Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in MU RWANDA
0
Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 85 bo mu Karere ka Nyaragate bahoze mu ngabo za RPA zarwanye urugamba rwo Kwibohora, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, n’Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Kuyihagarika.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Nzeri 2024, cyari kigamije gukomeza kumva birushijeho amateka yatumye habaho Jenoside ndetse n’urugendo rwo kuyihagarika.

Bamwe muri ba bahoze mu ngabo zarwanye urugamba rwo kwibohora, banahameneye amaraso, ntibanabasha kwibonera umusaruro w’ibyo barwaniye.

Uru ruzinduko rwakozwe n’aba 85, rugamije kureba umusaruro w’ibyo barwaniye ndetse no kongera kureba inzira u Rwanda rwanyuzemo kugeza aho rugeze uyu munsi.

Ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye, ndetse banongera kwibutswa amateka ya Jenoside, uburyo yateguwe n’uburyo yakozwe, n’ingaruka zayo, n’uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka, no kongera kunga ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Iri tsinda kandi ryanasuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside ku Kimihurura, bibutswa uruhare rukomeye rw’izahoze ari ingabo za RPA mu guhagarika Jenoside.

Second Lt (Rtd) Faustin Mugabo, yavuze ko icya mbere nk’abahoze muri izi ngabo, bashimira Perezida Paul Kagame nk’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, akaba yari n’umuyobozi wa RPA, ku bw’imiyoborere ye yatumye babasha kugera ku ntego yo guhagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi mu 1994.

Yanaboneyeho kandi gushimira ingabo z’u Rwanda ku ruhare rukomeye zigira mu gucungira umutekano Abanyarwanda ndetse n’uruhare rwazo mu iterambere ry’Ubukungu bw’u Rwanda.

Yavuze ko igikorwa nk’iki cyo gusura ahantu nk’aha habumbatiye amateka y’ibyabaye mu Rwanda, ari ingirakamaro, kuko bibafasha kwirinda ko akaga k’ibyabaye mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi, ndetse anasaba abakiri bato gukomera ku bumwe no gukunda Igihugu kugira ngo bakomeze kubaka u Rwanda rw’ejo rwubakiye ku musingi utajegajega.

Bunamiye inzirakarengane ziruhukiye ku Gisozi
Banasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Banasuye ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

9 + 18 =

Previous Post

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Next Post

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.