Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena

radiotv10by radiotv10
24/10/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abarimo uwabaye Minisitiri wa Siporo baherutse guhabwa inshingano babanje kunyura imbere ya Sena
Share on FacebookShare on Twitter

Sena y’u Rwanda yasuzumye inemeza dosiye za bamwe mu bayobozi baherutse guhabwa inshingano barimo Aurore Mimosa Munyangaju wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda muri Luxembourg.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 24 Ukwakira 2024, aho Inteko Rusange ya Sena yasuzumaga dosiye z’aba bayobozi baherutse guhabwa inshingano n’Inama y’Abaminisitiri yateranye tariki 18 Ukwakira 2024 iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.

Aurore Mimosa Munyangaju wigeze kuba Minisitiri wa Siporo, wagizwe Ambasaderi w’u Rwanda Luxembourg, ndetse na Uwase Patricie wagizwe Umuyobozi Mukuru wa Ikigo cya RCI, bemejwe n’Inteko Rusange ya Sena yateranye kuri uyu wa Kane.

Sena y’u Rwanda igira iti “Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano, yasuzumye dosiye zabo yasanze bafite ubushobozi bwo kuzuza inshingano.”

Uwase Patricie na we yigeze kuba muri Guverinoma y’u Rwanda, kuko yabaye Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo kuva muri 2022 kugeza muri Kamena uyu mwaka wa 2024. Muri iyi Minisiteri, kandi Uwase yanayibereye Umunyamabanga Uhoraho.

Nanone kandi Inteko Rusange ya Sena yemeje Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’ikigega Agaciro Development Fund.

Sena y’u Rwanda ivuga ko “Komisiyo y’iterambere ry’Ubukungu n’Imari yasuzumye dosiye ye ikagirana na we ikuganiro, yasanze afite ubumenyi, ubushobobozi, ubunararibonye bizamufasha kuzuza inshingano ze.”

Aba bayobozi bemejwe na Sena y’u Rwanda, bashyizwe mu myanya mu cyumweru gishize, mu mavugurura yakozwe mu n’Inama y’Abaminisitiri, yahise anakurikirwa n’ayabaye muri Guverinoma y’u Rwanda yasize uwari Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana n’uwari Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Ildephonse Musafiri basimbuwe.

Aurore Mimosa Munyangaju yemejwe na Sena ku mwanya wa Ambasaderi
Na Uwase Patricie wemejwe nk’Umuyobozi Mukuru wa RCI
Dosiye zabo zasuzumwe na Komisiyo y’Ububanyi n’Amahanga, Ubutwererane n’Umutekano
Hanemejwe kandi Kayinamura Ulrich ku mwanya w’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Agaciro Development Fund
Dosiye ye yasuzumwe na Komisiyo y’Iterambere ry’Ubukungu n’Imari

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 3 =

Previous Post

Menya ibyakurikiyeho nyuma yuko Umupolisi agaragaweho ibyakoze benshi ku mutima

Next Post

Hasobanuwe iby’undi murwari wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya kuri Marburg mu Rwanda: Hasigaye umuntu umwe ukirwaye

Hasobanuwe iby’undi murwari wa Marburg wabonetse mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.