Wednesday, August 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare ba MONUSCO baguye mu myigaragambyo bunamiwe hanatangwa ubutumwa bukomeye

radiotv10by radiotv10
01/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abasirikare ba MONUSCO baguye mu myigaragambyo bunamiwe hanatangwa ubutumwa bukomeye
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, habereye umuhango wo kunamira abasirikare bane ba MONUSCO baherutse kugwa mu myigaragambyo yo kwamagana ingabo ziri muri ubu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.

Uyu muhango wabaye kuri uyu wa Mbere tariki 01 Kanama 2022, witabiriwe na Bintou Keita, Intuma Yihariye y’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Mu ijambo yahavugiye, yagize ati “Mu izina rya MONUSCO no mu ry’Umuryango w’Abibumbye muri rusange, mpaye icyubahiro abasirikare bane baguye mu butumwa bw’amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.”

Yakomeje agira ati “Nifatanyije kandi n’imiryango yose y’ababuriye ababo mu myigaragambyo ndetse n’Abanye-Congo bose n’Umuryango w’Abibumbye.”

Uyu muhango kandi wanitabiriwe n’umuyobozi w’agashami gashinzwe amahoro mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye, Jean-Pierre Lacroix.

Aba basirikare ba MONUSCO baburiye ubuzima mu myigaragambyo yabaye mu cyumweru gishize mu bice bitandukanye muri Kivu ya Ruguru mu Ntara ya Kivu ya Ruguru.

Iyi myigaragambyo yafashe indi sura mu cyumweru gishize, aho Abanye-Congo bayitabiriye, bagiye birara mu birindiro bya MONUSCO bakabyinjira ubundi bagasahura ibikoresho basangagamo.

Ni ibikorwa byamaganywe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Manuel de Oliveira Guterres wavuze ko bishobora kuzafatwa nk’ibyaha by’intambara kandi ko ababigiyemo bose bagomba kugezwa imbere y’ubutabera.

Uku kunamira aba basirikare ba MONUSCO, ubaye nyuma y’amasaha macye, abasirikare ba MONUSCO bari bavuye mu kiruhuko barasiye abaturage ku mupaka uhuza DRC na Uganda, bakicamo babiri bagakomeretsa abagera muri 15.

Iki gikorwa na cyo cyamaganywe n’abatandukanye barimo António Guterres ubwe ndetse na Perezida Evariste Ndayishimiye uyobora u Burundi akaba anayoboye Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba.

Bintou Keita yunamiye aba basirikare baburiye ubuzima bwabo mu myigaragambyo
Uyu muhango kandi wanitabiriwe n’Umuyobozi w’agashami gashinzwe amahoro muri UN

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 + twelve =

Previous Post

Umukambwe w’imyaka 91 yasezeranye n’umukobwa w’ikizungerezi arusha imyaka 70

Next Post

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

Related Posts

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ingamba ziteganyijwe ubwo iki Gihugu kizaba cyakiririye Shampiyona y’Isi y’umukino w’Amagare ya 2025, zirimo ifungwa ry’amashuri...

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

by radiotv10
13/08/2025
0

Urukiko rwa Gisirikare rwafashe icyemezo cyo gushyira mu muhezo urubanza ruregwamo abantu 28 barimo Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Igorora (RCS) n’abasirikare...

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

by radiotv10
13/08/2025
0

Hatangiye kuburanishwa urubanza ruregwamo abantu barenga 20 barimo abasirikare babiri bo ku rwego rw’Abofisiye mu Ngabo z’u Rwanda ndetse n’abanyamakuru...

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

by radiotv10
13/08/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Kinyinya mu Karere ka Gasabo, aravuga ko ababazwa no kuba inzu ye yasohowemo n'umugore we...

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

From teacher to TikTok star: The inspiring journey of Bizumuremyi, Rwanda’s favorite “motari”

by radiotv10
13/08/2025
0

In Kigali’s busy streets, motorcycles are everywhere, but few riders have made a name quite like Sadi Bizumuremyi better known...

IZIHERUKA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare
MU RWANDA

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

by radiotv10
13/08/2025
0

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

13/08/2025
Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

13/08/2025
Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

Hamenyekanye abandi baregwa muri dosiye y’Abofisiye babiri ba RDF n’abanyamakuru bazwi mu Rwanda

13/08/2025
Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

Kigali: Umugabo ushinja umugore we kumusohora mu nzu akayihindura urusengero aragira icyo asaba

13/08/2025
Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

Hatangajwe ibyemeza ko u Burundi bwongeye kwinjira mu mirwano itutumba muri Congo

13/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

Umushahara w’Abarimu bo muri Primaire mu Rwanda wongereweho hafi 90%

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amashuri azafungwa n’abakozi bakorere mu rugo-Ibiteganyijwe ubwo i Kigali hazaba habera irushanwa ry’Isi mu magare

Gen.Muhoozi yongeye gushimangira ko UPDF na RDF ari abavandimwe anahishura gahunda bafitanye

Agezweho: Icyatumye urubanza rw’abarimo Abofisiye ba RDF na RCS n’abanyamakuru batatu rushyirwa mu muhezo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.