• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw

radiotv10by radiotv10
11/10/2025
in AMAHANGA
0
Abatunze imbwa mu Bwongereza hari ikosa rishobora kuzajya ribacisha Miliyoni 9Frw
Share on FacebookShare on Twitter

Abatunze imbwa mu Bwongereza bibukijwe ko kutagaragaza imyirondo yuzuye ku karango kambikwa iri tungo, bishoboka kubacisha amande y’ibuhumbi bitanu by’Ama-Pounds (£5,000 agera muri miliyoni 9Frw).

Aya mande ateganywa n’Itegeko rijyanye no kugenzura imbwa mu Bwongereza ryashyizweho mu 1992, riteganya ko imbwa yose itunzwe n’umuntu, igomba kuba yambaye imyirondoro mu gihe ijyanywe hanze y’urugo.

Iyo myirondoro igomba kuba iri ku kantu kambikwa imbwa, irimo amazina ya nyirayo, ndetse n’aho atuye, bishobora kwifashishwa mu gihe iryo tungo ryabuze.

Itangazo ryashyizwe hanze n’iduka D for Dogs ricuruza ibikoresho by’imbwa kuri interineti cyo mu Bwongereza, rigira riti “Ni iki washyira ku kirango cy’Imbwa giteganywa n’Itegeko ryo mu Bwongereza? Utegetswe gushyiraho amazina yawe, aho utuye.”

Iri duka ryakomeje rigira rigaragaza ibigomba gushyirwa kuri kariya karango kambikwa imbwa, birimo “Imbero y’inzu ya nyirayo, nimero y’iposita, byose birakenewe mu kugaragaza umwirondoro mu Bwongereza, rero biremewe gushyiraho ibyo byose n’izina ryawe.”

Iri duka rikongera rikagira riti “ibi birahagije kandi bishobora kugira akamaro ku turango duto aho bidashobora kugaragaza amakuru yose y’aho utuye.”

Ibi bizatuma byoroha gusubiza nyiri imbwa mu gihe yabuze, kuko hazaba hariho imyirondoro y’aho yaturutse bityo abayitoraguye babashe kuyisubiza nyirayo.

Iri duka ryakomeje rigira inama abatunze imbwa kubahiriza ibi bintu, kuko mu gihe batabikoze, bishobora kuzatuma bacibwa amande agera ku £5,000, cyangwa se bakaba batakaza itungo ryabo.

Abatunze imbwa mu Bwongereza kandi banagiriwe inama yo kujya banashyira nimero ya telefone kuri turiya turango twambikwa aya matungo nubwo bitari mu bisabwa na ririya tegeko, ariko bikaba byakorohereza cyane kuba bamenya nyiraryo mu gihe ryabuze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen − three =

Previous Post

It’s time to stop expecting jobs and start creating jobs: A message to fresh graduates

Next Post

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Nyuma y’ibyabaye Amavubi agiye muri Afurika y’Epfo gutegura umukino udafite igisobanuro

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.