Thursday, December 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home Uncategorized

Abatemberera mu Kagera bazajya babasha kuyirebera hejuru mu gisa n’indege y’umwuka

radiotv10by radiotv10
19/01/2022
in Uncategorized
0
Abatemberera mu Kagera bazajya babasha kuyirebera hejuru mu gisa n’indege y’umwuka
Share on FacebookShare on Twitter

Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Iterambere RDB kiratangaza ko mu Rwanda hatangijwe uburyo bwo kureba ibyiza bitatse u Rwanda hifashishijwe igikoresho kimeze nk’indege kizwi nka Hot Air Balloon kiba kirimo umwuka cyogoga mu kirere.

Ubu buryo bwatangijwe ku bufatanye bwa RDB n’ikigo Royal Balloon Rwanda aho buzajya bwifashishwa na ba mukerarugendo batemberera muri Pariki y’Igihugu y’Akagera.

RDB itangaza ko iyi Hot Air Balloon isanzwe iba irimo umwuka igatembera mu kirere, izajya ibasha gutwara abantu bari hagati ya bane na batandatu ikabasha kuzamuka mu butumburuke buri hagati ya Metero 100 na Metero 1 000.

Umuyobozi Mukuru wa RDB, Clare Akamanzi yatangaje ko bishimiye gukorana n’iki kigo cya Royal Balloon Rwanda muri ubu buryo buzarusha gutuma abasura u Rwanda barushaho kunogerwa.

Ati “Twiyemeje gukomeza kubaka ubufatanye bushya no korohereza ishoramari mu rwego rw’ubukerarugendo kugira ngo tubashe guhaza ibyifuzo by’abadusura ari na ko bitanga umusanzu urambye mu kubungabunga ibidukikije.”

Atilla Turkmen uyobora ikigo Royal Balloon mu Rwanda, yavuze ko ubu buryo buri bwa Hot Air Balloon buzongera umusaruro wavaga mu Bukerarugendo ku buryo bizagirira n’akamaro abaturiye ibi bikorwa by’ubukerarugendo.

Yagize ati “Twizeye ko mu gutangiza iki gikorwa gishya cy’ubukerarugendo, tuzunganira imbaraga zishyirwa mu kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima kandi bigateza imbere urwego rw’ubukerarugendo mu Rwanda.”

Ubu buryo bwa Hot Air Balloon busanzwe bukoreshwa mu bihugu byakataje mu bukerarugendo aho bufasha ba mukerarugendo kwihera ijisho inyamaswa n’ibindi bikorwa nyaburanga biba biri muri za Pariki.

Umuyobozi wa Pariki y’Igihugu y’Akagera, Ladis Ndahiriwe avuga ko iyi Hot Air Balloon izatuma abasura iyi Pariki barushaho kuyishimira no kureba ubwiza bwayo n’imirambi yayo kandi bikazagira uruhare mu gukomeza kubungabunga iyi pariki.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen + 16 =

Previous Post

Abaganirije Busyete wavuze ‘Kabaye’ bashobora gukurikiranwa-Sosiyete sivile iramagana abashakira indonke mu bafite ubumuga

Next Post

Umunyemari uregwa mu rubanza rwa Miliyoni 100 yasabye kurekurwa kuko arwaye indwara zikomeye

Related Posts

Behind Every Success, There’s a Woman

Behind Every Success, There’s a Woman

by radiotv10
02/12/2025
0

In every great achievement, every celebrated milestone, and every story of resilience, there is often someone whose name is rarely...

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

Umugabo basanze amanitse mu mugozi yapfuye hari abakeka ibindi bitari ukwiyahura

by radiotv10
19/11/2025
0

Mu Kagari ka Mpare mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, hagaragaye umurambo w’umugabo w’imyaka 25 umanitse mu giti,...

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

Bugesera FC yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gukina n’ikipe yo hanze yemerewe gukinda Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
04/11/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahakanye amakuru yavugaga ko igiye gukina na Al Hilal, mu gihe iyi kipe yo yari yamaze...

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

Ubutumwa ababyeyi ba Minisitiri Ngarambe bamugeneye ku isabukuru y’ubukwe bwe

by radiotv10
25/08/2025
0

Umuryango wa Ngarambe François Xavier wifurije isabukuru nziza y’umwaka umwe umuhungu we Ngarambe Rwego usanzwe ari Umunyamabanga wa Leta muri...

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

Amatora ya FERWAFA akomeje kuzamo utuntu n’utundi hakibura ukwezi ngo abe

by radiotv10
31/07/2025
0

Nyuma yuko bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse basaba ko amatora y’iri Shyirahamwe asubikwa,...

IZIHERUKA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro
MU RWANDA

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
18/12/2025
1

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

18/12/2025
Abakinnyi babiri b’abanyamahanga batangiye imyitozo muri Rayon Sports

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

18/12/2025
Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

Bagaragaje imbogamizi ituma umusaruro wabo utinda kubona isoko n’icyakorwa ngo biranduke

18/12/2025
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko abarwanyi bayo batangiye kuva muri Uvira inavuga igihe bose bazaba bahavuye

18/12/2025
Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

Menya ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri ya nyuma ya 2025 ya Guverinoma y’u Rwanda

18/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Umunyemari uregwa mu rubanza rwa Miliyoni 100 yasabye kurekurwa kuko arwaye indwara zikomeye

Umunyemari uregwa mu rubanza rwa Miliyoni 100 yasabye kurekurwa kuko arwaye indwara zikomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Cashless Society: Progress or a risk we’re not ready for?

Rayon yatanze umucyo ku Munya-Misiri wagaragaye mu myitozo yayo n’uko yiteguye kugura abakinnyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.