Saturday, May 24, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abarimo ‘Capitaine’ b’igisirikare cya Congo biciwe mu mirwano yabahuje n’imitwe irimo urwanya u Burundi

radiotv10by radiotv10
07/05/2025
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
DRCongo: Abasirikare babiri bikekwa ko bari baganjijwe na manyinya bishe barashe abantu 15
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare babiri bo mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) barimo ufite ipeti rya ‘Capitaine’ bivuganywe n’igico batezwe n’abarwanyi b’imitwe irimo uwa RED-Tabara urwanya ubutegetsi bw’u Burundi.

Aba basirikare babiri bo mu Ngabo za DRC, baguye muri iyo mirwano yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 06 Gicurasi 2025 muri Gurupoma ya Bijombo muri Teritwari ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Amakuru dukesha ikinyamakuru ACTUALITE.CD gikorera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, avuga ko uretse umusirikare ufite ipeti rya Capitaine, hanapfuye uwari ufite ipeti rya Adjudant muri FARDC.

Bahitanywe n’igico batezwe n’ihuriro rizwi nka Android, umutwe wa RED-Tabara urwanya Ubutegetsi bw’u Burundi ufite ibirindiro mu mashyamba ya DRC, ndetse n’umutwe w’Abanyekongo uzwi nka Twirwaheno.

Iki gitangazamakuru kivuga ko iki gico n’imirwano byahitanye abasirikare babiri mu Ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), cyabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri mu duce twa Mugeti na Muravya, mu misozi miremire ya Uvira mu Ntara ya Kivu y’Epfo.

Iyi mirwano yabaye mu gihe hamaze iminsi hanavugwa indi ikomeye ihanganishije igisirikare cya DRC gifatanyije n’umutwe wa Wazalendo bamaze iminsi bahanganyemo n’abarwanyi ba AFC/M23 mu bice by’imisozi miremire muri Uvira, aho bivugwa ko uyu mutwe urwanya ubutegetsi bwa Congo uri gufashwa n’abarimo iri Huriro rizwi nka Android, RED-Tabara na Twirwaheno.

Umutwe wa RED-Tabara uvugwa muri iyi mirwano yahitanye abasirikare babiri ba Congo, usanzwe urwanya ubutegetsi bw’u Burundi na bwohereje abasirikare gufasha FARDC kurwanya umutwe wa M23.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − two =

Previous Post

Hamenyekanye amakuru y’undi mukinnyi mu Rwanda wahagaritse ruhago akiri muto akajya mu mahanga

Next Post

Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana

Related Posts

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Umunyapolitiki Gaston Sindimwo wabaye Visi Perezida w’u Burundi ku buyobozi bwa Pierre Nkurunziza, yavuze ko ubwo umubano w’iki Gihugu n’u...

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

by radiotv10
23/05/2025
0

Sena ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yafashe icyemezo cyo kwambura ubudahangarwa, Joseph Kabila wabaye Perezida w’iki Gihugu, ku buryo...

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

Igihano cy’imirimo y’agahato cyakatiwe uwabaye Minisitiri w’Intebe wa Congo gikomeje kuzamura impaka

by radiotv10
22/05/2025
0

Nyuma yuko Augustin Matata Ponyo wabaye Minisitiri w’Intebe wa DRC akatiwe imyaka 10 yo gukora imirimo y’agahato, hazamutse impaka, z’ababishyigikiye...

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

Burundi: Ibiri kuvugwa mu mpaka zazamuwe no gushyira mu kiruhuko Lt.Gen.Gervais

by radiotv10
21/05/2025
0

Nyuma yuko Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye ashyize mu kihuruko cy’izabukuru, Lieutenant General de Police Gervais Ndirakobuca atarageza igihe cyo...

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

Umunyapolitiki wagize umwanya wo hejuru muri Congo yakatiwe gukora imirimo ivunanye

by radiotv10
21/05/2025
0

Augustin Matata Ponyo wagize imyanya mu nzego zo hejuru muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nko kuba yarabaye Minisitiri w’Intebe,...

IZIHERUKA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho
AMAHANGA

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

by radiotv10
23/05/2025
0

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

23/05/2025
AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

23/05/2025
Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

Icyo iperereza ry’ibanze ryagaragaje ku banyamahanga batatu bafungiye mu Rwanda

23/05/2025
U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

U Rwanda rwabonye umushya uruhagararira muri LONI wakoze mu nzego nkuru zarwo

23/05/2025
Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

Hafashwe icyemezo ku kwambura ubudahangarwa Kabila wabaye Perezida wa Congo

23/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana

Hagaragaye kutavuga mu buryo bweruye ubwo Ntazinda yagezwaga mu Rukiko ariko ibyo aregwa biramenyekana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Uwabaye V/Perezida w’u Burundi ku bwa Nkurunziza yavuze uko Perezida Kagame yajyaga amumutumaho

Ubundi butumwa bwagenewe abanyamakuru bakora ibiganiro bya Siporo mu Rwanda

AMAFOTO: Abiga mu ishuri ribanza basuye Polisi bagaragarizwa ibyo ikora nabo bagerageza bimwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.