Saturday, May 10, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage

radiotv10by radiotv10
16/07/2021
in MU RWANDA
0
Abarenga 80 bahitanwe n’umwuzure wadukiriye Abadage
Share on FacebookShare on Twitter

Ibinyamakuru bitandukanye ku mugabane w’u Burayi birahamya ko abantu 81 baburiye ubuzima mu kiza cy’umwuzure wadukiriye abatuye mu burengerazuba bw’u Budage.

Ibihugu bituranye n’u Budage mu burengerazubwa bwabwo nabo bagezweho n’uyu mwuzure kuko u Bubiligi buri kubara abantu icyenda (9) bahaburiye ubuzima mu gihe Luxermburg n’u Buholandi nabo bagizweho ingaruka n’uyu mwuzure.

Iyi mibare y’abari kuburira ubuzima muri uyu mwuzure ushobora kwiyongera cyane mu duce twa North Rhine-Westphalia na Rhineland-Palatinate.

Abatuye mu gace ka Rhineland-Palatinate barenga 1300 bavuye mu byabo ndetse abayobozi b’inzego z’ibanze bemeza ko kugeza ubu imirongo ya telefoni yacitse ku buryo itumanaho ryabaye ikibazo bityo binagoye kumenya aho bamwe barengeye cyangwa kuba habaho ihanahana ry’amakuru.

Image

Umwuzure watewe n’imvura idasanzwe washegeshe abatuye mu majyaruguru y’u Budage

Minisitiri ureberera utu duce, Roger Lewentz yabwiye ikinyamakuru cya SWR ko kugeza ubu hagati y’abantu 50 na 60 batazi aho baherereye kandi ko buriya ngo iyo umaze akanya utazi amakuru y’umuntu mu gihe cy’ibiza biba biteye ubwoba.

“N’ubwo hari imibare ivugwa y’abantu 81, hari abandi 40, 50 cyangwa 60 tutaramenya aho bari. Kandi birumvikana iyo utazi aho umuntu aherereye mu bihe nk’ibi ntabwo wabura kugira ubwoba” Roger Lewentz

Image

Umwuzure umaze guhitana abarenga 81 mu gihugu cy’u Budage

Image

Inyubako zimwe na zimwe zarengewe n’amazi izindi nazo amazi azigeze hagati

Uyu mwuzure watewe n’imvura idasanzwe iri kugwa mu bice bimwe na bimwe by’u Budage bityo igatuma imigezi nka Rhine yuzure igasendera ikarekura amazi arenga inkombe zayo kimwe mu byatumye abarenga 20 bahita bitaba Imana mu gace ka Euskirchen kari mu burengerazuba bw’iki gihugu.

Abasirikare barenga 1000 boherejwe mu mijyi n’uduce tw’ibyaro twagizweho ingaruka n’uyu mwuzure kuko amwe mu mazu yamaze gusenyuka burundu.

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − sixteen =

Previous Post

IHOHOTERA: “Banyicaje ku mbabura yaka umuriro” ubuhamya bwa Umutoni-MIGEPROF ibibona ite?

Next Post

MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

Related Posts

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro rwafashe icyemezo cyo gufunga by’agateganyo iminsi 30 Moses Turahirwa uzwi mu guhanga imideri wanashinze inzu yayo...

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

by radiotv10
09/05/2025
0

Umugore w’imyaka 58 wo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza ukurikiranyweho kwica umugabo we w’imyaka 80, avuga ko...

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda bwashimiye Imana ku itorwa ry’Umushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi, Nyirubutungane Lewo XIV...

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

Rusizi: Umuyobozi watumye umubiri w’uwazize Jenoside umara imyaka itanu mu Kagari yatangiye gukurikiranwa

by radiotv10
09/05/2025
0

Uwari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kizura mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, yatawe muri yombi nyuma yuko mu...

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

Abapolisi bari bamaze umwaka mu butumwa bakigera mu Rwanda bagarutse ku byo bishimira bakoze

by radiotv10
09/05/2025
0

Ubuyobozi bw’Abapolisi bavuye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika ya Centrafrique, bwagarutse ku byo bakoze mu gihe cy’umwaka bakoze ibikorwa bitandukanye...

IZIHERUKA

Inama idasanzwe ya Njyanama y’Akarere ka Nyanza yeguje Mayor Ntazinda
Uncategorized

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

by radiotv10
09/05/2025
0

Moses Turahirwa imbere y’Urukiko yafashwe n’ikiniga akora ibyazamuye amarangamutima

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

09/05/2025
Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

09/05/2025
Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

Kimwe mu biteye amatsiko wamenya ku Mushumba mushya wa Kiliziya Gatulika ku Isi

09/05/2025
AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

AMAFOTO: Mu Burusiya habaye ibirori by’akataraboneka byaranzwe n’akarasisi kamurikiwemo intwaro zikomeye

09/05/2025
Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

Ubutumwa bwa Kiliziya Gatulika mu Rwanda ku itorwa rya Papa mushya

09/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

MU MAFOTO: Ibyishimo by’abafana bakurikiye Tour de France 2021 iri kugana ku musozo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwari Umuyobozi w’Akarere waregwaga ubushoreke yafatiwe icyemezo gishingiye ku ibaruwa yanditswe n’umugore we

AMAKURU MASHYA: Moses Turahirwa yafatiwe icyemezo cyo gufungwa

Umugore uregwa kwica umugabo we amuziza kumumenera ifu y’ubugari yabivuzeho ibyumvikamo kubigambirira

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.