Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23

radiotv10by radiotv10
18/02/2025
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye i Bukavu basubiranyeyo ubutumwa bafitiye M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye mu Mujyi wa Bukavu wari umaze igihe warayogojwe n’ibikorwa by’urugomo bya FARDC n’imitwe nka FDLR na Wazalendo, baravuga ko batahutse nyuma yo kumva ko M23 yafashe uyu mujyi, bakaba banayishimira.

Aba Banyekongo basubiye muri uyu Mujyi wa Bukavu ufatwa nk’Umurwa Mukuru wa Kivu y’Epfo, nyuma y’iminsi micye ubohojwe n’umutwe wa M23 wiyemeje guhagarika ibikorwa bibi bya FARDC n’abambari bayo.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ni bwo uyu mutwe wa M23 wemeje ko wafashe uyu Mujyi wa Bukavu, nyuma yuko abasirikare ba FARDC, Ingabo z’Abarundi ndetse n’imitwe nka FDRL na Wazalendo, bari bamaze igihe bakorera urugomo abawutuye, bawuvuyemo biruka.

Uyu mutwe wa M23 watangaje ko ku Cyumweru tariki 16 Gashyantare 2025, abarwanyi bawo baramukiye mu gikorwa cyo gusukura, ngo hagarurwe umutekano mu buryo busesuye, bityo n’abaturage bari bawuhunze babashe gukora imirimo yabo ntacyo bikanga.

Ibi byatumye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 17 Gashyantare 2025, Abanyekongo bari bahungiye mu Rwanda bavuye muri uyu mujyi wa Bukavu batahuka.

Bamwe mu baganiriye n’itangazamakuru, bavuze ko bahisemo gutahuka nyuma yo kumva ko umutwe wa M23 wafashe uyu mujyi kandi bazi ko uyu mutwe uharanira ukwishyira ukizana kw’abaturage, kandi bakaba barumvise ko aho ufashe hose, amahoro ahinda.

Nsimire Mweze yagize ati “Dusubiye iwacu kuko twumvise ko M23 yirukanye abatezaga umutekano mucye, barimo FARDC, Wazalendo, na FDLR.”

Uyu muturage avuga kandi ko ubwo bari FARDC n’abayifasha bari bakiri mu Mujyi wa Bukavu, batagohekaga, kuko babahozaga ku nkeke, babakorera ibikorwa by’urugomo birimo n’ubujura.

Yanashimiye inzego z’umutekano zabafashije gutaha ndetse zikaba zabanje no kubagaburira, kuko bari bamaze igihe batikora ku munwa.

Aba baturage bavuga kandi ko ubwo bageraga mu Rwanda ubwo bahungaga, bakiranywe urugwiro n’inzego z’u Rwanda, kuva bagikandagira i Bugarama mu Karere ka Rusizi.

Uwitwa Mangaza Safi, yagize ati “Inzego z’umutekano zadukuye ku mupaka wa Bugarama, tuvuye mu Kamanyola, zitugeza kuri gasutamo ya Rusizi ya mbere.”

Umutwe wa M23 nyuma yo kubohoza umujyi wa Goma, wahamagariye abandi bose batabona ibintu kimwe n’ubutegetsi buriho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yaba ari abarwanyi ndetse n’abanyapolitiki kubiyungaho kugira ngo barandure akarengane n’ubutegetsi bubi biri mu Gihugu cyabo.

Basubiranyeyo akanyamuneza nubwo bavuyeyo barira
Bavuga ko FARDC n’abambari bayo babahozaga ku nkeke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + eighteen =

Previous Post

Heated exchange in Munich! The EU is groggy! What about Africa?

Next Post

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Related Posts

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi ya Nigeria yarashe ibyuka biryana mu maso mu gutatanya abaturage bigaragambyaga mu mujyi wa Lagos, bamagana ibikorwa byo gusenya...

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Mu rubanza ruburanishwa n’Urukiko Rukuru rwa Gitega mu Burundi ruregwamo abantu 16 baregwa ibikorwa byo kuryamana kw’abahuje ibitsina rwavutsemo impaka...

AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

by radiotv10
28/01/2026
0

Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa yavuze ko kuba iri Huriro ryakorana n’u Rwanda bitavuze ko rurifasha, ahubwo ko hari impamvu...

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukozi w’Imana wo muri Kenya, Paul Nthenge Mackenzie wari umuyobozi w’Itorero rimwe, umaze imyaka itatu atawe muri yombi akurikiranyweho uruhare...

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

Telefone Netanyahu yagaragaye yitabiraho yazamuye impaka

by radiotv10
28/01/2026
0

Ifoto ya Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu imugaragaza ari kuvugira kuri Telefone yagiye yomekwaho utuntu duhisha kamera yayo n’akarango...

IZIHERUKA

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi
FOOTBALL

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Ibidasanzwe byagaragaye ubwo habaga mpanuka iteye ubwoba y’indege yaguye igaramye muri Canada

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.