Wednesday, April 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero

radiotv10by radiotv10
17/03/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abanyamadini bagejeje kuri Perezida Kagame icyifuzo ku ngamba ziherutse gufatirwa insengero
Share on FacebookShare on Twitter

Mufti w’u Rwanda, Sheikh Mussa Sindayigaya akaba ari na Visi Perezida wa Kabiri w’Ihuriro ry’Amadini n’Amatorero mu Rwanda, yasabye Perezida Paul Kagame, ko inzego ziherutse gukorera insengero igenzura rigasiga hari izifunzwe kuko zitujuje ibisabwa, zakongera zikarikora kugira ngo izabyujuje zikomorerwe, bityo n’abanyamadini bazabone uko bazizihiza iminsi mikuru iteganyijwe.

Sheikh Mussa Sindayigaya yabitangaje kuri iki Cyumweru tariki 16 Werurwe 2025 mu kiganiro Umukuru w’u Rwanda yagiranye n’abaturage bo mu Mujyi wa Kigali.

Uyu ukuriye Idini ya Islam mu Rwanda yashimiye Ubuyobozi bw’u Rwanda, byumwihariko Perezida Paul Kagame ku bw’uruhare yagize guteza imbere ubumwe bw’Abanyarwanda, binagira uruhare mu myemerere.

Mufti w’u Rwanda yavuze ko abanyamadini na bo biteguye gukomeza gusigasira ubu bumwe bw’Abanyarwanda babinyujije mu nyigisho batanga kugira ngo ibyabaye mu Rwanda biterwe n’amacakubiri yari yarabibwe mu Banyarwanda, bitazongera ukundi.

Yaboneyeho gutanga icyifuzo gifitwe n’abanyamadini baherutse gukorerwa igenzura, ndetse zimwe mu nsengero n’amatorero amwe, bigafungwa, aho hari ibyafunzwe burundu, n’ibyasabwe kugira ibyo bikosora kugira ngo bikomorerwe, aho yavuze ko hari abamaze kuzuza ibyo bari barasabwe, bityo ko hakongera gukorwa irindi suzuma, ku buryo ababyujuje bafungurirwa.

Ati “Dore nyakubahwa hari n’iminsi mikuru, abasilamu turi mu gisibo baturebere iminsi isigaye tuyisengere mu misigiti, hanyuma no ku bandi bayoboke na bo bafite iminsi mikuru irimo Pasika.”

Mu nama ngarukamwaka y’Abayisilamu iherutse kuba, Sheikh Mussa Sindayigaya yatangaje ko mu misigiti 329 yafunzwe kubera kutuzuza ibisabwa, 178 yamaze kuzuza ibisabwa ikaba itegereje uburenganzira bwo kongera gusengerwamo.

Esther Fifi UWIZERA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − four =

Previous Post

Umugaba Mukugu wa RDF Gen.Muganga yitabiriye inama yiga ku bibazo bya Congo

Next Post

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Rubavu: Bavuze ibitabashimisha bituma hari abajya ku Kagari bagasanga katakiri aho gasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.