Thursday, June 5, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
19/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abandi Banyapolitiki bakomeye muri USA bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda

Iri tsinda ry'abashingamategeko bayobowe na Senateri Chris Coons

Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagize Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, bagiye kugirira uruzinduko mu Rwanda, aho bazaba bagenzwa n’ibijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa Muntu n’imishyikirano y’u Rwanda na DRC.

Aba basenateri bari mu bagize Inteko Ishinga Amategeko ya Leta Zunze Ubumwe za America, bari mu ruzinduko muri Afurika aho bayobowe na Senateri Chris Coons, banyuze muri Kenya bahura n’Abanyapolitiki bakomeye muri iki Gihugu.

Mu bahuye na bo, barimo Perezida Uhuru Kenyatta uri gusoza manda ze, William Ruto uherutse gutsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu ndetse na Raila Odinga watsinzwe mu matora.

Ijwi rya America, itangaza ko aba bashingamategeko ba Sena ya Leta Zunze Ubumwe za America, bagomba no kugenderera u Rwanda, bakazaganira n’ubuyobozi bukuru bwarwo.

Mu byo bazaganira harimo ibijyanye n’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ndetse n’ibiganiro bigamije kuzahura umubano hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo umaze iminsi urimo igitotsi.

Aba bashingamategeko ba America, bategerejwe mu Rwanda nyuma y’igihe gito iki Gihugu kigiriwemo uruzinduko n’Umunyamabanga w’Igihugu cyabo, Antony Blinken waje ayoboye itsinda ry’abandi banyapolitiki bomuri kiriya Gihugu.

Inteko Ishinga Amategeko ya USA, yakunze kwinjira mu rugamba rwo kotsa igitutu ku Rwanda ngo rurekure Paul Rusesabagina.

Mu cyumeru gishize tariki 10 Kanama 2022, u Rwanda rwakiriye Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, Antony Blinken, warugendereye mu rugendo yari amazemo iminsi ku Mugabane wa Afurika.

Antony Blinken wagiriye urunzinduko mu Rwanda akubutse muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagiranye ikiganiro na Perezida Paul Kagame cyagarutse ku ngingo zinyuranye zirimo ikibazo cya Paul Rusesabagina wahamijwe ibyaha by’iterabwoba agakatirwa gufungwa imyaka 25.

Leta Zunze Ubumwe za America zakunze kotsa igitutu u Rwanda ngo rurekure uyu mugabo, zivuga ko yafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uyu Munyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za America, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru, yongeye gushimangira ko aho Igihugu cye gihagaze kikihakomeye kuko cyemeza ko uyu mugabo ufite uburenganzira bwo gutura muri USA, atahawe ubutabera bunyuze mu mucyo.

Aba bashingamategeko ba USA bakiriwe na william Ruto uherutse kwegukana intsinzi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 2 =

Previous Post

Kayonza: Umuhungu arakekwaho gushuka mugenzi we ngo aze amuhe ubufasha yahagera akamufungirana akamusambanya

Next Post

BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

Related Posts

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb. Ernest Rwamucyo warangije inshingano zo guhagararira u Rwanda mu Muryango w’Abibumbye, yashyikirije Perezida wa Kenya, William Ruto impapuro zo...

Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

by radiotv10
04/06/2025
0

Umuyobozi Wungirije ushinzwe amasomo mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabgayi B mu Karere ka Muhanga, ukurikiranyweho ibikorwa bigize icyaha cy’ihohotera rishingiye...

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

by radiotv10
04/06/2025
0

Abana barenga 200 biga mu bigo bitatu by’amashuri abanza mu Mujyi wa Kigali, bakiriwe na Polisi y’u Rwanda ku Cyicaro...

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

Gatsibo: Aborozi b’inka bari mu rujijo ku ndwara ifite ubukana yadutse mu matungo yabo

by radiotv10
04/06/2025
0

Bamwe mu borozi b’inka bo mu Murenge wa Rwimbogo, baravuga ko hari indwara batazi ikiyitera iri gufata amatungo yabo ku...

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

Uhagarariye u Rwanda muri Canada yagenewe igihembo cya Ambasaderi w’umwaka

by radiotv10
04/06/2025
0

Ambasaderi Higiro Prosper uhagarariye u Rwanda muri Canada, yashyikirijwe igihembo nka Ambasaderi w’umwaka muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa...

IZIHERUKA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye
AMAHANGA

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

by radiotv10
04/06/2025
0

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

04/06/2025
Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

04/06/2025
Umunyemari ukomeye mu Rwanda akurikiranyweho gukoresha inyandiko mpimbano yaka inguzanyo ya Miliyoni 100Frw

Umuyobozi mu Ishuri ryisumbuye uregwa ibirimo ibishingiye ku gusoma umunyeshuri yafatiwe icyemezo

04/06/2025
Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

Polisi yeretse abana ibikorwa byayo birimo ikoranabuhanga rishya ryinjijwe mu by’umutekano wo mu muhanda

04/06/2025
Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

Itangazamakuru ryo muri Congo ryahawe gasopo yo kuvuga kuri Kabila wabaye Perezida

04/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

BREAKING: Liliane uregwa ibiterasoni ararekuwe kandi asomewe itariki yabyo itageze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

BREAKING: AFC/M23 nyuma yo kwakira Kabila yungutse abandi banyapolitiki barimo uw’inararibonye

Amb.Rwamucyo wari uhagarariye u Rwanda muri Loni yashyikirije Perezida wa Kenya impapuro zo kuruhagararirayo

Umukinnyi w’u Rwanda Djabel yatanze umucyo ku cyatumye yangirwa kwinjira muri Algeria

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.