Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga

radiotv10by radiotv10
25/09/2024
in MU RWANDA
0
Abarwanye urugamba rwo Kwibohora basuye ahabibutsa ibyo barwanyaga n’ibyo barwaniraga
Share on FacebookShare on Twitter

Abantu 85 bo mu Karere ka Nyaragate bahoze mu ngabo za RPA zarwanye urugamba rwo Kwibohora, basuye Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali, n’Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo Kuyihagarika.

Iki gikorwa cyabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 24 Nzeri 2024, cyari kigamije gukomeza kumva birushijeho amateka yatumye habaho Jenoside ndetse n’urugendo rwo kuyihagarika.

Bamwe muri ba bahoze mu ngabo zarwanye urugamba rwo kwibohora, banahameneye amaraso, ntibanabasha kwibonera umusaruro w’ibyo barwaniye.

Uru ruzinduko rwakozwe n’aba 85, rugamije kureba umusaruro w’ibyo barwaniye ndetse no kongera kureba inzira u Rwanda rwanyuzemo kugeza aho rugeze uyu munsi.

Ubwo basuraga Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamiye inzirakarengane zirenga ibihumbi 250 ziharuhukiye, ndetse banongera kwibutswa amateka ya Jenoside, uburyo yateguwe n’uburyo yakozwe, n’ingaruka zayo, n’uburyo u Rwanda rwongeye kwiyubaka, no kongera kunga ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda.

Iri tsinda kandi ryanasuye Ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside ku Kimihurura, bibutswa uruhare rukomeye rw’izahoze ari ingabo za RPA mu guhagarika Jenoside.

Second Lt (Rtd) Faustin Mugabo, yavuze ko icya mbere nk’abahoze muri izi ngabo, bashimira Perezida Paul Kagame nk’Umugaba w’Ikirenga wa RDF, akaba yari n’umuyobozi wa RPA, ku bw’imiyoborere ye yatumye babasha kugera ku ntego yo guhagarika Jenoside yariho ikorerwa Abatutsi mu 1994.

Yanaboneyeho kandi gushimira ingabo z’u Rwanda ku ruhare rukomeye zigira mu gucungira umutekano Abanyarwanda ndetse n’uruhare rwazo mu iterambere ry’Ubukungu bw’u Rwanda.

Yavuze ko igikorwa nk’iki cyo gusura ahantu nk’aha habumbatiye amateka y’ibyabaye mu Rwanda, ari ingirakamaro, kuko bibafasha kwirinda ko akaga k’ibyabaye mu Rwanda bitazongera kubaho ukundi, ndetse anasaba abakiri bato gukomera ku bumwe no gukunda Igihugu kugira ngo bakomeze kubaka u Rwanda rw’ejo rwubakiye ku musingi utajegajega.

Bunamiye inzirakarengane ziruhukiye ku Gisozi
Banasobanurirwa amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi
Banasuye ingoro y’Amateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen − six =

Previous Post

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Next Post

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Related Posts

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

Mu minsi ibiri ikurikirana inkuba zishe abantu mu Ntara ebyiri z’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Abantu babiri bo mu Ntara y’Iburengerazuba n’iy’Amajyepfo, bitabye Imana bakubiswe n’inkuba, barimo umwana w’imyaka itandatu, mu gihe hari abandi bahungabanye...

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

IZIHERUKA

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho
AMAHANGA

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

29/01/2026
Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

29/01/2026
AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

29/01/2026
Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Umuhanzi Nizzo yatanze umucyo ku mukobwa w’uburanga yagaragaje bamwe bagakeka ko bagiye kurushingana

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.