Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya

radiotv10by radiotv10
25/05/2024
in MU RWANDA
0
Abayisilamu bo mu Rwanda bagiye kubona umuyobozi wabo mushya
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, ugiye gutora Mufti mushya w’u Rwanda, uzasimbura Sheikh Salim Hitimana umaze imyaka umunani ayobora uyu Muryango.

Amatora yo gushaka Mufti mushya w’u Rwanda, azaba ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi, azasiga hamenyekanye uzasimbura Sheikh Salim Hitimana uyobora Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda kuva muri 2016.

Sheikh Suleiman Mbarushimana, Umujyanama wa Mufti w’u Rwanda, yavuze ko amatora ya Mufti ndetse na Komite Nyobozi y’uyu Muryango w’Abayisilamu mu Rwanda, yagombaga kuba mu mpera za 2020, ariko inzira zayo zakomwe mu nkokora n’icyorezo cya Covid-19.

Sheikh Mbarushimana avuga ko aya matora asanzwe aba mu mucyo, kandi ko atagira uwo aheeza, aho atangirira ku bayisilamu bo mu nzego zo hasi z’ubuyobozi bw’Abayisilamu.

Yagize ati “Amatora atangirira ku rwego rw’ubuyobozi bw’Imisigiti, agakomereza ku rwego rw’Akarere no ku Ntara, ubundi agasoreza ku rwego rw’Igihugu.”

Avuga ko kuva ku rwego rw’Imisigiti kugeza ku rwego rw’Intara, hatorwa imyanya ibiri, ari yo Imam na Imam Wungirije, aho abakandida basabwa kuba barize amasomo ya Kisilamu.

Mbarushimana avuga ko abatowe ku rwego rw’Intara ari bo bavamo abayobozi ku rwego rw’Igihugu, barimo Mufti ndetse na Mufti Wungirije, kimwe n’abagize Komite Nyobozi.

Ku rwego rw’Intara, haba hari abagenzuzi batatu, mu gihe ku rwego rw’Igihugu haba hari batanu, ari na bo baba bashobora gukemura amakimbirane, baba bafite ubumenyi mu bijyanye n’amategeko.

Uretse Komite nyobozi y’Umuryango w’Abayisilamu, ku rwego rw’Igihugu, haba hari Inama Nkuru y’Aabayisilamu, iba igizwe n’Aba-Imam 61 bo mu Turere 30 twose, ba Imam batanu bo ku rwego rw’Intara ndetse n’aba bahagarariye ibyiciro byihariye.

Sheikh Suleiman Mbarushimana ati “Inama nkuru ni na yo izatora Mufti na Mufti Wungirije ku Cyumweru tariki 26 Gicurasi.”

Uyu Mujyanama wa Mufti kandi avuga ko igihe cyose aya matora y’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango w’Abayisilamu mu Rwanda, yakomeje kubaho mu mucyo no mu ituze mu myaka yose yatambutse.

Gusa aya matora y’uzasimbura Mufti, yatangiye gukorwa kuva tariki 11 Gicurasi, yavuzwemo uburiganya na bamwe, ariko ibirego byabo biza guteshwa agaciro n’Umuryango w’Abayisilamu.

Sheikh Mbarushimana avuga ko abavugaga ko muri aya matora habayemo ibibazo, ari abagamije guhindanya isura y’Umuryango w’Abayisilamu no gushaka kurogoya ko aya matora agenda neza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + 8 =

Previous Post

Miss Jolly yishimiye guhurira n’Umunyapolitiki Raila Odinga mu nama ikomeye ibera mu Bwongereza

Next Post

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Related Posts

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

Batunga agatoki ubuyobozi kubarutisha igikorwa cy’amajyambere

by radiotv10
28/01/2026
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuzwa n’ubuyobozi kubaka no kuvugurura inzu zabo,...

Simple steps you can follow to build real confidence

Simple steps you can follow to build real confidence

by radiotv10
28/01/2026
0

Confidence isn’t about being the loudest person in the room or having everything figured out. It’s about feeling comfortable with...

IZIHERUKA

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police
FOOTBALL

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
AFC/M23 says it will not withdraw from any area within liberated territories

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

28/01/2026
Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

28/01/2026
Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

Hasohotse andi makuru ku mupasiteri umaze igihe akurikiranwaho impfu z’abantu 400

28/01/2026
Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

Ni iki cyatumye indirimbo y’umuhanzi uzwi mu Rwanda ijya hanze nyuma y’imyaka umunani?

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Icyo imibare igaragaza ku igabanuka rikabije ry’umusaruro w’ubuki mu Rwanda n’ikibyihishe inyuma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

AFC/M23 yatanze umucyo ku ‘mikoranire’ n’u Rwanda yahawe ibisobanuro biyobya

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.