Wednesday, November 5, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in MU RWANDA
0
Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 85 bo mu Karere ka Nyaragate bahoze mu ngabo za RPA zarwanye urugamba rwo Kwibohora, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, n’Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Kuyihagarika.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Nzeri 2024, cyari kigamije gukomeza kumva birushijeho amateka yatumye habaho Jenoside ndetse n’urugendo rwo kuyihagarika.

Bamwe muri ba bahoze mu ngabo zarwanye urugamba rwo kwibohora, banahameneye amaraso, ntibanabasha kwibonera umusaruro w’ibyo barwaniye.

Uru ruzinduko rwakozwe n’aba 85, rugamije kureba umusaruro w’ibyo barwaniye ndetse no kongera kureba inzira u Rwanda rwanyuzemo kugeza aho rugeze uyu munsi.

Ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye, ndetse banongera kwibutswa amateka ya Jenoside, uburyo yateguwe n’uburyo yakozwe, n’ingaruka zayo, n’uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka, no kongera kunga ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Iri tsinda kandi ryanasuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside ku Kimihurura, bibutswa uruhare rukomeye rw’izahoze ari ingabo za RPA mu guhagarika Jenoside.

Second Lt (Rtd) Faustin Mugabo, yavuze ko icya mbere nk’abahoze muri izi ngabo, bashimira Perezida Paul Kagame nk’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, akaba yari n’umuyobozi wa RPA, ku bw’imiyoborere ye yatumye babasha kugera ku ntego yo guhagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi mu 1994.

Yanaboneyeho kandi gushimira ingabo z’u Rwanda ku ruhare rukomeye zigira mu gucungira umutekano Abanyarwanda ndetse n’uruhare rwazo mu iterambere ry’Ubukungu bw’u Rwanda.

Yavuze ko igikorwa nk’iki cyo gusura ahantu nk’aha habumbatiye amateka y’ibyabaye mu Rwanda, ari ingirakamaro, kuko bibafasha kwirinda ko akaga k’ibyabaye mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi, ndetse anasaba abakiri bato gukomera ku bumwe no gukunda Igihugu kugira ngo bakomeze kubaka u Rwanda rw’ejo rwubakiye ku musingi utajegajega.

Bunamiye inzirakarengane ziruhukiye ku Gisozi
Banasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Banasuye ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

seventeen − 7 =

Previous Post

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Next Post

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Related Posts

Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ambasaderi wa Sudani mu Rwanda, Dafalla Musa yavuze ko urugomo rwagaragajwe na bamwe mu banyeshuri bakomoka muri iki Gihugu biga...

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

by radiotv10
04/11/2025
0

Abantu 11 bakekwaho ubujura barimo abategeraga abantu banyura ahahoze irimbi ry’i Nyamirambo, bafatiwe mu mukwabu wakozwe na Polisi y’u Rwanda...

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

by radiotv10
04/11/2025
0

Perezida Paul Kagame uri i Doha muri Qatar, yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Sheikh Tamim bin Hamad Al Thani, bagirana...

Rwanda kicks off nationwide Digital ID registration in the Southern Province

Eng.-Emotions of the first Rwandans taking part in Digital ID identity verification and photo registration

by radiotv10
04/11/2025
0

Some residents from three districts in Rwanda’s Southern Province, who were among the first to participate in the correction of...

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

Being a Single Mother is not the end of the World: The inspiring Journey of Tuyishime Clemence

by radiotv10
04/11/2025
1

At just 31, Tuyishime Clementine is redefining what strength looks like. A single mother to a 10-year-old boy now in...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi
IBYAMAMARE

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

by radiotv10
04/11/2025
0

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

04/11/2025
Polisi y’u Rwanda yataye muri yombi abasore b’abanyamahanga bagaragaye bakubita abantu muri Kigali

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

04/11/2025
DRC: Abashyigikiye Umunyapolitiki ufungiwe kubahuka Perezida bateguye imyigaragambyo

Uwari inkoramutima ya Tshisekedi wiyemeje kumurwanya yagarukanye imbaraga anatangaza umugambi adashobora kwihanganira

04/11/2025
Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

Icyavuye mu mukwabu wo gushakisha abakekwaho ubujura bubangamira benshi muri Kigali

04/11/2025
Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

Perezida Kagame yahuye n’Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar bagirana ibiganiro

04/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAFOTO: Umunyamakurukazi wamamaye mu Rwanda usigaye aba hanze yagaragaje ibirori byo gusezerana n’umukunzi

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Icyo Sudani ivuga ku banyeshuri bo muri iki Gihugu bagaragaye mu bikorwa by’urugomo mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.