Monday, September 15, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), banze kwitabira umwiherero w’iyi Nteko wabereye mu Rwanda, bagenzi babo barabategereza barabaheba.

Aba Badepite kandi ntibatanitabiriye ibikorwa by’iyi nteko byabereye muri Uganda, aho bavugaga ko bafite impungenge ku mutekano wabo igihe baba bari i Kampala.

Akaba ari na byo byatumye banga kwinjira mu Rwanda nk’Igihugu kimaze iminsi gifitanye ibibazo n’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa u Rwanda rwo rwakunze kugaragaza ko rutifuriza inabi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abaturage b’iki Gihugu, ndetse n’abanyekongo basanzwe baba mu Rwanda nta na rimwe bigeze bahungabana, na bo ubwabo barabyivugira ko nubwo babonye Abanyarwanda bagirirwa nabi mu Gihugu cyabo [DRC] ariko bo mu Rwanda bisanga.

Ibi bikorwa by’inteko Ishinga Amategeko byabereye mu Rwanda no muri Uganda, byanzuwe tariki 14 Gashyantare, birimo kongerera ubushobozi Abadepite aho mu Rwanda byabaye kuva tariki 15 kugeza 17 Gashyantare.

Iyi komisiyo yafashe iki cyemezo, yari yasabye Abadepite bose kutagira urwitwazo rwo kutitabira iki gikorwa cyabere i Kigali.

Uyu mwanzuro kandi wanagejewe ku Badepite bahagarariye DRC muri iyi nteko aho bari bitabiriye ikindi gikorwa i Nairobi muri Kenya.

Hon Fatuma Ndangiza umwe mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri EALA, ndetse n’Abanyarwanda bari kumwe muri iyi Nteko, bo bahuriye i Kigali ku wa Kabiri tariki 14 Gashyantare, ariko babura bagenzi babo bo muri Congo.

Yavuze ko ibi ari ikimenyetso kitari cyiza, ati “Twakomeje kwibwira ko aba badepite bazaba bahari nk’uko twabyibwiraga i Kampala. Nk’Inteko twari dukwiye kuba twubahiriza gahunda kandi tuzakomeza gusaba Abadepite bose kutarenga ku mabwiriza kuko dufite amategeko asobanutse ajyanye n’imyitwarire.”

Yakomeje avuga ko uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba washyiriweho guhuza imbaraga, bityo rero hatari hakwiye kubaho ikintu nk’iki cyo kudashyira hamwe.

Ati “Rero iyo uhisemo kutaba hamwe n’abandi, bivuze ko uri guteza imbere politiki ya nyamwigendaho. Rero bakwiye kumenya impamvu ari bamwe mu bagize umuryango, ni uguhuza imbaraga, ni ugushyira hamwe.”

Kuba aba badepite bavuga ko bafite impungenge z’umutekano, Fatuma Ndangiza yavuze ko n’ikibazo cy’umutekano w’Igihugu cyabo kiri mu biganza by’uyu muryango batari kwitabirira ibikorwa byawo.

Abandi Badepite bateregeje abo muri DRC baraheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 4 =

Previous Post

Ibirori by’igare byahumuye: I Bugesera hakorewe igisa n’akarasisi kadasanzwe

Next Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Related Posts

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Inteko Ishinga Amategeko yanenze umwanzuro w’iy’Ubumwe bw’u Burayi wo gusaba u Rwanda kurekura vuba na bwangu Ingabire Victoire Umuhoza, ivuga...

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

by radiotv10
15/09/2025
0

Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uregwa ibyaha birimo guhoza ku nkeke uwo bashakanye, yagarutse imbere y’Urukiko, kuburana mu mizi,...

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

by radiotv10
15/09/2025
0

Inkongi y’umuriro yibasiye inzu ituyemo umuryango wo mu Murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, nyuma yuko umukozi wo muri...

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

Bagaragarije ubuyobozi icyatanga umuti w’impanuka n’akavuyo bigaragara mu isantere yabo

by radiotv10
15/09/2025
0

Abo mu Murenge wa Busogo, mu Karere ka Musanze, bavuga ko batewe impungenge n’imodoka zitwara abagenzi ziparika ku bwinshi mu...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
15/09/2025
0

IZIHERUKA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma
MU RWANDA

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

by radiotv10
15/09/2025
0

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

15/09/2025
Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

15/09/2025
Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

Bishop Gafaranga yagarutse imbere y’Urukiko yongera guhita arugezaho icyifuzo

15/09/2025
Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

Uko umwana muto yatabawe bigoranye nyuma yuko aho yari yaryamishijwe hafashwe n’inkongi

15/09/2025
Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

Agashya karanze Weekend: I Roma kwa Papa hagaragaye ibyanyuze benshi

15/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyo Inteko y’u Rwanda ivuga ku cyemezo cy’iy’i Burayi cyanenzwe na Guverinoma

Gen.Makenga Umugaba Mukuru wa AFC/M23 yabwiye abakomando 7.000 binjiye mu gisirikare icyo bagomba kwitegura

Mu butumwa bukomeye Joseph Kabila yageneye Abanyekongo yaberuriye icyo yifuza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.