eshatu bitari imwe duhabwa”

Abamotari bo mu karere ka Rubavu bakomeje gushyiraho amatsinda yo kurwanya  ibyaha

Moto ni kimwe mu byoroshye ubwikorezi mu Rwanda

Umuyobozi w’impuzamashyirahamwe y’abamotari mu Rwanda, Ngarambe Daniel avuga ko ikibazo cy’abatambaye amajile mu kazi bakizi ariko ngo muri uku kwezi kwa Kanama bagiye kugikemura ndetse ngo barateganya kuzabambika amakote.

Ngarambe yagize ati ”Turabizi ko abamotari harimo abadafite amajile ariko turashaka ko uku kwezi gushira bazihawe ndetse turateganya ko hari abazambara amakote na karuvati bakaba basa neza mu kazi”

Mu Rwanda habarirwa aba motari bagera ku bihumbi mirongo ine na bitanu muri bo abagera ku bihumbi makumyabiri na birindwi icyakora muri aba bose hari n’abatarabona ijile na rimwe.

Inkuru ya: MURAGIJEMALIYA Juventine/RadioTV10 Rwanda

 

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − two =

Previous Post

Amafoto yaranze Lionel Messi yakirwa muri PSG

Next Post

ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

Related Posts

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

by radiotv10
27/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yamaze gutanga ikirego mu Rukiko Ruhoraho rushinzwe Ubukemurampaka, iregamo iy’u Bwongereza nyuma yo guhagarika amasezerano Ibihugu byombi...

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

by radiotv10
27/01/2026
0

Brigadier General Godfrey Gasana wahoze ari Umugaba Wungirije w’Ingabo zirwanira mu Kirere akaba aherutse kugirwa Umupilote wihariye wa Perezida wa...

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

Perezida na Madamu Jeannette Kagame bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza mpuzamahanga

by radiotv10
27/01/2026
0

Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye ku meza abakora ibikorwa by’ubugiraneza, Bill na Joyce Cummings; ndetse n’abagira uruhare...

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

Ikibazo cy’abarumwa n’imbwa mu Rwanda cyahagurukiwe hanagaragazwa imibare y’uko gihagaze

by radiotv10
27/01/2026
0

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC) ku bufatanye n’Ihuriro ry’Imiryango itari iya Leta, bari mu bukangurambaga bwo gukumira indwara zititaweho, zirimo...

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

Imibare yababanye myinshi ku mibereho yabo nyuma y’iyangirika rikabije ry’igishanga kibafatiye runini

by radiotv10
27/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Karere ka Huye baravuga ko igishanga cya Mukura cyari kibafatiye runini mu mibereho ya buri munsi,...

IZIHERUKA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi
AMAHANGA

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

by radiotv10
27/01/2026
0

Miss Naomie wagaragaje ibya Hoteli Château le Marara yongeye kuvuga nyuma y’icyemezo cyafashwe

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

27/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

27/01/2026
Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

Iby’ingenzi wamenya mu kirego cy’akabakaba Miliyari 100Frw u Rwanda rwarezemo Igihugu cy’i Burayi

27/01/2026
AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

Igisubizo AFC/M23 ihaye abayisaba kurekura ibice yafashe

27/01/2026
Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

Brig.Gen.Gasana uherutse kugirwa Umupilote Wihariye wa Perezida yahererekanyije ububasha n’uwamusimbuye

27/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

ALGERIA: Inkongi y’umuriro yafashe ishyamba yadukiriye abaturage ibatwara ubuzima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amasezerano y’amateka yagezweho hagati y’u Burayi n’u Buhindi

Igisubizo cyihuse Miss Naomie yahaye uwibajije impamvu adatwita

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’Umwarimu wa kaminuza uherutse gufungwa hamwe n’abakobwa batatu

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.