Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba EAC batarimo ab’u Rwanda bagiye muri DRC kwiga ikibuga n’uko bazatsinsura M23

radiotv10by radiotv10
18/07/2022
in MU RWANDA
0
Abasirikare ba EAC batarimo ab’u Rwanda bagiye muri DRC kwiga ikibuga n’uko bazatsinsura M23
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare bakuru bahagarariye ingabo z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bagiye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kunoza uburyo bagomba gutangira urugamba rwo kurandura umutwe wa M23.

Ni nyuma yuko abakuru b’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, bemeje itangizwa ry’ibitero bigamije kurandura imitwe yitwaje intwaro iri mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Mu mpera z’icyumweru twaraye dusoje, intumwa zihagarariye Ingabo zo mu Bihugu bigize uyu Muryango, zagiye mu gisa n’urugendo-shuri muri DRC kureba uko byifashe, kugira ngi ibikorwa byo guhashya uyu mutwe bizatangire bamenye uko ikibuga gihagaze.

Izi ntumwa zageze muri Congo ku wa Gatanu w’icyumweru twaraye dusoje tariki 15 Nyakanga 2022, zirimo uhagarariye Sudan y’Epfo, Uganda, na Kenya izaba iyoboye ibi bikorwa.

Nta ntumwa y’Igisirikare cy’u Rwanda yari muri izi, nyuma yuko Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, itsembye ivuga ko idashaka ko RDF ijya muri ubu butumwa ngo kuko ari iyo iri inyuma y’ibikorwa bya M23.

Perezida Paul Kagame ubwo yaganiraga n’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru (RBA) yavuze ko ntakibazo abibonamo kuba DRC idashaka ko ingabo z’u Rwanda zijya muri iki Gihugu.

Icyo gihe Umukuru w’u Rwanda yavuze ko mu gihe izindi ngabo za EAC zajya muri Congo zigakemura ikibazo cy’umutekano mucye, we yabyishimira.

Icyo gihe yagize ati “Nakwishima cyane bikozwe nta ruhare mbigizemo kuko kubijyamo byadutwara ubushobozi. Ni gute nakwemera kwishyura mu gihe hari undi muntu uvuga uti “Oya, ndashaka kubigukorera.”

Ziriya ntumwa z’ingabo zo mu Bihugu bigize EAC, zagiye muri DRC kwiga ikibuga, zanaboneyeho kuganira n’Umuyobozi w’ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC Sokola I Grand Nord byo guhashya iyi mitwe yitwaje intwaro.

Ubuyobozi bw’Ibi bikorwa bya Sokola I, butangaza ko nyuma yo kwereka izi ntumwa uko ibikorwa byo guhashya iyi mitwe byifashe mu gace ka Beni, bahawe isezerano n’izi ntumwa ko ingabo za EAC zambariye urugamba.

Umuvugizi wa Sokola I, Capt Antony Mwalushayi, yagize ati “Biteguye kugarura umutekano mu Burasirazuba bwa DRCongo byumwihariko bagahagarika burundu intambara ihanganishije FARDC na M23.”

Major General Jeef Munyanga wo mu gisirikare cya Kenya uyoboye izi ntumwa zagiye kwiga ikibuga kigiye kurwanirwaho n’Ingabo zo muri EAC, na we yizeje FARDC ko iki kibazo cya M23 kigiye kirangira burundu

Uyu musirikare mukuru uvuga ko iyi mirwano igomba guhagarara kandi amahoro akaboneka byanga byakunda, yagize ati “Tuzakora ibishoboka byose kugira ngo dutsinsure burundu iyi mitwe yitwaje intwaro.”

Umutwe wa M23 ukomeje gukubita inshuro FARDC yifatanyije n’indi mitwe, iherutse gutangaza ko idatewe ubwoba n’ingabo izo ari zo zose zaza kuyirwanye yewe ngo n’izi zihuriwe za EAC zitayikoma imbere.

Ubuyobozi bw’ingabo ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa Congo (MONUSCO) buherutse gutangaza ko izi ngabo zidafite ubushobozi bwo kurandura M23 ndetse ko na FARDC itabufite.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − ten =

Previous Post

Kayonza: Umugabo arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu abanje kumukubita rugondihene

Next Post

Ni ikizamini nk’ibindi musanzwe mukora- Minisitiri Uwamariya yamaze ubwoba abatangiye ibya Leta

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi
AMAHANGA

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

by radiotv10
14/12/2025
0

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

14/12/2025
Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

13/12/2025
Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ni ikizamini nk’ibindi musanzwe mukora- Minisitiri Uwamariya yamaze ubwoba abatangiye ibya Leta

Ni ikizamini nk’ibindi musanzwe mukora- Minisitiri Uwamariya yamaze ubwoba abatangiye ibya Leta

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umugabo wari umaze iminsi mu gikorwa cyari cyakuye benshi imitima yatawe muri yombi

Bio Usawa Welcomes Global Health Strategist, Professor Prashant Yadav, as Chair of Its Global Access and Health Equity Advisory Board

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.