• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abasirikare bakora ubuvuzi bibukijwe ko inshingano zabo zitagarukira ku bo muri RDF gusa

radiotv10by radiotv10
27/12/2024
in MU RWANDA, UMUTEKANO
0
Abasirikare bakora ubuvuzi bibukijwe ko inshingano zabo zitagarukira ku bo muri RDF gusa
Share on FacebookShare on Twitter

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda zishinzwe Ubuvuzi, Maj Gen Ephrem Rurangwa yibukije abasirikare bakora muri uru rwego kimwe n’abasivile babafasha ko inshingano zabo zitagrukira ku kuvura abasirikare gusa, ahubwo ko zigera no ku baturage bose.

Maj Gen Ephrem Rurangwa yabitangaje kuri uyu wa Kane tariki 26 Ukuboza 2024, ubwo yayoboraga inama yahuje abakora mu rwego rw’ubuvuzi bw’Ingabo z’u Rwanda.

Ni inama kandi yaganiriwemo uko serivisi z’ubuzima zihagaze mu Rwanda, ndetse n’intambwe imaze guterwa mu rwego rw’ubuvuzi byumwihariko mu basirikare ndetse no mu muryango mugari mu rusange.

Ubwo yatangizaga iyi nama, Umugaba Mukuru w’Ingabo zishinzwe Ubuvuzi, Maj Gen Ephrem Rurangwa yasabye abayitabiriye kongera imbaraga mu byo bakora kugira ngo bakomeze gutanga serivisi nziza kandi banafashe RDF kugera ku ntego iri mu z’ibanze.

Yagize ati “Inshingano zacu muri iyi serivisi ni ugutanga ubuvuzi bw’ibanze ku basirikare, abakora mu nzego z’umutekano, ndetse n’imiryango yabo, ndetse no mu Gihugu muri rusange. Inshingano zacu ariko ntizigarukira kuri aba bambara imyenda ya gisirikare gusa, ahubwo zigera ku baturage bose mu Gihugu.”

Yaboneyeho kandi gusaba abakora muri ubu buvuzi kwihatira kwihugura ndetse no gushakisha ubumenyi byumwihariko mu ikorabuhanga rigezweho ryifashishwa mu nshingabo zabo kugira ngo barusheho gutanga serivisi nziza zisumbuyeho.

Maj Gen Ephrem Rurangwa yibukije abakora mu buvuzi bwa gisirikare ko inshingano zabo zigera no ku baturage bose

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

four × two =

Previous Post

Muhanga: Uko hagiye hanze amakuru yatumye hatahurwa umugabo wari warahinze urumogi

Next Post

Ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye The Ben na Pamella kubera amashusho yabo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye The Ben na Pamella kubera amashusho yabo

Ubutumwa bw’Umupfumu Rutangarwamaboko yageneye The Ben na Pamella kubera amashusho yabo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.