Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica

radiotv10by radiotv10
21/03/2023
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abanyapolitiki bazwi mu Rwanda bagiye impaka ku ngiko ikomeye rubura gica
Share on FacebookShare on Twitter

Senateri Evode Uwizeyimana na Depite Frank Habineza, ntibavuga rumwe ku kuba umubare w’Abadepite mu Rwanda wakongerwa. Umwe avuga ko bikwiye kuko n’umubare w’Abanyarwanda wiyongereye, undi we si ko abibona ati “n’abahari bilan yabo iri ‘critical’.”

Ni impaka zuririye ku cyifuzo giherutse gutangazwa na Perezida mushya wa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, Oda Gasinzigwa watangaje ko iyi Komisiyo yifuza ko amatora y’Abadepite yahuzwe n’ay’Umukuru w’Igihugu.

Iki cyifuzo cyatangajwe na Oda Gasinzigwa ubwo yari akimara kurahirira uyu mwanya, cyanakiriwe neza na Guverinoma y’u Rwanda ndetse na bamwe mu banyapolitiki bo mu yindi mitwe ya Politiki, bavuze ko byatuma Igihugu gikoresha ingengo y’imari idahanitse.

Iki cyifuzo gishobora kubahirizwa mu gihe byanyura mu nzira ziteganywa n’amategeko, bikaba byatuma Itegeko Nshinga ry’u Rwanda ryongera kuvugururwa.

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka Riharanira Demokarasi no kurengera Ibidukikiye na we uri mu bashimye iki cyifuzo, yagaragaje ko mu gihe haba hari gukorwa aya mavugururwa, hari n’ibindi byavugururwa, birimo kongera umubare w’Abadepite kuko Itegeko Nshinga rigenderwaho ubu rigena 80.

Iki cyifuzo agishingira ku kuba umubare w’abaturage yaba ari abemerewe gutora ndetse n’abaturage muri rusange, wariyongereye kuva ubwo hashyirwagaho Itegeko Nshinga rigenderwaho muri iki gihe ryo muri 2003.

Ati “Muri 2003 abatoraga bari nka miliyoni enye kandi n’umubare w’abaturage wari mucye, kandi turibuka ko ejobundi abatoraga bari bageze muri miliyoni zirindwi, biragaraga ko umwaka utaha tuzaba tugeze nko muri miliyoni umunani z’abatora, ni ukuvuga bazaba bikubye inshuro zirenze ebyiri. Bivuga yuko uko abaturage bahagarariwe ntabwo bingana n’umubare uri mu nteko.”

Dr Frank Habineza avuga ko nibura Leta y’u Rwanda yakongeraho nk’Abadepite 20 “bakaba nk’ijana nibura, ariko bishobotse ko banikuba kabiri ku ngengo y’imari y’Igihugu…ariko ikigaragara ni uko umubare w’abahagarariye abaturage ntabwo ungana n’abaturage.”

Dr Frank Habineza avuga ko umubare w’Abadepite ukwiye kongerwa

Hari abaturage babisaba?

Senateri Evode Uwizeyimana wari kumwe na Dr Frank Habineza mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo Rwanda, yavuze ko kongera umubare w’Abadepiye bifite byinshi bijyana na byo.

Ati “Ni ibintu bikwiye kujyana n’amikoro y’Igihugu kuko aba Badepite barahembwa, bafite ibindi bagenerwa, ibyo ngibyo ababishinzwe babireba hakurikijwe amikoro y’Igihugu, ariko ku bwanjye ndibaza igihe kitaragera ngo abantu bongere umubare w’Abadepite.”

Ni ingingo atahurizagaho na Dr Frank Habineza wavugaga ko Demokarasi ihenda bityo ko amikoro y’Igihugu adakwiye kuzitira kongera umubare w’Abadepite, agakomeza atsindagira ko bikwiye.

Evode yahise asa nk’umuca mu ijambo ati “N’abahari bazabanze bagaragaze bilan [ibyo bakoze] yabo […] n’ubundi bilan yanyu iri critical [iribazwaho]…Ntabwo ntekereza ko uyu munsi hari ikibazo dufite kijyanye no kuba Abadepite dufite ari bacye.”

Dr Frank Habineza wabaye nk’usubiza Senateri Evode, yavuze ko Umutwe w’Abadepite ukora kandi ko hari ibikorwa byinshi ugenda ugeraho birimo gukora amategeko ndetse no gusura abaturage bakamenya ibibazo bafite kugira ngo babigeze kuri Guverinoma.

Hon Evode yongeye gusa nk’umuca mu ijambo, amubaza agira ati “Hari abaturage baba barasabye ko Abadepite bakwiyongera umubare kuko ari bacye?”

Dr Frank yamusubije agira ati “Yego, none se wibwira ko igitekerezo twagikuye mu kirere? Ibitekerezo turimo kuvuga byavuye mu baturage bagaragaza ko badahagarariwe batabona abo Badepite neza.”

Abadepite bariho ubu bagombaga kurangiza manda yabo muri uyu mwaka muri Nyakanga, hagahita hakorwa amatora yabo, gusa mu gihe yahuzwa n’ay’Umukuru w’Igihugu, yazigizwa inyuma akazaba umwaka utaha.

Senateri Evode we abona igihe kitaragera

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 3 =

Previous Post

Ibyo abafana bakoreye kizigenza wa Football ku Isi ntawabikekaga

Next Post

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Perezida Kagame ari mu Gihugu yagombaga guhuriramo na Tshisekedi mu minsi ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.