Saturday, December 13, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

radiotv10by radiotv10
25/05/2024
in MU RWANDA
0
Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, ugiye gutora Mufti mushya w’u Rwanda, uzasimbura Sheikh Salim Hitimana umaze imyaka umunani ayobora uyu Muryango.

Amatora yo gushaka Mufti mushya w’u Rwanda, azaba ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi, azasiga hamenyekanye uzasimbura Sheikh Salim Hitimana uyobora Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kuva muri 2016.

Sheikh Suleiman Mbarushimana, Umujyanama wa Mufti w’u Rwanda, yavuze ko amatora ya Mufti ndetse na Komite Nyobozi y’uyu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, yagombaga kuba mu mpera za 2020, ariko inzira zayo zakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19.

Sheikh Mbarushimana avuga ko aya matora asanzwe aba mu mucyo, kandi ko atagira uwo aheeza, aho atangirira ku bayisilamu bo mu nzego zo hasi z’ubuyobozi bw’Abayisilamu.

Yagize ati “Amatora atangirira ku rwego rw’ubuyobozi bw’Imisigiti, agakomereza ku rwego rw’Akarere no ku Ntara, ubundi agasoreza ku rwego rw’Igihugu.”

Avuga ko kuva ku rwego rw’Imisigiti kugeza ku rwego rw’Intara, hatorwa imyanya ibiri, ari yo Imam na Imam Wungirije, aho abakandida basabwa kuba barize amasomo ya Kisilamu.

Mbarushimana avuga ko abatowe ku rwego rw’Intara ari bo bavamo abayobozi ku rwego rw’Igihugu, barimo Mufti ndetse na Mufti Wungirije, kimwe n’abagize Komite Nyobozi.

Ku rwego rw’Intara, haba hari abagenzuzi batatu, mu gihe ku rwego rw’Igihugu haba hari batanu, ari na bo baba bashobora gukemura amakimbirane, baba bafite ubumenyi mu bijyanye n’amategeko.

Uretse Komite nyobozi y’Umuryango w’Abayisilamu, ku rwego rw’Igihugu, haba hari Inama Nkuru y’Aabayisilamu, iba igizwe n’Aba-Imam 61 bo mu Turere 30 twose, ba Imam batanu bo ku rwego rw’Intara ndetse n’aba bahagarariye ibyiciro byihariye.

Sheikh Suleiman Mbarushimana ati “Inama nkuru ni na yo izatora Mufti na Mufti Wungirije ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi.”

Uyu Mujyanama wa Mufti kandi avuga ko igihe cyose aya matora y’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, yakomeje kubaho mu mucyo no mu ituze mu myaka yose yatambutse.

Gusa aya matora y’uzasimbura Mufti, yatangiye gukorwa kuva tariki 11 Gicurasi, yavuzwemo uburiganya na bamwe, ariko ibirego byabo biza guteshwa agaciro n’Umuryango w’Abayisilamu.

Sheikh Mbarushimana avuga ko abavugaga ko muri aya matora habayemo ibibazo, ari abagamije guhindanya isura y’Umuryango w’Abayisilamu no gushaka kurogoya ko aya matora agenda neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − sixteen =

Previous Post

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Next Post

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.