Abanyeshuri 74 085 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025-2026, mu gikorwa cyatangijwe na Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana wavuze ko ibi bizamini bigaragaza ko aba banyeshuri baba bashobora gushyira mu bikorwa ibyo bize.
Aba batangiye gukora ibizamini ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye by’umwaka wa 2025/2026 ni abiga mu mashami ya Tekiniki, Imyuga n’Ubumenyingiro, abo mu Mashuri Nderabarezi, Ubuforomo, Icungamutungo n’abiga amasomo ya Siyansi.
Yagize ati: “Icyo ibi bizamini bigamije ni ukureba niba ibyo aba banyeshuri bize bashobora kubishyira mu bikorwa. Tuvuge nko kubaka, bashobora kukubwira theory yo kubaka bati ufata itafari, ugashyiraho sima, ukagerekaho irindi tafari, ariko utabikoze. Kuko twese ubu ngubu turabyumva, ariko ntabwo ari ko twese twakubaka. Bo rero (abanyeshuri) barabikora, bagafata itafari bakagereka ku rindi, bagapima, byose bakabikora. Ibi bizamini rero bigamije kwerekana ko ibyo bintu babizi kandi babishoboye.”
Hagenimana Elysee wiga amasomo ajyanye n’ubwubatsi ni umwe mu bagiye gukora ibyo bizamini. Yatubwiye ko, akurikije uko yateguwe, nta kabuza azatsinda.
Yagize ati: “Niteguye neza, baraduhuguye bihagije, ahasigaye ni ahacu ngo dushyiremo imbaraga turebe ko byakunda. Nizeye ko nzatsinda.”
Naho Manishimwe Yvonne, na we wiga ubwubatsi, yavuze ko yizeye gutsinda ku kigero cya 90 ku ijana.
Yagize ati: “Badufashije mu myiteguro, baduteguye neza cyane, badukoresha imyitozo myinshi cyane. Mfite ikizere ko ndi butsinde ku kigero cya 90 ku ijana.”
Irakoze Shukuru ni umwe muri aba banyeshuri twaganiriye bagiye gukora ibyo bizamini ngiro. Avuga ko, akurikije uko bigishijwe ndetse n’uko bateguwe, nta kabuza bazatsinda neza.
Minisitiri w’Uburezi yasabye aba bagiye gukora ibizami kutarangwa n’ubwoba, ndetse avuga ko nta kabuza yizeye ko bazatsinda.
Yagize ati: “Rwose ntibahahamuke kuko iyo uvuze ikizamini hari ukuntu umuntu ahita agira ubwoba. Barize, baratojwe, barimenyereje, turizera ko bazatsinda neza.”
Minisitiri Nsengimana Joseph kandi yakomeje yifuriza aba banyeshuri amahirwe.
Yagize ati: “Turagira ngo tubifurize amahirwe yo gutsinda, bitonde, basome neza ibizamini byabo, babisubize, nta kabuza bazatsinda.”
Aba banyeshuri bagiye gukora ibizami ngiro bya Leta bisoza umwaka w’amashuri wa 2025/2026 bose hamwe ni abakandida 74.085, barimo 70.504 basanzwe biga mu mashuri ndetse n’abandi 3.581 bigenga. Ibyo bizamini bikaba bizakorerwa ku masite 854 hirya no hino mu gihugu, bikazakorwa kuva ku wa 3 kugeza ku wa 22 Kamena 2026.





Emelyne MBABAZI
RADIOTV10






