Tuesday, December 9, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga

radiotv10by radiotv10
09/12/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Abatwara abagenzi ku magare i Gisenyi barasaba guhabwa ‘Parking’ nk’abatwara ibindi binyabiziga
Share on FacebookShare on Twitter

Abatwara abagenzi n’imizigo ku magare bakorera mu mujyi wa Gisenyi, binubira ikibazo cyo kutagira parking, bigatuma amagare yabo ahora mu bibazo byo gucibwa amande cyane cyane kuri Petite Barrière, mu gihe Impuzamakoperative y’Abanyonzi bo mu Karere ka Rubavu yo ivuga ko hari ahantu harenze hamwe bemerewe guparika.

Abo ni bamwe mu banyonzi bakorera akazi kabo ka buri munsi mu bice bitandukanye by’umugi wa Gisenyi no mu nkengero zaho mu Karere ka Rubavu. Aba bahamirije umunyamakuru ko barembejwe n’amande bacibwa kubera parking, dore ko aho bafatiwe hose baba bavana cyangwa bashyira abagenzi ku magare, bakabwirwa ko hatemewe, bityo bakibaza uko bazakora bikabayobera.

Uwiringiyimana Gérard ati “Twe aho duparitse hose twaba turi gushyiraho umugenzi cyangwa turi kumukuraho baradufata ngo uparitse ahatemewe. Uwari we wese aragufata yaba umudaso, yaba umunyerondo n’abandi b’izindi nzego. Rero ntabwo bigeze batwereka parking. Njye mbona aka ari akarengane kuko bagukura ku igare nabi bakaguca ibihumbi 11 n’amagana inani, nta n’ayo uba wakoreye kuko ushobora kumara ukwezi utarayakorera.”

Niragire Jonas ati “Turagambanirwa, birazwi! Wenda hari igihe umuntu aba ahagaze nabi pe, ariko hari ukuntu baza bagatwarira abantu bose hamwe bakabajyana kuri bureau, barangiza bagaca abantu amafaranga.”

Cyokora ubuyobozi bw’Impuzamakoperative y’Abanyonzi bakorera mu Karere ka Rubavu bwo buvuga ko iki kibazo bwatangiye kukikemura buhereye ahavugwaga ibibazo bikomeye, nk’uko Hakizimana Bernard uyobora iyi mpuzamakoperative y’abanyonzi abisobanura.

Hakizimana Bernard ati “Twabahaye ahahoze haparika Jaguar ijya Uganda, twongera tubahereza ahitwa ku Munara werekeza za Mbugangari kugira ngo bave mu byo kuzenguruka bakatakata mu mupaka kuko byatumaga abantu bahutara, na bo bagahora bikubita hasi bagakomereka. Tubona ko bibabaje tubashakira parking, yewe no kuri gare twaberetse aho bagomba guparika bidateje akavuyo.”

Ibice bitungwa agatoki ko bikunze guhohotererwamo abo banyonzi cyane ni ku mupaka muto Petite Barrière, ari na ho uyu muyobozi avuga ko hashyizwe parking ebyiri zemewe kugira ngo bajye bazikoreramo bubahiriza amabwiriza anagamije kugabanya akavuyo n’impanuka za hato na hato muri gahunda ya Turindane Tugereyo Amahoro.

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 + four =

Previous Post

Umunsi Rayon na APR zizongera gukiniraho wamenyekanye noneho uzasiga imwe yegukanye igikombe

Next Post

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Related Posts

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

by radiotv10
09/12/2025
0

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva wahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango w’irahira rya Perezida wa Côte...

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

by radiotv10
09/12/2025
0

Entering adulthood comes with new freedom, responsibility, and decisions that shape one’s future. For many young Rwandans, especially those beginning...

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

Amatiyo y’amazi meza anyura hafi yabo ariko bo baracyakoresha ateye impungenge

by radiotv10
09/12/2025
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kivumu mu Karere ka Rutsiro, bavuga ko amatiyo y'amazi meza anyura mu Mudugudu...

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

by radiotv10
08/12/2025
0

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva...

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

by radiotv10
08/12/2025
0

Mu marushanwa y’imikino y’abagize Inteko Zishinga Ametegeko z’Ibihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Depite Mukabalisa Germaine, yegukanye umudali wa Zahabu...

IZIHERUKA

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we
FOOTBALL

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

by radiotv10
09/12/2025
0

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

09/12/2025
AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

09/12/2025
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

09/12/2025
Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

Hahishuwe uko u Burundi buri kwitwara ku basirikare babwo bari gupfa umusubirizo muri Congo

09/12/2025
U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

U Burundi bwavuze ko bwiteguye kurwana bunashinja u Rwanda ibirego bishya by’ibinyoma

09/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Managing Personal Finances as a Young Adult in Rwanda: Saving, Budgeting, Investing Basics

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rutahizamu Byiringiro Lague arishimira imyaka ine amaze akoze ubukwe n’umugore we

Amakuru agezweho: Perezida Kagame yoherereje ubutumwa bwihariye Alassane Ouattara watorewe kuyobora Côte d’Ivoire manda ya kane

AFC/M23 yashyize hanze amashusho ateye agahinda y’amarorerwa yakozwe n’uruhande bahanganye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.