Abasirikare babiri mu Ngabo z’u Rwanda barimo ufite ipeti rya Sergent Major na Caporal, baburiye ubuzima muri Repubulika ya Centrafrique aho bari mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, bagiye guhabwa icyubahiro n’uyu Muryango, banagenerwe umudari.
Iki gikorwa cyo guha icyubahiro no kunamira aba basirikare b’u Rwanda, kizaba kuri uyu wa Kane tariki 29 Gicurasi, nk’Umunsi Mpuzamahanga w’Ubutumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye.
Muri uyu muhango wo guha icyubahiro Sergent Major Fiston Murwanashyaka na Caporal Eliakim Niyitegeka, uzabera ku Cyicaro Gikuru cy’Umuryango w’Abibumbye i New York muri Leta Zunze Ubumwe za America, aba basirikare bazagenerwa umudari witiriwe Hammarskjold usanzwe uhabwa umusirikare cyangwa umupolisi waburiye ubuzima mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye.
Muri uyu muhango, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres azunamira kandi ahe icyubahiro abasirikare barenga 4 400 baburiye ubuzima mu butumwa bw’uyu Muryango kuva mu 1948.
Azanayobora kandi umuhango wo gutanga iyi midali ku basirikare, abapolisi n’abasivile 57 baburiye ubuzima mu butumwa bwa LONI umwaka ushize.
U Rwanda ni Igihugu cya kabiri mu kugira umubare munini w’abasirikare n’abapolisi cyohereza mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, aho gifite abakabakaba 5 900 barimo ab’igitsinagore 660 boherejwe mu butumwa mu duce twa Abyei muri Centrafrique no Sudani y’Epfo.
RADIOTV10