Thursday, January 8, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

radiotv10by radiotv10
25/05/2024
in MU RWANDA
0
Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, ugiye gutora Mufti mushya w’u Rwanda, uzasimbura Sheikh Salim Hitimana umaze imyaka umunani ayobora uyu Muryango.

Amatora yo gushaka Mufti mushya w’u Rwanda, azaba ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi, azasiga hamenyekanye uzasimbura Sheikh Salim Hitimana uyobora Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kuva muri 2016.

Sheikh Suleiman Mbarushimana, Umujyanama wa Mufti w’u Rwanda, yavuze ko amatora ya Mufti ndetse na Komite Nyobozi y’uyu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, yagombaga kuba mu mpera za 2020, ariko inzira zayo zakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19.

Sheikh Mbarushimana avuga ko aya matora asanzwe aba mu mucyo, kandi ko atagira uwo aheeza, aho atangirira ku bayisilamu bo mu nzego zo hasi z’ubuyobozi bw’Abayisilamu.

Yagize ati “Amatora atangirira ku rwego rw’ubuyobozi bw’Imisigiti, agakomereza ku rwego rw’Akarere no ku Ntara, ubundi agasoreza ku rwego rw’Igihugu.”

Avuga ko kuva ku rwego rw’Imisigiti kugeza ku rwego rw’Intara, hatorwa imyanya ibiri, ari yo Imam na Imam Wungirije, aho abakandida basabwa kuba barize amasomo ya Kisilamu.

Mbarushimana avuga ko abatowe ku rwego rw’Intara ari bo bavamo abayobozi ku rwego rw’Igihugu, barimo Mufti ndetse na Mufti Wungirije, kimwe n’abagize Komite Nyobozi.

Ku rwego rw’Intara, haba hari abagenzuzi batatu, mu gihe ku rwego rw’Igihugu haba hari batanu, ari na bo baba bashobora gukemura amakimbirane, baba bafite ubumenyi mu bijyanye n’amategeko.

Uretse Komite nyobozi y’Umuryango w’Abayisilamu, ku rwego rw’Igihugu, haba hari Inama Nkuru y’Aabayisilamu, iba igizwe n’Aba-Imam 61 bo mu Turere 30 twose, ba Imam batanu bo ku rwego rw’Intara ndetse n’aba bahagarariye ibyiciro byihariye.

Sheikh Suleiman Mbarushimana ati “Inama nkuru ni na yo izatora Mufti na Mufti Wungirije ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi.”

Uyu Mujyanama wa Mufti kandi avuga ko igihe cyose aya matora y’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, yakomeje kubaho mu mucyo no mu ituze mu myaka yose yatambutse.

Gusa aya matora y’uzasimbura Mufti, yatangiye gukorwa kuva tariki 11 Gicurasi, yavuzwemo uburiganya na bamwe, ariko ibirego byabo biza guteshwa agaciro n’Umuryango w’Abayisilamu.

Sheikh Mbarushimana avuga ko abavugaga ko muri aya matora habayemo ibibazo, ari abagamije guhindanya isura y’Umuryango w’Abayisilamu no gushaka kurogoya ko aya matora agenda neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 7 =

Previous Post

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Next Post

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hasobanuwe uko byagenze ngo haraswe uwakekwagaho ubwicanyi no kuba umujura ruharwa muri Kirehe

by radiotv10
08/01/2026
0

Umusore wakekwagaho ubwicanyi n’ubujura yakoreraga mu bice bitandukanye mu Karere ka Kirehe wari uherutse kwica umumotari akanamwiba moto, yishwe arashwe...

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

BREAKING: Urubanza rw’uwamenyekanye mu nzego z’ibanze uregwa ibirimo ishimishamubiri ry’igitsina rwashyize mu muhezo

by radiotv10
08/01/2026
0

Iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo mu rubanza ruregwamo Umuhuzabikorwa w’Ikigo Ngororamuco cya Gitagata, Sheikh Bahame Hassan wanabaye Umuyobozi w'Akarere ka...

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

Why Most People Struggle With Money Even When They Earn More

by radiotv10
08/01/2026
0

For many people, earning more money feels like the ultimate solution to financial stress. A salary raise, a new job,...

IZIHERUKA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi
AMAHANGA

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

by radiotv10
08/01/2026
0

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

08/01/2026
FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

08/01/2026
Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

Umufana wa Congo wazanye uburyo bwihariye bw’imifanire akomeje gusekerwa n’amahirwe nyuma yo kurira

08/01/2026
Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

Umunyasudanikazi uvuga Ikinyarwanda adategwa wihebeye u Rwanda yavuze ibintu bitatu arukundira

08/01/2026
Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

Hamenyekanye igikorwa cya mbere kizakorwa na nimero ya mbere ku Isi ku mbuga nkoranyambaga akigera mu Rwanda

08/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yashyinguye mu cyubahiro abasivile bishwe urw’agashinyaguro n’ibitero by’indege i Masisi

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.