Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

radiotv10by radiotv10
11/05/2022
in MU RWANDA
0
Abasigajwe n’amateka bavuga ko uburezi kuri bose ari nk’umugani kuri bo

Abasigajwe n'amateka (Photo/Internet)

Share on FacebookShare on Twitter

Abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Ntara y’Amajyepfo n’iy’Amajyaruguru ndetse n’abatabariwa muri iki cyiciro bavuga ko bigoye kugira ngo abana bo muri iyi miryango bakwiga ngo nibura barangize amashuri abanza, bagasaba gushyirirwaho umwihariko mu burezi.

Abaganiriye na RADIOTV10 ni abo mu Turere twa Huye (Amajyepfo) na Gakenke (Amajyaruguru), bavuga ko kuba batabasha kwiga ngo nibura barangize amashuri abanza biri mu bituma badatera imbere.

Bavuga ko bamwe mu bana banga kugana ishuri kuko baba babona n’ababyeyi babo batararikandagiyemo.

Umwe yagize ati “nk’ubu uwo mugabo uvuga ntiyize, hari igihe uwo muhungu we atekereza ati ‘ese ko Papa akuze akaba angannye gutya atarize, njyewe bantoteza ngo nige, njye nakurikije ubwenge afite’.”

Undi avuga ko hari n’abana bava mu ishuri kubera imibereho mini baba bayemo.

Ati “Iyo abana babo babonye iwabo batabaha ibiryo neza baratoroka barara iyo ngiyo mu binani.”

Bamwe mu babashije kugera mu ishuri bavuga ko basoje amashuli yisumbuye imbaraga zo gukomeza zigacikira aho ndetse n’abasoje kaminuza bamwe babura gisunika yo kubona akazi nk’abantu amateka agaragaza ko basigajwe inyuma.

Umwe yagize ati « Naragarageje ndadepoza ariko aho tudepoza, ntibanaduhamagare ntimunakore n’ibizamini ntunamenye n’aho dosiye yarengeye. »

Umwe muri bo avuga ko Leta isanzwe yarashyizeho politiki igenga ibyiciro byihariye nk’abafite ubumuga n’urubyiruko ariko « abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma nta politiki ihari, nibura hagiyeho politiki ivuga iti ‘abasigajwe inyuma n’amateka nk’abantu batishoboye hariho ingamba zibafasha mu gihe umuntu atazubahirije hari ibihano’. »

Aba babashije kwiga bavuga ko mu gihe bakoroherezwa kubona akazi, byanatanga umusaruro wo gutuma barumuna babo bakunda ishuri.

Umwe ati « Bizatuma na wa wundi uri kwanga ishuri arikunda kuko abasha kubona ko na we uri gutera imbere kubera ko wize. »

Umuvugizi wa Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, Joseph Curio Havugimana avuga ko kuzamura abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, binyuzwa muri gahunda zisanzweho zo kuzamura imibereho y’Abanyarwanda.

Ati « Gahunda zo gufasha abana zijyana no gutez imbere imibereho y’abaturage, gukurikirana niba umwana ageze igihe cyo kwiga, akajya kwiga ; niba uwo muryango udafite amikoro, izo gahunda zigafasha uwo muryango. »

Kugeza ubu imibare y’ihuriro ry’abahuriye ku mwuga w’ububumbyi COPORWA, igaragaza ko abari muri iki cyiciro ari ibihumbi birenga 35 mu Gihugu, muri ababashije kwiga amashuri abanza ni 6 119, abize ayisumbuye ni 1 038, naho abize imyuga ni 290 mu gihe abageze muri kaminuza ari 52.

Vedaste KUBWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 5 =

Previous Post

Mu isuti y’Ubururu bwijimye Prince Kid yageze mu Rukiko bwa mbere

Next Post

Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Related Posts

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

IZIHERUKA

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?
FOOTBALL

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

by radiotv10
15/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

15/01/2026
Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

15/01/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

15/01/2026
Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

15/01/2026
AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Prince Kid yasomewe ibyaha aregwa ariko asubira muri Kasho ataburanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Byagenze bite ngo uwakanyujijeho muri ruhago y’Isi ahagarikwe ku mwanya w’ubuyobozi bwa Federasiyo y’iwabo?

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

Ariko ahari bandambiwe-Umuhanzikazi Bwiza yahakanye ibyo gufatirwa irembo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.