Wednesday, May 14, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena
Share on FacebookShare on Twitter

Sena y’u Rwanda yasuzumye inemeza dosiye za bamwe mu bayobozi baherutse guhabwa inshingano barimo Aurore Mimosa Munyangaju wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, aho Inteko Rusange ya Sena yasuzumaga dosiye z’aba bayobozi baherutse guhabwa inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 18 Ukwakira 2024 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Aurore Mimosa Munyangaju wigeze kuba Minisitiri wa Siporo, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda Luxembourg, ndetse na Uwase Patricie wagizwe Umuyobozi Mukuru wa Ikigo cya RCI, bemejwe n’Inteko Rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Kane.

Sena y’u Rwanda igira iti “Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, yasuzumye dosiye zabo yasanze bafite ubushobozi bwo kuzuza inshingano.”

Uwase Patricie na we yigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, kuko yabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kuva muri 2022 kugeza muri Kamena uyu mwaka wa 2024. Muri iyi Minisiteri, kandi Uwase yanayibereye Umunyamabanga Uhoraho.

Nanone kandi Inteko Rusange ya Sena yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’ikigega Agaciro Development Fund.

Sena y’u Rwanda ivuga ko “Komisiyo y’iterambere ry’Ubukungu n’Imari yasuzumye dosiye ye ikagirana na we ikuganiro, yasanze afite ubumenyi, ubushobobozi, ubunararibonye bizamufasha kuzuza inshingano ze.”

Aba bayobozi bemejwe na Sena y’u Rwanda, bashyizwe mu myanya mu cyumweru gishize, mu mavugurura yakozwe mu n’Inama y’Abaminisitiri, yahise anakurikirwa n’ayabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yasize uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana n’uwari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ildephonse Musafiri basimbuwe.

Aurore Mimosa Munyangaju yemejwe na Sena ku mwanya wa Ambasaderi
Na Uwase Patricie wemejwe nk’Umuyobozi Mukuru wa RCI
Dosiye zabo zasuzumwe na Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano
Hanemejwe kandi Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund
Dosiye ye yasuzumwe na Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × three =

Previous Post

Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima

Next Post

Hasobanuwe iby’undi murwari wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Related Posts

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

by radiotv10
14/05/2025
0

Umuturage wo mu Kagari ka Rebero mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi, arasaba ubuyobozi bw’Akarere kumurenganura nyuma yo...

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

by radiotv10
14/05/2025
0

Bamwe mu bazi umugabo mu Karere ka Nyanza ukekwaho kwica umwana we yibyariye akamuca umutwe, bavuga ko ashobora kuba yaramujije...

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

Rubavu: Hari ahavugwa urugomo rw’abantu bataramenyekana baba banitwaje intwaro gakondo

by radiotv10
14/05/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bavuga ko batagipfa kunyura mu nzira iva isantere ya Mahoko yerecyeza...

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

Past.Julienne yashyize umucyo ku bitangazwa ku mbuga nkoranyambaga bamwe bakagira ngo ni we

by radiotv10
13/05/2025
0

Umukozi w’Imana Pastor Julienne Kabanda Kabirigi uherutse gufungirwa umuryango ushingiye ku myerereye ‘Grace Room Ministries’ ayobora, yasabye abantu kuba maso...

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

Ibyo wamenya ku ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe umutekano wo mu mazi

by radiotv10
13/05/2025
0

Ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi, ni rimwe mu ya Polisi y'u Rwanda, benshi babona iyo ryiyambajwe igihe habaye impanuka...

IZIHERUKA

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru
FOOTBALL

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

by radiotv10
14/05/2025
0

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

14/05/2025
Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

14/05/2025
Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

Abazi umugabo ukekwaho kwica umwana we yibyariye bavuze ibyo bakeka

14/05/2025
AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

AFC/M23 yagaragaje ko yababajwe n’urupfu rw’uwo iherutse guha inshingano

14/05/2025
Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

Ubuhamya bw’awari umukunzi w’umuhanzi w’ikirangirire P.Diddy bwahishuye byinshi ku byo aregwa

14/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Hasobanuwe iby’undi murwari wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Robertinho yahaye nyirantarengwa Rayon ngo imwishyure Miliyoni 28Frw cyangwa akayizamura hejuru

Icyo M23 iteganya gukorera abarwanyi ba FDLR ikomeje kuvumbura mu bice by’i Goma

Ibyakurikiye kwanga icyifuzo cy’Umuyobozi ku isambu amaranye imyaka 30 byamusize mu ihurizo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.