Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
Share on FacebookShare on Twitter

Ngendahayo Evariste wari ushinzwe umutekano mu mudugudu wa Batura mu kagari ka Karenge ho mu murenge wa Rwimbogo mu Karere ka Rusizi, na Mukasharangabo Theodette bakurikiranyweho urupfu rwa Mivumbi Joseph w’imyaka 68 wo mu murenge wa Nzahaha wabuze mu ntangiriro z’ukuboza umwaka ushize akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu itaruzura yarapfuye.

Amakuru atangwa n’ubuyobozi bw’ umurenge wa Nzahaha  avuga ko Mivumbi Joseph wabarizwaga mu mudugudu wa Gasave mu kagari ka Rwinzuki mu murenge wa Nzahaha yakoraga ibiraka bijyanye n’ubwubatsi ariko aza kubura ndeste umuryango we umenyesha ubuyobozi ariko ntihamenyekana irengero rye.

Icyakora mbere yo kuburirwa irengero, uyu musaza ngo yakundaga kugenda mu rugo rwa Mukasharangabo Theodette ruri mu murenge wa Rwimbogo ahakora ibiraka by’ubwubatsi mu bihe bidandukanye ndeste n’ubwo yaburaga ab’iwe baje kubaza niba yarahageze ariko bababwira ko ntawe babonye.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Rwimbogo Joas Nzayishima avuga ko mu rugo nyakwigendera yakundaga kuza gukoramo ibiraka hari inzu itaruzura irimo icyobo imbere ari cyo yaje gusangwamo yarapfuye nyuma y’uko hari abagize amakenga.

Gitifu Joas ati “Mivumbi rero ngo yakundaga kujya muri urwo rugo. Umuryango we babajije ahantu hose bagera no kwa Theodette bababwira ko natwe babonye, muri urwo rugo rero hakaba hari inzu nshyashya irimo icyobo bayubakiyeho, ni ho rero byanahereye gukeka kuko hari abibazaga impamvu icyobo kiri munzu. Haje kubaho kuganira n’abaturage  hagira abavuga ko bigeze kumva umunuko iminsi nk’ibiri, duhera kuri ayo makuru dushakisha kuko hari abakekaga ko Mivumbi yishwe akajugunywamo, hafatwa icyemezo cy’uko icyo cyobo cyacukurwa bikozwe dusanga mo umubiri wa Mivumbi ”.

Mu gihe nyiri urwo rugo Mukasharangabo Theodette ari nawe Mivumbi ajyaga akorera yahise atabwa muri yombi ako kanya, Ngendahayo Evaritse wari mutekano mu mudugudu wa Batura nawe yaje gufatwa nyuma y’uko bimenyekanye ko ari we wagiye gushaka abafundi bo gupfundikira icyo cyobo bivugwa ko gifite hagati ya metero 10 na 15 ndeste iyo mirimo igakorwa ahari.

Amakuru yatanzwe n’abaturage avuga ko icyo cyobo cyari gisanzwe kiriho beto (gipfundikiye) bikumvikana ko mbere y’uko ajugunywamo babanje kugisenya bamara kumushyiramo bakongera gushyiraho gupfundikira.

Nyiri uru rugo na Mutekano bakekwa ho kugira uruhare mu rupfu rw’uyu musaza bafungiye kuri RIB station ya Nyakarenzo ikorera mu murenge wa Gashonga mu gihe iperereza rigikorwa ngo hamenyekane icyateye uru rupfu rwari rwaratinze kumenyekana.

Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’umurenge wa Rwimogo Joas Nzayishima asaba abaturage kwimakaza umuco wo kwihutira gutanga amakuru mu gihe bumvise igiteye inkeke kuko byafasha inzego z’ubuyobozi gukurikirana bwangu no gukumira icyaha kitaraba.

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 + 1 =

Previous Post

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Related Posts

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

by radiotv10
03/02/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yatanze ubufasha burimo ibiribwa n’imiti nyuma y’ibiza by’imyuzure byibasiye iki Gihugu byasize abakabakaba ibihumbi 400 badafite aho...

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

by radiotv10
03/02/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yibukije abantu ko kuba ababyeyi bitabaha uburenganzira bwo guhohotera abana babo,...

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

by radiotv10
03/02/2026
0

Nzabamwita Foromina wo mu kagari ka Mpumbu mu murenge wa Bushekeri uherutse kubwirwa n’uwo abereye nyina wabo  bapfaga umugabo ko ukwezi...

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

by radiotv10
03/02/2026
0

Valens Rwamukwaya wamaze imyaka 38 mu mwuga w’itangazamakuru, irimo 28 yakoreye ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru RBA nk’umukozi ufata amashusho, yitabye Imana....

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

Rusizi: Umugabo aravugwaho gutinga mugenzi we ufite uburwayi bwo mu mutwe umugore watambukaga akamumukuraho

by radiotv10
03/02/2026
0

Ngendahimana Jacques wo mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye aravugwaho kwihererana umusore w’imyaka 25 ufite uburwayi bwo mu...

IZIHERUKA

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse
MU RWANDA

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

by radiotv10
04/02/2026
0

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

03/02/2026
Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

03/02/2026
Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

Dr.Murangira yagize icyo avuga ku wagaragaye ahohotera umwana ngo akurure abamureba ku mbuga nkoranyambaga

03/02/2026
Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

Nyamasheke: Umugore uherutse guteguzwa kugirirwa nabi n’uwo bapfaga umugabo yishwe ashinyaguriwe

03/02/2026
Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

Rwamukwaya wamaze imyaka 30 mu mwuga w’itangazamakuru wanakoreye RBA yitabye Imana

03/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abarimo mutekano bakurikiranyweho urupfu rw’uwari amaze amezi abiri abuze akaza kuboneka mu cyobo kiri mu nzu y’uwo yakoreraga

Ubuhanuzi Bruce Melodie yabwiwe n’uwahanuriye ibindi byamamare nyarwanda ibitarasohoye

Amakuru mashya: U Rwanda rwaherereje Mozambique ubutabazi nyuma y’ibiza bikomeye byayibasiye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.