Sunday, June 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyarwanda babiri bakurikiranyweho kwicira umuntu muri Uganda bagejejwe imbere y’Urukiko

radiotv10by radiotv10
13/06/2024
in AMAHANGA
0
Abanyarwanda babiri bakurikiranyweho kwicira umuntu muri Uganda bagejejwe imbere y’Urukiko
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo n’umugore we bakomoka mu Rwanda, bakurikiranyweho kwica umusaza bakoreraga muri Uganda, bagejejwe imbere y’Urukiko rwa Kabale, aho umwe muri bo yemeye icyaha cyo kumwivugana.

Abaregwa muri uru rubanza, ni Desire Kwizera w’imyaka 26 na Uwingabire w’imyaka 19, aho bakekwaho kwivugana umusaza witwa Godfrey Twinomujuni Ntegyire w’imyaka 83 tariki 31 z’ukwezi gushize kwa Gicurasi, bakekwaho kumwicira aho yari atuye mu gace ka Karujabura mu Karere ka Kabale.

Uyu nyakwigendera ukekwaho kwicwa n’aba babiri bakomoka mu Rwanda, yari asanzwe azwi mu gace yari atuyemo, aho yari umucuruzi w’ikigage kizwi nka Obushera na Enturire muri Uganda.

Ibyagezweho mu iperereza, bigaragaza ko abakekwaho kwica uyu mukambwe, bahise bamwiba bimwe mu bikoresho bye, birimo matela, Radiyo, ivarisi, igare, amasaha ndetse n’ikarita ya ATM.

Bafashwe tariki 01 Kamena ubwo bari bageze ku mupaka wa Chanika mu Karere ka Kisoro, aho bivugwa ko bari bacitse, bakaza gufatwa na Polisi kuko batari bafite ibyangombwa, bikaza kugaragara ko ari na bo bari bamaze kwivugana uwo musaza.

Mu ibazwa ryabo, umwe mu baregwa muri uru rubanza, ari we Kwizera yemereye inzego z’ubutabera ko yishe uyu musaza Twinomujuni.

Aba bombi, bagejejwe imbere y’Urukiko ku wa Kabiri, aho Umushinjacyaha Rachael Nkanzi, yavuze ko iperereza rigikomeje, mu gihe Umucamanza w’Urukiko rwa Kabale, Julius Mutabaazi, yigije inyuma iburanisha, rikazasubukurwa tariki 27 Kamena 2024, mu gihe abaregwa bo bazakomeza gufungwa.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seven + seven =

Previous Post

Inteko y’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yatangaje inkuru y’akababaro

Next Post

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

Related Posts

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

Uganda ni iyanyu- Gen.Muhoozi yongeye guhamya ko Abanyarwanda n’Abanya-Uganda ari abavandimwe

by radiotv10
27/06/2025
0

Mu butumwa bwanditse mu Kinyarwanda kiyunguruye, Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, General Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda ko mu minsi y’ibiruhuko...

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

Muri Kenya hadutse imyigaragambyo ikaze ifitanye isano n’imaze umwaka ibaye

by radiotv10
25/06/2025
0

Abanya-Kenya ibihumbi n’ibihumbi biraye mu mihanda mu myigaragambyo igamije kwibuka abaguye mu yindi yabaye umwaka ushize muri iki Gihugu cya...

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

Kabila reveals a secret to his successor Tshisekedi, outlining three remaining options

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange, the former President of the Democratic Republic of the Congo(DRC), has presented his successor, Felix Tshisekedi, with...

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

Igihugu cya Zambia ntigikozwa ibyo kuba uwakibereye Perezida yashyingurwa mu kindi

by radiotv10
25/06/2025
0

Leta ya Zambia yatanze ikirego mu Rukiko rwo muri Afurika y’Epfo isaba ko ishyingurwa rya Edgar Lungu wayoboye iki Gihugu...

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

Kabila yibiye ibanga Tshisekedi wamusimbuye agaragaza amahitamo atatu asigaranye

by radiotv10
25/06/2025
0

Joseph Kabila Kabange wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yagaragarije Felix Tshisekedi wamusimbuye, ko asigaranye amahitamo atatu, arimo...

IZIHERUKA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye
IMIBEREHO MYIZA

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

28/06/2025
Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

28/06/2025
Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

Eng.-Key points in the Peace Agreement signed between Rwanda and DRC

28/06/2025
Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

Abandi Bofisiye bakuru mu Ngabo z’u Rwanda barangije amasomo mu Gihugu cy’igituranyi

27/06/2025
“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

“Belgium acts as gatekeeper when Europeans seek partnership with Rwanda”

27/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ambasaderi w’u Burusiya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iby’ingenzi mu masezerano y’amahoro u Rwanda na Congo basinyiye muri America

Rubavu: Amaso yaheze mu kirere ku giceri cya 10Frw bari bizejwe kongererwa ku kazi bakora

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.