Saturday, November 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu

radiotv10by radiotv10
17/02/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki b’Abanyekongo bakoze ikigaragaza ko bijunditse u Rwanda ntampamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Abadepite bahagarariye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu Nteko Ishinga Amategeko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), banze kwitabira umwiherero w’iyi Nteko wabereye mu Rwanda, bagenzi babo barabategereza barabaheba.

Aba Badepite kandi ntibatanitabiriye ibikorwa by’iyi nteko byabereye muri Uganda, aho bavugaga ko bafite impungenge ku mutekano wabo igihe baba bari i Kampala.

Akaba ari na byo byatumye banga kwinjira mu Rwanda nk’Igihugu kimaze iminsi gifitanye ibibazo n’Igihugu cyabo cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Gusa u Rwanda rwo rwakunze kugaragaza ko rutifuriza inabi Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’abaturage b’iki Gihugu, ndetse n’abanyekongo basanzwe baba mu Rwanda nta na rimwe bigeze bahungabana, na bo ubwabo barabyivugira ko nubwo babonye Abanyarwanda bagirirwa nabi mu Gihugu cyabo [DRC] ariko bo mu Rwanda bisanga.

Ibi bikorwa by’inteko Ishinga Amategeko byabereye mu Rwanda no muri Uganda, byanzuwe tariki 14 Gashyantare, birimo kongerera ubushobozi Abadepite aho mu Rwanda byabaye kuva tariki 15 kugeza 17 Gashyantare.

Iyi komisiyo yafashe iki cyemezo, yari yasabye Abadepite bose kutagira urwitwazo rwo kutitabira iki gikorwa cyabere i Kigali.

Uyu mwanzuro kandi wanagejewe ku Badepite bahagarariye DRC muri iyi nteko aho bari bitabiriye ikindi gikorwa i Nairobi muri Kenya.

Hon Fatuma Ndangiza umwe mu Badepite bahagarariye u Rwanda muri EALA, ndetse n’Abanyarwanda bari kumwe muri iyi Nteko, bo bahuriye i Kigali ku wa Kabiri tariki 14 Gashyantare, ariko babura bagenzi babo bo muri Congo.

Yavuze ko ibi ari ikimenyetso kitari cyiza, ati “Twakomeje kwibwira ko aba badepite bazaba bahari nk’uko twabyibwiraga i Kampala. Nk’Inteko twari dukwiye kuba twubahiriza gahunda kandi tuzakomeza gusaba Abadepite bose kutarenga ku mabwiriza kuko dufite amategeko asobanutse ajyanye n’imyitwarire.”

Yakomeje avuga ko uyu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba washyiriweho guhuza imbaraga, bityo rero hatari hakwiye kubaho ikintu nk’iki cyo kudashyira hamwe.

Ati “Rero iyo uhisemo kutaba hamwe n’abandi, bivuze ko uri guteza imbere politiki ya nyamwigendaho. Rero bakwiye kumenya impamvu ari bamwe mu bagize umuryango, ni uguhuza imbaraga, ni ugushyira hamwe.”

Kuba aba badepite bavuga ko bafite impungenge z’umutekano, Fatuma Ndangiza yavuze ko n’ikibazo cy’umutekano w’Igihugu cyabo kiri mu biganza by’uyu muryango batari kwitabirira ibikorwa byawo.

Abandi Badepite bateregeje abo muri DRC baraheba

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × 5 =

Previous Post

Ibirori by’igare byahumuye: I Bugesera hakorewe igisa n’akarasisi kadasanzwe

Next Post

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Related Posts

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

by radiotv10
22/11/2025
0

Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA/Rwanda Revenue Authority) cyatangaje ko mu mezi ane ashize abiyandikishihe muri gahunda y’ishimwe rihabwa abaka inyemezabwishyu ya...

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

by radiotv10
21/11/2025
0

Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, na we yageneye ubutumwa Perezdia Paul Kagame, amushimira ibiganiro byiza...

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

Eng.-President Kagame honors Emir of Qatar, calls him ‘Brother and Friend’ during State Visit

by radiotv10
21/11/2025
0

President Paul Kagame expressed his gratitude to the Emir of Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, who visited Rwanda...

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

U Rwanda na Congo mu biganiro muri America bemeranyijwe ku birimo icyifujwe cyane

by radiotv10
21/11/2025
0

Mu biganiro byahuje urwego ruhuriweho na Guverinoma y’u Rwanda n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, impande zombi ziyemeje gutera intambwe...

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

Ndashimira umuvandimwe akaba n’inshuti yanjye-Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Emir wa Qatar wasuye u Rwanda

by radiotv10
21/11/2025
0

Perezida Paul Kagame yashimiye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani wagendereye u Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi...

IZIHERUKA

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi
IBYAMAMARE

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

by radiotv10
22/11/2025
0

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

22/11/2025
Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

22/11/2025
Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

Hatangajwe itumbagira ry’umubare w’abiyandikishije muri gahunda y’ishimwe rya EBM rya Rwanda Revenue

22/11/2025
Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

Hashyizwe hanze urutonde rw’abazahatanira ibihembo by’abahize abandi mu magare muri Afurika

21/11/2025
Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

Ubutumwa Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar yageneye Perezida Kagame wamwakiriye akanamugabira

21/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Imyanzuro yafashwe ku bya Congo yajemo ingingo nshya ivuga ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere M.Irene yagize icyo avuga ku by’umuririmbyi Vestine byavugishije benshi

Rwandan-origin contestant advances to the final stage of Miss Belgium

Inama y’Ibihugu 20 bikize ku Isi ikomeje kwenyegeza ibibazo biri hagati ya bibiri birimo icyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.