Saturday, January 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), banze kwitabira umwiherero w’iyi Nteko wabereye mu Rwanda, bagenzi babo barabategereza barabaheba.

Aba Badepite kandi ntibatanitabiriye ibikorwa by’iyi nteko byabereye muri Uganda, aho bavugaga ko bafite impungenge ku mutekano wabo igihe baba bari i Kampala.

Akaba ari na byo byatumye banga kwinjira mu Rwanda nk’Igihugu kimaze iminsi gifitanye ibibazo n’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa u Rwanda rwo rwakunze kugaragaza ko rutifuriza inabi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abaturage b’iki Gihugu, ndetse n’abanyekongo basanzwe baba mu Rwanda nta na rimwe bigeze bahungabana, na bo ubwabo barabyivugira ko nubwo babonye Abanyarwanda bagirirwa nabi mu Gihugu cyabo [DRC] ariko bo mu Rwanda bisanga.

Ibi bikorwa by’inteko Ishinga Amategeko byabereye mu Rwanda no muri Uganda, byanzuwe tariki 14 Gashyantare, birimo kongerera ubushobozi Abadepite aho mu Rwanda byabaye kuva tariki 15 kugeza 17 Gashyantare.

Iyi komisiyo yafashe iki cyemezo, yari yasabye Abadepite bose kutagira urwitwazo rwo kutitabira iki gikorwa cyabere i Kigali.

Uyu mwanzuro kandi wanagejewe ku Badepite bahagarariye DRC muri iyi nteko aho bari bitabiriye ikindi gikorwa i Nairobi muri Kenya.

Hon Fatuma Ndangiza umwe mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri EALA, ndetse n’Abanyarwanda bari kumwe muri iyi Nteko, bo bahuriye i Kigali ku wa Kabiri tariki 14 Gashyantare, ariko babura bagenzi babo bo muri Congo.

Yavuze ko ibi ari ikimenyetso kitari cyiza, ati “Twakomeje kwibwira ko aba badepite bazaba bahari nk’uko twabyibwiraga i Kampala. Nk’Inteko twari dukwiye kuba twubahiriza gahunda kandi tuzakomeza gusaba Abadepite bose kutarenga ku mabwiriza kuko dufite amategeko asobanutse ajyanye n’imyitwarire.”

Yakomeje avuga ko uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba washyiriweho guhuza imbaraga, bityo rero hatari hakwiye kubaho ikintu nk’iki cyo kudashyira hamwe.

Ati “Rero iyo uhisemo kutaba hamwe n’abandi, bivuze ko uri guteza imbere politiki ya nyamwigendaho. Rero bakwiye kumenya impamvu ari bamwe mu bagize umuryango, ni uguhuza imbaraga, ni ugushyira hamwe.”

Kuba aba badepite bavuga ko bafite impungenge z’umutekano, Fatuma Ndangiza yavuze ko n’ikibazo cy’umutekano w’Igihugu cyabo kiri mu biganza by’uyu muryango batari kwitabirira ibikorwa byawo.

Abandi Badepite bateregeje abo muri DRC baraheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 19 =

Previous Post

Ibirori by’igare byahumuye: I Bugesera hakorewe igisa n’akarasisi kadasanzwe

Next Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Related Posts

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

by radiotv10
09/01/2026
0

Road safety remains a major public concern in Rwanda, especially as the number of vehicles continues to increase. In response...

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
09/01/2026
0

IZIHERUKA

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo
FOOTBALL

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

by radiotv10
09/01/2026
0

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

09/01/2026
Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

09/01/2026
AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

AFC/M23 iravugwaho kongera imbaraga mu gace kamwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

How to Enjoy Your Weekend Without Spending Much Money

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umutoza wa Rayon atanze ubutumwa butanga icyizere ku bakunzi bayo

Eng.-AFC/M23 Reportedly Reinforcing Its Presence in a Certain Area

Key points to know about Rwanda’s new Road Traffic Law

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.