Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abategarugori batanga urugero rwiza ko nta murimo wahariwe abagabo gusa bavuze akabari ku mutima-(AMAFOTO)

radiotv10by radiotv10
14/05/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abategarugori batanga urugero rwiza ko nta murimo wahariwe abagabo gusa bavuze akabari ku mutima-(AMAFOTO)
Share on FacebookShare on Twitter

Rusizi- Abagore bakora akazi ko gupakira no gupakurura imizigo [abazwi nk’abakarani] ku mupaka wa Rusizi ya I mu Murenge wa Kamembe, bavuga ko nyuma yo gutinyuka uyu murimo byahinduye imibereho yabo kuko ubu batakiri bamwe bategereza ko umugabo ataha ngo babone icyo barya.

Hirya y’ejo hashize tariki 12 Gicurasi, hizihijwe Umunsi wahariwe ababyeyi b’abagore, aho benshi bazirikanye ababyeyi babibarutse, babashimira ibyo babakoreye cyangwa babakorera kugira ngo babashe kubaho.

Ababyeyi b’abamama, bashimirwa uruhare runini bagira mu mibereho y’ingo zabo, yaba mu mirimo yo mu rugo, ndetse ubu bagira n’uruhare runini mu guhahira ingo zabo, ndetse n’imirimo yari yarahariwe abagabo, ubu basigaye barayitinyutse bakayikora.

Mu Karere ka Rusizi, hari bamwe mu batanga urugero rwiza ko nta murimo wahariwe abagabo gusa, aho bakora akazi ko gupakira no gupakurura imizigo, kugira ngo babashe kubeshaho imiryango yabo.

Aba bagore bibumbiye muri Koperative ‘Twihangire Imirimo’ bavuga ko ubuzima bushaririye babagamo ndetse no kurambirwa gutegera amaboko abagabo kuri buri kimwe, biri mu byatumye bahaguruka bahangara akazi katamenyerewe ku bagore.

Mukayisenga Denyse ati “Ntaraza muri aka kazi nagombaga gutegereza umugabo ngo ndebe ko hari icyo yabonye nkajya guhaha ari uko atashye kandi rimwe na rimwe akaba ataronse.”

Nyiransabimana Claudette umaze imyaka itandatu akora aka kazi, avuga ko akigatangira yaciwe integer n’amafaranga ya mbere yacyuye ariko ntiyacika intege kugeza ubwo atangiye kubona ibyiza byako.

Ati “Ndibuka ko ku munsi wa mbere mpagera nacyuye ibiceri Magana abiri ndetse n’abagabo bakavuga ko ntazabishobora, cyakora nyuma nkomeza kwizirika kugeza menyereye.”

Kujya hejuru y’imodoka ari abagore ndetse no kuzipakira no kuzipakurura ari abagore byatumye hari ababanza kubaca intege ariko kubera kumenya icyo bashaka bakomeje urugendo rwabo

Bagwire Angelique ati “Hari ababyakiraga nabi bakatubwira ko akazi dukora ari ak’abagabo gusa, ariko twebwe tukabona nta kazi k’umugore cyangwa umugabo gusa ahubwo icyo umwe yakora n’undi yagikora.”

Mu gihe mbere yo gutangira akazi k’ubukarani bamwe muri aba bagore batabashaga kwigurira igitenge ahubwo bagahora bahanze amaso abagabo babo, ubukarani bakora butuma bigurira umwambaro bashatse kandi na buri cyumweru bakabasha kwizigama.

Nyiransabimana Claudette ati “Ubukarani bwampesheje icyubahiro kuko ubu iyi saha nshobora gukenera igitenge cy’ibihumbi cumi na bitanu nkakigurira ntarindiriye ko umugabo akingurira.”

Nyirarukundo Odette ati “Ubu hafi ya twese tuba mu matsinda, amafaranga umuntu acyura buri munsi avanaho macye yo kwizigama buri cyumweru.”

Umuyobozi Wungirije w’Akarere ka Rusizi ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Dukuzumuremyi Anne Marie asanga kwitinyuka kw’abagore kugeza aho bahangara imirimo bamwe bafata nk’iyagenewe abagabo gusa, ari umusaruro w’imiyoborere myiza.

Ati “Umugore rero arashoboye, iyo ahagurutse agakora binatuma urugo rwe rutera imbere. Abagitinya imirimo imwe n’imwe bari gusigara. Amahirwe y’imiyoborere myiza twabonye tuyabyaze umusaruro, akazi kose tugomba kugakora.”

Koperative Twihangire Imirimo ibarizwamo aba bagore, igizwe n’abanyamuryango 38, barimo abagore 13 kugeza ubu bishimira aho ubukarani bumaze kubageza ugereranyije n’uko bahoze.

Burira imodoka bagapakurura nta bwoba

Ibyakorwaga na basaza babo, bavuze ko na bo babishobora

N’umufuka bashyira ku mutwe

Jean de Dieu NDAYISABA
RADIOV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × two =

Previous Post

Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Next Post

AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n’Abanya-Guinea

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n’Abanya-Guinea

AMAFOTO: Perezida Kagame yasoje uruzinduko muri Guinea yakiranywemo urugwiro rwinshi n'Abanya-Guinea

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.