Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero
Share on FacebookShare on Twitter

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya akaba ari na Visi Perezida wa Kabiri w’Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda, yasabye Perezida Paul Kagame, ko inzego ziherutse gukorera insengero igenzura rigasiga hari izifunzwe kuko zitujuje ibisabwa, zakongera zikarikora kugira ngo izabyujuje zikomorerwe, bityo n’abanyamadini bazabone uko bazizihiza iminsi mikuru iteganyijwe.

Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025 mu kiganiro Umukuru w’u Rwanda yagiranye n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Uyu ukuriye Idini ya Islam mu Rwanda yashimiye Ubuyobozi bw’u Rwanda, byumwihariko Perezida Paul Kagame ku bw’uruhare yagize guteza imbere ubumwe bw’Abanyarwanda, binagira uruhare mu myemerere.

Mufti w’u Rwanda yavuze ko abanyamadini na bo biteguye gukomeza gusigasira ubu bumwe bw’Abanyarwanda babinyujije mu nyigisho batanga kugira ngo ibyabaye mu Rwanda biterwe n’amacakubiri yari yarabibwe mu Banyarwanda, bitazongera ukundi.

Yaboneyeho gutanga icyifuzo gifitwe n’abanyamadini baherutse gukorerwa igenzura, ndetse zimwe mu nsengero n’amatorero amwe, bigafungwa, aho hari ibyafunzwe burundu, n’ibyasabwe kugira ibyo bikosora kugira ngo bikomorerwe, aho yavuze ko hari abamaze kuzuza ibyo bari barasabwe, bityo ko hakongera gukorwa irindi suzuma, ku buryo ababyujuje bafungurirwa.

Ati “Dore nyakubahwa hari n’iminsi mikuru, abasilamu turi mu gisibo baturebere iminsi isigaye tuyisengere mu misigiti, hanyuma no ku bandi bayoboke na bo bafite iminsi mikuru irimo Pasika.”

Mu nama ngarukamwaka y’Abayisilamu iherutse kuba, Sheikh Mussa Sindayigaya yatangaje ko mu misigiti 329 yafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, 178 yamaze kuzuza ibisabwa ikaba itegereje uburenganzira bwo kongera gusengerwamo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Next Post

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Related Posts

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

In Kigali today, something new is happening on rooftops. Instead of only seeing water tanks and solar panels, you can...

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abaturarwanda kwitwararika muri ibi bihe bikomeje kugaragaramo ibicurane, inatanga inama z’ibyo abantu bakwiye kubahiriza, birimo gukaraba intoki...

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

by radiotv10
15/11/2025
0

Abadepite basabye Minisitiri w’Ibikorwa Remezo Dr Jimmy Gasore gusobanura impamvu y’amafaranga basaba abaturage bafite ibibanza muri site mbere yo kubaka,...

Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

by radiotv10
15/11/2025
0

Hashize igihe bamwe mu bahinzi b’umuceri bagaragaza ko babangamiwe no kuba beza ariko umusaruro wabo ukabura isoko, mu gihe Minisiteri...

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

by radiotv10
14/11/2025
0

Umushoramari Eugene Nyagahene washinze Sosiyete y'ubucuruzi ya Tele 10 Group, usanzwe anafite Hoteli y’inyenyeri eshanu mu Karere ka Karongi, yatangaje...

IZIHERUKA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs
MU RWANDA

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

by radiotv10
16/11/2025
0

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

15/11/2025
Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

15/11/2025
Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

Leta yagaragarijwe ikititabwaho gishobora kuba gitera amakosa agaragara mu myubakire mu Rwanda

15/11/2025
Rusizi: Ubuyobozi ntibwumva kimwe n’abahinzi b’umuceri ikibazo cyabateye kwiheba

Hatangajwe umuti uri kuvugutirwa ikibazo gikunze gutuma bamwe mu bahinzi barira ayo kwarika

15/11/2025
Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

Umushoramari Eugene Nyagahene nyiri Tele 10 unafite Hoteli ikomeye i Karongi agiye kuhakorera undi mushinga

14/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Urban Farming in Kigali: The Rooftop Revolution Among Young Entrepreneurs

Haravugwa umugambi simusiga uri gutegurwa n’abarimo FARDC n’Igisirikare cy’u Burundi

Hatanzwe umuburo ku ndwara y’ibicurane iri kugaragara mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.