Thursday, January 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo General basezerewe mu ngabo bizeza RDF gukomeza kuba abagize umuryango wayo

radiotv10by radiotv10
16/07/2022
in MU RWANDA
0
Abarimo General basezerewe mu ngabo bizeza RDF gukomeza kuba abagize umuryango wayo

Bahawe icyemezo nk'ishimwe ryuko bakoreye RDF

Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda bwakoze umuhango wo gusezerera bamwe mu basirikare barimo abagiye mu kiruhuko cy’izabukuru n’abasoje amasezerano y’akazi, bizeza RDF gukomeza kuyibera abagize umuryango wayo.

Uyu muhango wabereye ku cyicaro gikuru cy’Igisirikare cy’u Rwanda ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, wayobowe na Minisitiri w’Ingabo, Maj Gen Albert Murasira wari uhagararariye Umugaba w’Ikirenge wa RDF, akaba na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame

Uyu muhango kandi warimo Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura, abayobozi b’inzego za RDF, abandi Bajenerali ndetse n’abandi basirikare bakuru.

Maj Gen Murasira yashimiye aba basezerewe ndetse n’imiryango yabo yababaye hafi, n’ubwitange bwo gukorera Igihugu cyababyaye.

Maj Gen Ferdinand Safari wavuze mu izina ry’abasezerewe, yashimiye Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda ku bw’imiyoborere n’umurongo we uhamye watumye umuryango w’Igisirikare cy’u Rwanda ukomeza kugira ingufu.

Yavuze ko nubwo bagiye mu kiruhuko ariko bazakomeza kuba abagize Umuryango wa RDF kandi ko bazakomeza gutanga umusanzu wabo mu iterambere ry’u Rwanda.

Maj Gen Ferdinand Safari, uri mu basezerewe, yabaye mu buyobozi bwa RDF aho yigeze kuba Umuyobozi Mukuru wa Politiki n’Igenamigambi mu gisirikare cy’u Rwanda ndetse akaba yarabifatanyije no kuba Umuvugizi w’agateganyo muri 2017 ubwo icyo gihe yari afite ipeti rya Brigadier General.

Minisitiri w’Ingabo yabashimiye uruhare bagize
Umuhango warimo abasirikare bakuru basanzwe bari mu buyobozi bwa RDF
Bavuze ko bazakomeza kuba mu muryango wa RDF

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 10 =

Previous Post

Rubavu: Abanyeshuri bagiye gufata indangamanota bababuza kwinjira mu kigo kuko batishyuye ay’ibiryo

Next Post

Kayonza: Umugabo arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu abanje kumukubita rugondihene

Related Posts

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

In many schools in Rwanda, students are told they must speak English. Sometimes, if a child speaks Kinyarwanda, they get...

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru Sylivanus Karemera wamaze igihe akorera Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru akaza guhagarikirwa rimwe n’abandi benshi bagikoragamo, yahawe inshingano mu buyobozi bw’ikindi...

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

by radiotv10
22/01/2026
0

Nkurikiyumukiza Daniel wari uzwi ku izina rya Rujanga  wabonywe yinjira mu kabari kazwi nko kwa Mukubite umwice kabarizwa mu kagari ka...

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

by radiotv10
22/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baravuga ko ubujura bwa Kashipawa (Cash Power) bwafashe...

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

by radiotv10
22/01/2026
0

Umugabo n'umugore bo mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bafashwe bakekwaho gutanga ruswa y'ibihumbi 50 Frw nyuma yo...

IZIHERUKA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’
IMIBEREHO MYIZA

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

by radiotv10
22/01/2026
0

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

22/01/2026
Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

22/01/2026
Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

Ubujura bukabije bwa Kashipawa bavuze abo babukekaho n’impamvu babishingiraho

22/01/2026
Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

Irebere igihembo cy’akataraboneka cyashyikirijwe wa mufana wa Congo wabaye ikimenyabose

22/01/2026
Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

Umugabo n’umugore bafatiwe mu bitemewe bashaka kubisimbuka bisanga bakoze ikindi cyaha

22/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Kayonza: Umugabo arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu abanje kumukubita rugondihene

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Learning English Shouldn’t Mean Losing Our Mother Tongue, ‘Ikinyarwanda’

Umunyamakuru ufite uburambe mu Rwanda yahawe inshingano zo hejuru nyuma y’umwaka ahagaritswe n’igitangazamakuru yakoreraga

Nyamasheke: Yasanzwe yapfuye ari ku muryango w’akabari bivugwa ko yaraye akubitiwemo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.