Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), banze kwitabira umwiherero w’iyi Nteko wabereye mu Rwanda, bagenzi babo barabategereza barabaheba.

Aba Badepite kandi ntibatanitabiriye ibikorwa by’iyi nteko byabereye muri Uganda, aho bavugaga ko bafite impungenge ku mutekano wabo igihe baba bari i Kampala.

Akaba ari na byo byatumye banga kwinjira mu Rwanda nk’Igihugu kimaze iminsi gifitanye ibibazo n’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa u Rwanda rwo rwakunze kugaragaza ko rutifuriza inabi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abaturage b’iki Gihugu, ndetse n’abanyekongo basanzwe baba mu Rwanda nta na rimwe bigeze bahungabana, na bo ubwabo barabyivugira ko nubwo babonye Abanyarwanda bagirirwa nabi mu Gihugu cyabo [DRC] ariko bo mu Rwanda bisanga.

Ibi bikorwa by’inteko Ishinga Amategeko byabereye mu Rwanda no muri Uganda, byanzuwe tariki 14 Gashyantare, birimo kongerera ubushobozi Abadepite aho mu Rwanda byabaye kuva tariki 15 kugeza 17 Gashyantare.

Iyi komisiyo yafashe iki cyemezo, yari yasabye Abadepite bose kutagira urwitwazo rwo kutitabira iki gikorwa cyabere i Kigali.

Uyu mwanzuro kandi wanagejewe ku Badepite bahagarariye DRC muri iyi nteko aho bari bitabiriye ikindi gikorwa i Nairobi muri Kenya.

Hon Fatuma Ndangiza umwe mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri EALA, ndetse n’Abanyarwanda bari kumwe muri iyi Nteko, bo bahuriye i Kigali ku wa Kabiri tariki 14 Gashyantare, ariko babura bagenzi babo bo muri Congo.

Yavuze ko ibi ari ikimenyetso kitari cyiza, ati “Twakomeje kwibwira ko aba badepite bazaba bahari nk’uko twabyibwiraga i Kampala. Nk’Inteko twari dukwiye kuba twubahiriza gahunda kandi tuzakomeza gusaba Abadepite bose kutarenga ku mabwiriza kuko dufite amategeko asobanutse ajyanye n’imyitwarire.”

Yakomeje avuga ko uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba washyiriweho guhuza imbaraga, bityo rero hatari hakwiye kubaho ikintu nk’iki cyo kudashyira hamwe.

Ati “Rero iyo uhisemo kutaba hamwe n’abandi, bivuze ko uri guteza imbere politiki ya nyamwigendaho. Rero bakwiye kumenya impamvu ari bamwe mu bagize umuryango, ni uguhuza imbaraga, ni ugushyira hamwe.”

Kuba aba badepite bavuga ko bafite impungenge z’umutekano, Fatuma Ndangiza yavuze ko n’ikibazo cy’umutekano w’Igihugu cyabo kiri mu biganza by’uyu muryango batari kwitabirira ibikorwa byawo.

Abandi Badepite bateregeje abo muri DRC baraheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 14 =

Previous Post

Ibirori by’igare byahumuye: I Bugesera hakorewe igisa n’akarasisi kadasanzwe

Next Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Related Posts

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

When people think about dehydration, they often imagine one thing: feeling thirsty. While thirst is an early warning sign, dehydration...

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

by radiotv10
17/01/2026
0

Bamwe mu baturage bahingaga mu butaka bari baratijwe na Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya Huye, baravuga ko batangajwe no kubona...

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

by radiotv10
17/01/2026
0

Rwanda today stands as a peaceful, united, and hopeful nation. For many young people, especially Gen Z, this peace feels...

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

IZIHERUKA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)
MU RWANDA

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

by radiotv10
17/01/2026
0

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

17/01/2026
Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

17/01/2026
Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

What Dehydration Does to the Body (Beyond Thirst)

Kaminuza y’u Rwanda iravugwaho ubuhemu n’abo yari yagobotse ikaza kwisubira ibatunguye

Stepping in Rwandan Heroes’ Footsteps: A lesson Gen Z should always keep in mind

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.