Monday, November 17, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abanyarwanda baba mu Bubiligi babucyereye bajya kwakirana ubwuzu Perezida Kagame

radiotv10by radiotv10
17/02/2022
in Uncategorized
0
Abanyarwanda baba mu Bubiligi babucyereye bajya kwakirana ubwuzu Perezida Kagame
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyarwanda baba mu Bubiligi bari mu byishimo byo kwakira Perezida Paul Kagame uyu munsi witabira Inana ya gatandatu ihuza Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) n’wa Afurika Yunze Ubumwe (AU).

Perezida Kagame wamaze kugera i Bruxelles, mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2022, yahuye na Minisitiri w’Intebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis.

Abanyarwanda baturutse mu bice binyuranye byo mu Gihugu cy’u Burayi gisanzwe kinabamo Abanyarwanda benshi, bavuga ko bishimiye kuba Umukuru w’Igihugu cyabo aje mu Gihugu babamo.

Amafoto akomeje kugaragara ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba Banyarwanda babukereye, bafite ibyapa ndetse banambaye inyenda ishyigikira Perezida Kagame kubera ibyiza akomeje kugeza ku Banyarwanda baba abari mu Rwanda ndetse n’ababa mu mahanga bakomeje kugira ijambo.

Iki gikorwa cyo kwakira Perezida Kagame, cyatangiye gutegurwa muri iki cyumweru na Diyasipora Nyarwanda yo mu Bubiligi aho mu gitonco cyo kuri uyu wa Kane tariki 17 Gashyantare 2021 bazindukiye kuri Ambasade y’u Rwanda mu Bubiligi kugira ngo bahahurire.

Amakuru aturuka mu Bubiligi, avuga ko bamaze kwitegura, babanje kwisuzumisha COVID-19 ubundi bakurira imodoka ziberecyeza aho baza gukorera igikorwa cyabo gushyigikira Perezida Paul Kagame.

Amashusho ari ku mbuga nkoranyambaga, agaragaza aba Banyarwanda bari muri Bus, baririmba indirimbo zivuga ibyiza by’u Rwanda, bafite molare.

Iyi nama yitabiriwe na Perezida Paul Kagame, irahuriza hamwe abayobozi muri za Guverinoma z’ibihugu bigize iyi miryango (EU na AU) bagirane ibiganiro bigamije kongerera ingufu imikoranire y’Umugabane w’u Burayi n’uwa Afurika.

Muri iri huriro kandi, biteganyijwe ko abakuru b’ibihugu byo muri iyi miryango baza kugirana ibiganiro biza kuba binarimo impuguke mu nzego zinyuranye, binateganyijwe uyu munsi ubwo iri huriro riza kuba rifunguwe.

Ibi biganiro biribanda ku ngingo zinyuranye zirimo; amahoro, umutekano n’imiyoborere myiza ndetse n’ibijyanye n’ubuzima n’ibyo gukora inkingo.

Nanone kandi ibi biganiro bizagaruka ku bijyanye no kuzamura umukungu, ubuhinzi, iterambere rirambye, uburezi ndetse n’imihindagurikire y’ibihe.

Biteganyijwe ko kandi Perezida Kagame azanabonana n’Umwami w’u Bubiligi, Philippe.

Perezida Kagame i Bruxelles yahuye na Minisitiri w’iIntebe w’u Bugiriki, Kyriakos Mitsotakis
Bagiranye ibiganiro
Bishimiye kwakira Perezida Kagame

Bavuga ko bafite byinshi bashimira Perezida Kagame

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen − 9 =

Previous Post

Undi muntu yakize SIDA: Ibirambuye ku buryo bwakoreshejwe

Next Post

Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Related Posts

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

Being single in your 30s in Africa: Why the pressure?

by radiotv10
26/07/2025
0

In many African communities, turning 30 is seen as a milestone but for those who are single at that age,...

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Ntazinda Erasme wahoze ari Umuyobozi w'Akarere ka Nyanza uregwa Icyaha cy’ubushoreke n’icyo guta urugo, yafatiwe icyemezo cyo kurekurwa nyuma yuko...

IZIHERUKA

Polisi y’u Rwanda irarangisha amafaranga
MU RWANDA

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

by radiotv10
17/11/2025
0

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

17/11/2025
Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

17/11/2025
Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

Andi makuru yamenyekanye kuri dosiye y’ikirego cy’amashusho y’umuhanzi Yampano n’umukunzi we bakora ibyo mu buriri

17/11/2025
Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

17/11/2025
Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

Ubutumwa AFC/M23 yageneye Congo ku gufungura Ikibuga cya Goma no kuyizana mu bibazo byayo n’u Rwanda

17/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Karongi: Umugabo n’umugore bamaze umunsi wose bikingiranye mu nzu bucyeye babasangamo bombi bapfuye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya: Hatangajwe ifungwa ry’Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga

BREAKING: Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Iburengerazuba: Hari itsinda ribahangayikishije rituma bamwe batangiye kwibaza ku hazaza habo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.