Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abasigajwe n’amateka bahishuye ibyo bagikorerwa byakekwaga ko byacitse, ubuyobozi bukabivuga ukundi

radiotv10by radiotv10
03/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abasigajwe n’amateka bahishuye ibyo bagikorerwa byakekwaga ko byacitse, ubuyobozi bukabivuga ukundi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Murenge wa Kigeyo mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko bagihabwa akato n’abandi baturage, ndetse bakabakubita babaziza ko ari abo muri iki cyiciro, mu gihe ubuyobozi bubihakana bwivuye inyuma.

Abo baturage amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Mudugudu wa Nyarusuku, mu Murenge wa Kigeyo bavuga ko bababazwa no guhabwa akato mu bandi baturage aho bagenda banyura hatandukanye muri aka Karere ka Rutsiro kugera n’aho birukankanwa, bagakubitirwa ubusa.

Mvugebarijyane Thomas ahamya ko yakubitiwe mu isantere ya Gakeri kubera ko gusa ngo abarizwa muri iyo miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma.

Ati “Byarambabaje kandi na n’ubu bikimbabaza, ariko ndavuga ngo kuva Imana inkuye muri aba Banyarwanda reka nigendere kuko bankubise nitambukira.”

Mvugebarijyane akomeza agira ati “Twese turi Abanyarwanda ariko ugasanga turapfunyikwa ngo wa gatwa we, uri kujyahe?”

Aba baturage bo muri iki cyiciro, bavuga ko n’abana babo bahohoterwa n’abo mu baturanyi babo, babaziga gusa ko ari abo muri iyi miryango y’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma.

Undi ati “Abana babature n’amabuye, nabwira n’ababyeyi babo ntihagire icyo babikoraho ahubwo bigapfa ubusa.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kigeyo, Mudahemuka Christophe, we ahakana ibivugwa n’aba baturage, akavuga ko basanzwe babanye neza n’abandi Banyarwanda.

Ati “Icyo guhabwa akato, navuga ko kidahari kuko bakorana n’abandi, kugira ngo bumve ko bagomba kwinjira mu muryango mugari, bagomba kubigiramo uruhare ni na yo mpamvu iyo tububakira tubashyira hamwe n’abandi.”

Ni mu gihe bamwe mu bagize iyo miryango basaba ko ababahohotera n’ababaha akato, bajya babiryozwa ku mugaragaro bakabazwa impamvu kugira ngo buri wese yumve ko ari Umunyarwanda kandi atekanye mu Gihugu cye.

Bavuga ko ibyo bakorerwa bibabaza
Basaba ubuyobozi kugira icyo bukora

Hagati yabo barizihirwa

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 3 =

Previous Post

Nigeria: Imyigaragambyo yagaragayemo gutakamba gukabije yatumye hafatwa icyemezo kidasanzwe

Next Post

Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

Related Posts

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

by radiotv10
30/06/2025
0

Abatuye mu Kagari ka Kagara mu Murenge wa Gihundwe mu Karere ka Rusizi, bavuga bamaze amezi arenga umunani bavoma amazi...

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

by radiotv10
28/06/2025
0

Abatuye mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, baravuga ko hari abaremye itsinda ryiyise ‘Abanjongo’ baturuka mu Murenge wa...

IZIHERUKA

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana
IBYAMAMARE

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

by radiotv10
30/06/2025
0

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

Rusizi: Bamaze hafi umwaka bavoma amazi mabi barahoranye ameza

30/06/2025
Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

Iburengerazuba: Haravugwa abaremye itsinda riva mu Karere kamwe rikajya mu kandi kubangamira abahatuye

28/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

Impamvu Umuganura wasigiye bamwe inyota yo kumenya amateka yawo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.