Monday, August 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

radiotv10by radiotv10
16/07/2021
in MU RWANDA
0
Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage
Share on FacebookShare on Twitter

Ibinyamakuru bitandukanye ku mugabane w’u Burayi birahamya ko abantu 81 baburiye ubuzima mu kiza cy’umwuzure wadukiriye abatuye mu burengerazuba bw’u Budage.

Ibihugu bituranye n’u Budage mu burengerazubwa bwabwo nabo bagezweho n’uyu mwuzure kuko u Bubiligi buri kubara abantu icyenda (9) bahaburiye ubuzima mu gihe Luxermburg n’u Buholandi nabo bagizweho ingaruka n’uyu mwuzure.

Iyi mibare y’abari kuburira ubuzima muri uyu mwuzure ushobora kwiyongera cyane mu duce twa North Rhine-Westphalia na Rhineland-Palatinate.

Abatuye mu gace ka Rhineland-Palatinate barenga 1300 bavuye mu byabo ndetse abayobozi b’inzego z’ibanze bemeza ko kugeza ubu imirongo ya telefoni yacitse ku buryo itumanaho ryabaye ikibazo bityo binagoye kumenya aho bamwe barengeye cyangwa kuba habaho ihanahana ry’amakuru.

Image

Umwuzure watewe n’imvura idasanzwe washegeshe abatuye mu majyaruguru y’u Budage

Minisitiri ureberera utu duce, Roger Lewentz yabwiye ikinyamakuru cya SWR ko kugeza ubu hagati y’abantu 50 na 60 batazi aho baherereye kandi ko buriya ngo iyo umaze akanya utazi amakuru y’umuntu mu gihe cy’ibiza biba biteye ubwoba.

“N’ubwo hari imibare ivugwa y’abantu 81, hari abandi 40, 50 cyangwa 60 tutaramenya aho bari. Kandi birumvikana iyo utazi aho umuntu aherereye mu bihe nk’ibi ntabwo wabura kugira ubwoba” Roger Lewentz

Image

Umwuzure umaze guhitana abarenga 81 mu gihugu cy’u Budage

Image

Inyubako zimwe na zimwe zarengewe n’amazi izindi nazo amazi azigeze hagati

Uyu mwuzure watewe n’imvura idasanzwe iri kugwa mu bice bimwe na bimwe by’u Budage bityo igatuma imigezi nka Rhine yuzure igasendera ikarekura amazi arenga inkombe zayo kimwe mu byatumye abarenga 20 bahita bitaba Imana mu gace ka Euskirchen kari mu burengerazuba bw’iki gihugu.

Abasirikare barenga 1000 boherejwe mu mijyi n’uduce tw’ibyaro twagizweho ingaruka n’uyu mwuzure kuko amwe mu mazu yamaze gusenyuka burundu.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + 3 =

Previous Post

IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?

Next Post

MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

Related Posts

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

by radiotv10
11/08/2025
0

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, General Mubarakh Muganga yahaye ikiganiro urubyiruko ruri mu Itorero Indangamirwa icyiciro cya 15, arugaragariza ko...

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

by radiotv10
11/08/2025
0

The Rwanda Defence Force (RDF) CDS, General MK Mubarakh, has called on the country’s youth to take ownership of Africa’s...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

by radiotv10
11/08/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abagabo babiri bari mu bantu bakekwaho ubwicanyi n’ubujura byakorewe mu Murenge wa Muyumbu mu Karere...

Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

by radiotv10
11/08/2025
3

The digital ID will be issued to Rwandans, refugees, and foreigners, NIDA’s Director General Mukesha Josephine announced on August 7,...

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

E-Sports in Rwanda: Can gaming be a real career?

by radiotv10
11/08/2025
0

In Rwanda and across Africa, digital entertainment is undergoing a quiet revolution. At the center of this change is the...

IZIHERUKA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga
AMAHANGA

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

by radiotv10
11/08/2025
0

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

11/08/2025
Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

11/08/2025
Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

Eng.- RDF Chief urges youth to champion African solutions to African problems

11/08/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Polisi yasobanuye uko byagenze ngo haraswe abagabo babiri bakekwagaho ubwicanyi n’ubujura i Rwamagana

11/08/2025
Eng- To be issued from birth: Key facts about Rwanda’s new National ID

Eng.-The Rwandan digital ID will be issued to citizens, refugees, and foreign residents

11/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyemezo cya Israel cyo gushaka kwigarurira Gaza cyahagurukiwe n’amahanga

Ubutumwa Umugaba Mukuru wa RDF Gen.Muganga yahaye urubyiruko ruri mu Itorero ‘Indangamirwa’

Ukuri kuvugwa ku ifungwa rya Semuhungu Eric uzwi ku mbuga nkoranyambaga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.