Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, na Mukasharangabo Theodette bakurikiranyweho urupfu rwa Mivumbi Joseph w’imyaka 68 wo mu murenge wa Nzahaha wabuze mu ntangiriro z’ukuboza umwaka ushize akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu itaruzura yarapfuye.
Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’ umurenge wa Nzahaha avuga ko Mivumbi Joseph wabarizwaga mu mudugudu wa Gasave mu kagari ka Rwinzuki mu murenge wa Nzahaha yakoraga ibiraka bijyanye n’ubwubatsi ariko aza kubura ndeste umuryango we umenyesha ubuyobozi ariko ntihamenyekana irengero rye.
Icyakora mbere yo kuburirwa irengero, uyu musaza ngo yakundaga kugenda mu rugo rwa Mukasharangabo Theodette ruri mu murenge wa Rwimbogo ahakora ibiraka by’ubwubatsi mu bihe bidandukanye ndeste n’ubwo yaburaga ab’iwe baje kubaza niba yarahageze ariko bababwira ko ntawe babonye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo Joas Nzayishima avuga ko mu rugo nyakwigendera yakundaga kuza gukoramo ibiraka hari inzu itaruzura irimo icyobo imbere ari cyo yaje gusangwamo yarapfuye nyuma y’uko hari abagize amakenga.
Gitifu Joas ati “Mivumbi rero ngo yakundaga kujya muri urwo rugo. Umuryango we babajije ahantu hose bagera no kwa Theodette bababwira ko natwe babonye, muri urwo rugo rero hakaba hari inzu nshyashya irimo icyobo bayubakiyeho, ni ho rero byanahereye gukeka kuko hari abibazaga impamvu icyobo kiri munzu. Haje kubaho kuganira n’abaturage hagira abavuga ko bigeze kumva umunuko iminsi nk’ibiri, duhera kuri ayo makuru dushakisha kuko hari abakekaga ko Mivumbi yishwe akajugunywamo, hafatwa icyemezo cy’uko icyo cyobo cyacukurwa bikozwe dusanga mo umubiri wa Mivumbi ”.
Mu gihe nyiri urwo rugo Mukasharangabo Theodette ari nawe Mivumbi ajyaga akorera yahise atabwa muri yombi ako kanya, Ngendahayo Evaritse wari mutekano mu mudugudu wa Batura nawe yaje gufatwa nyuma y’uko bimenyekanye ko ari we wagiye gushaka abafundi bo gupfundikira icyo cyobo bivugwa ko gifite hagati ya metero 10 na 15 ndeste iyo mirimo igakorwa ahari.
Amakuru yatanzwe n’abaturage avuga ko icyo cyobo cyari gisanzwe kiriho beto (gipfundikiye) bikumvikana ko mbere y’uko ajugunywamo babanje kugisenya bamara kumushyiramo bakongera gushyiraho gupfundikira.
Nyiri uru rugo na Mutekano bakekwa ho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu musaza bafungiye kuri RIB station ya Nyakarenzo ikorera mu murenge wa Gashonga mu gihe iperereza rigikorwa ngo hamenyekane icyateye uru rupfu rwari rwaratinze kumenyekana.
Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Rwimogo Joas Nzayishima asaba abaturage kwimakaza umuco wo kwihutira gutanga amakuru mu gihe bumvise igiteye inkeke kuko byafasha inzego z’ubuyobozi gukurikirana bwangu no gukumira icyaha kitaraba.
Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10







