Thursday, January 15, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO

Abantu 15 batawe muri yombi bafatiwe ku mukino wa APR Vs Rayon

radiotv10by radiotv10
24/11/2021
in SIPORO
0
APR ihamije ubushongore n’ubukaka imbere ya Rayon iraza nabi Abareyo babanje kumwenyura
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yafunze abantu 15 bagiye kureba umukino wahuje APR FC na Rayon Sports bazira uburiganya mu kugaragaza ko bipimishije COVID-19, kuko bahimbye ubutumwa bugaragaza ko bipimishije nyamara batarabikoze.

Ubu kujya mu bikorwa bimwe na bimwe nk’ibitaramo, inama ndetse n’imikino, bagomba kugaragaa ko bipimishije icyorezo cya COVID-19 nibura mu masaha 72 kandi bagasanga ari bazima.

Aba bitabira ibi bikorwa, bagaragaza ko bipimishije berekana ubutumwa bugufi bwoherezwa n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuzima RBC iyo ibisubizo by’umuntu bibonetse.

Polisi y’u Rwanda itangaza ko hari abantu bitabira ibikorwa binyuranye nk’imikino ndetse n’ibitaramo, bakagaragaza ubutumwa butari impamo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera yavuze ko no ku mukino wahuje APR FC na Rayon Sports hari abakoze ariya makosa ndetse ko hamaze gufatwa 15.

CP John Bosco Kabera avuga ko uretse kuba bariya bantu bararenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 ahubwo ko biriya bakoze binagize ibyaha.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Rwanda, yagize ati “Kuri aba babihisemo barabibazwa, ku babiteganya bazabibazwa kandi bazafatwa, abantu turabagira inama yo kubivamo bakabireka.”

Yavuze kandi ko n’abategura biriya bikorwa byitabirwa n’abantu bagomba kubanza kugaragaza ko bipimishije COVID-19 na bo bazaryozwa kuba hari ababyitabira bakoresheje ubutumwa bw’ubuhimbano bugaragaza ko bipimishije COVID-19.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + 3 =

Previous Post

Masudi yavuze ko umwaka ushize Rayon yasaga nk’itariho ubu bakaba bari kuyizanzamura

Next Post

IFOTO: Agahinda kamwegekanye n’intwaro ze zose abura ayo acira n’ayo amira

Related Posts

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Cameroun (FECAFOOT), Samuel Eto’o, yahagaritswe imikino ine n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF), azira imyitwarire...

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

APR yihanganishije Rayon ku byago yagize byashenguye Aba-Rayon benshi

by radiotv10
14/01/2026
0

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC bwihanganishije ikipe ya Rayon Sports ku bw’ibyago yagize byo gupfusha uwari umuganga w’iyi kipe Dr....

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

BREAKING: Bitunguranye Umutoza w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yirukanywe

by radiotv10
14/01/2026
0

Ishyirahamwe ry'Umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko Adel Amrouche wari umutoza Mukuru w'Ikipe y'Igihugu Amavubi, yirukanywe nyuma yo gukorerwa...

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

Rayon yagize ibyago ipfusha uwari umaze igihe kinini ayikorera

by radiotv10
14/01/2026
0

Dr. Charles Mugemana wari umaze imyaka irenga 30 ari umuganga w’ikipe ya Rayon Sports, yitabye Imana azize uburwayi yari amaranye...

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

Indi mpamvu ivugwaho gutuma Amagaju yirukana umutoza mukuru n’abandi bose bayo

by radiotv10
12/01/2026
0

Ubuyobozi bw'Ikipe y'Amgaju FC, bwirukanye abatoza bose bayitozaga, ibashinja umusaruro mubi, harimo no kuba banyagiwe ibitego 8-0 na Al Hilal,...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
IFOTO: Agahinda kamwegekanye n’intwaro ze zose abura ayo acira n’ayo amira

IFOTO: Agahinda kamwegekanye n’intwaro ze zose abura ayo acira n’ayo amira

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.