• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge

radiotv10by radiotv10
06/01/2026
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Abasirikare batsinzwe na AFC/M23 bahungiye mu Burundi baravugwa imyitwarire iteye impungenge
Share on FacebookShare on Twitter

Abarwanyi barenga ibihumbi bitatu barimo abasirikare b’u Burundi, aba DRC, ab’umutwe wa FDLR n’uwa Wazalendo, baravugwaho kwigarurira ishuri riherereye muri Komini ya Bukinanyana i Bujumbura nyuma yo gutsindwa n’abarwanyi ba AFC/M23, bakaba bakomeje gukora ibibangamiye abaturage.

Aba barwanyi bakoraniye mu ishuri ribanza rishya ryubatswe mu gace ka Muremera muri Buhayira muri iriya Komini ya Bukinanyana, muri Bujumbura.

Amakuru aturuka mu Burundi, avuga ko aba barwanyi bakomeje kurangwa n’urugomo bakorera abaturage bo muri aka gace iri shuri bakoraniyemo riherereye.

Bivugwa ko aba basirikare bagiye baza muri ririya shuri nyuma yo gukubitwa incuro n’abarwanyi ba AFC/M23 tariki 07 Ukuboza 2025.

Ririya shuri bigaruriye ryari ritarangira gukora, kuko rikiri rishya, bikaba byari biteganyijwe ko rizatangira kwigishirizwamo muri Nzeri uyu mwaka, none ubu rikaba ryabaye nk’ikigo cya gisirikare.

Amakuru avuga ko ibiti bikikije iri shuri byatemwe n’aba basirikare babikoresha nk’inkwi zo gutekesha amafunguro yabo. Abatangabuhamya banavuga ko hari ibikoresho by’iri shuri byangijwe nk’ameza n’intebe, byakoreshejwe mu kubicanisha.

Abaturage ba Muremera bavuga ko bafite impungenge ku mutekano wabo kuko kuko aba basirikare barimo aba FARDC, abarwanyi b’imitwe nka FDLR, na Wazalendo, birirwa basahura imitungo yabo, abandi bakajya gufata ibintu mu maduka ariko ntibishyure.

Nanone kandi aba baturage bafite impungenge ko aba barwanyi babakorera ihohoterwa rishingiye ku gitsina, bakaba babasambanyiriza abana b’abakobwa

Umwe muri aba baturage yagie ati “Dufite ubwoba ku bana bacu n’imitungo yacu. Aba barwanyi bagomba kwimurwa mu gace kacu vuba na bwangu.”

Nubwo aba barwanyi bagiye gukambika muri kiriya kigo cy’ishuri, hasanzwe hari inkambi yemewe ya Kansega irimo n’impunzi z’Abanyekongo nubwo na yo bivugwa ko hari intwaro zidacunzwe neza, ku buryo hari impungenge ko bishobora guhungabanya umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

17 − two =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya ku bakinnyi bashya baguzwe na Rayon mbere y’umukino utegerejwe na benshi

Next Post

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

Related Posts

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

Umujenerali wo muri FDLR byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano na AFC/M23 byatangajwe ko yakomeretse

by radiotv10
01/06/2026
0

General Mutayomba wo mu mutwe wa FDLR, byari byatangajwe ko yiciwe mu mirwano yahuye AFC/M23 n’uyu mutwe ufatanya na FARDC,...

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

Uko byagenze ngo abantu babone ko Konti ya Instagram ya ‘White House’ yinjiriwe

by radiotv10
01/06/2026
0

Konti ya Instagram y’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Leta Zunze Ubumwe za America (White House) yakoreshwaga ku buyobozi bwa Barack Obama,...

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

America na Iran bongeye gukozanyaho bikomeye

by radiotv10
01/06/2026
0

Leta Zunze Ubumwe za America zatangaje ko zagabye ibitero ku birindiro by’Ingabo za Iran, mu gihe iki Gihugu na cyo...

Next Post
Ibirambuye ku mugabo ukekwaho Jenoside wari umaze imyaka 23 yihisha mu mwobo ucukuye mu nzu

Uko Urukiko rwanzuye mu rubanza rw’umugabo wamaze imyaka 23 yihisha mu mwobo kubera ibyaha bikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.