Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana na Depite Frank Habineza, ntibavuga rumwe ku kuba umubare w’Abadepite mu Rwanda wakongerwa. Umwe avuga ko bikwiye kuko n’umubare w’Abanyarwanda wiyongereye, undi we si ko abibona ati “n’abahari bilan yabo iri ‘critical’.”

Ni impaka zuririye ku cyifuzo giherutse gutangazwa na Perezida mushya wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa watangaje ko iyi Komisiyo yifuza ko amatora y’Abadepite yahuzwe n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Iki cyifuzo cyatangajwe na Oda Gasinzigwa ubwo yari akimara kurahirira uyu mwanya, cyanakiriwe neza na Guverinoma y’u Rwanda ndetse na bamwe mu banyapolitiki bo mu yindi mitwe ya Politiki, bavuze ko byatuma Igihugu gikoresha ingengo y’imari idahanitse.

Iki cyifuzo gishobora kubahirizwa mu gihe byanyura mu nzira ziteganywa n’amategeko, bikaba byatuma Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryongera kuvugururwa.

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikiye na we uri mu bashimye iki cyifuzo, yagaragaje ko mu gihe haba hari gukorwa aya mavugururwa, hari n’ibindi byavugururwa, birimo kongera umubare w’Abadepite kuko Itegeko Nshinga rigenderwaho ubu rigena 80.

Iki cyifuzo agishingira ku kuba umubare w’abaturage yaba ari abemerewe gutora ndetse n’abaturage muri rusange, wariyongereye kuva ubwo hashyirwagaho Itegeko Nshinga rigenderwaho muri iki gihe ryo muri 2003.

Ati “Muri 2003 abatoraga bari nka miliyoni enye kandi n’umubare w’abaturage wari mucye, kandi turibuka ko ejobundi abatoraga bari bageze muri miliyoni zirindwi, biragaraga ko umwaka utaha tuzaba tugeze nko muri miliyoni umunani z’abatora, ni ukuvuga bazaba bikubye inshuro zirenze ebyiri. Bivuga yuko uko abaturage bahagarariwe ntabwo bingana n’umubare uri mu nteko.”

Dr Frank Habineza avuga ko nibura Leta y’u Rwanda yakongeraho nk’Abadepite 20 “bakaba nk’ijana nibura, ariko bishobotse ko banikuba kabiri ku ngengo y’imari y’Igihugu…ariko ikigaragara ni uko umubare w’abahagarariye abaturage ntabwo ungana n’abaturage.”

Dr Frank Habineza avuga ko umubare w’Abadepite ukwiye kongerwa

Hari abaturage babisaba?

Senateri Evode Uwizeyimana wari kumwe na Dr Frank Habineza mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda, yavuze ko kongera umubare w’Abadepiye bifite byinshi bijyana na byo.

Ati “Ni ibintu bikwiye kujyana n’amikoro y’Igihugu kuko aba Badepite barahembwa, bafite ibindi bagenerwa, ibyo ngibyo ababishinzwe babireba hakurikijwe amikoro y’Igihugu, ariko ku bwanjye ndibaza igihe kitaragera ngo abantu bongere umubare w’Abadepite.”

Ni ingingo atahurizagaho na Dr Frank Habineza wavugaga ko Demokarasi ihenda bityo ko amikoro y’Igihugu adakwiye kuzitira kongera umubare w’Abadepite, agakomeza atsindagira ko bikwiye.

Evode yahise asa nk’umuca mu ijambo ati “N’abahari bazabanze bagaragaze bilan [ibyo bakoze] yabo […] n’ubundi bilan yanyu iri critical [iribazwaho]…Ntabwo ntekereza ko uyu munsi hari ikibazo dufite kijyanye no kuba Abadepite dufite ari bacye.”

Dr Frank Habineza wabaye nk’usubiza Senateri Evode, yavuze ko Umutwe w’Abadepite ukora kandi ko hari ibikorwa byinshi ugenda ugeraho birimo gukora amategeko ndetse no gusura abaturage bakamenya ibibazo bafite kugira ngo babigeze kuri Guverinoma.

Hon Evode yongeye gusa nk’umuca mu ijambo, amubaza agira ati “Hari abaturage baba barasabye ko Abadepite bakwiyongera umubare kuko ari bacye?”

Dr Frank yamusubije agira ati “Yego, none se wibwira ko igitekerezo twagikuye mu kirere? Ibitekerezo turimo kuvuga byavuye mu baturage bagaragaza ko badahagarariwe batabona abo Badepite neza.”

Abadepite bariho ubu bagombaga kurangiza manda yabo muri uyu mwaka muri Nyakanga, hagahita hakorwa amatora yabo, gusa mu gihe yahuzwa n’ay’Umukuru w’Igihugu, yazigizwa inyuma akazaba umwaka utaha.

Senateri Evode we abona igihe kitaragera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 + 4 =

Previous Post

Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga

Next Post

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
1

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

Eng.-Fighting between AFC/M23 and its opponents resumes with heavy weapons

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.