Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?

radiotv10by radiotv10
08/12/2025
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Abayoboye Uturere tw’Umujyi wa Kigali n’abahoze mu buyobozi bwawo muri manda ya mbere ubu bari he?
Share on FacebookShare on Twitter

Impinduka mu buyobozi bw’umujyi wa Kigali hari abo zahiriye abandi ntizabahira , Hashize imyaka itanu manda ya mbere irangiye kuva izi mpinduka zibaye aho uturere tw’uyu mujyi twahise twamburwa ubuzima gatozi n’imiterere y’ubuyobozi irahinduka byemejwe n’Itegeko N° 22/2019 ryo ku wa 29/07/2019 rigenga Umujyi wa Kigali. 

Umujyi wa Kigali ni wo ufite ubuzima gatozi (legal personality) n’ubwigenge mu by’imicungire n’imari, kimwe n’Uturere tw’icyaro.

Uturere dutatu tuwugize (Gasabo, Nyarugenge, na Kicukiro) ntitwigenga mu buryo bwuzuye nk’uko byari bimeze mbere, ahubwo byahindutse inzego z’ubuyobozi z’Umujyi wa Kigali.

Iri vugurura ryari rigamije kunonosora imicungire no kwihutisha iterambere ry’Umujyi wa Kigali, binyuze mu gutuma igenamigambi n’ishyirwa mu bikorwa by’ibikorwa remezo bikorwa neza nta nzitizi z’ubuyobozi butandukanye.

Muri make, iri tegeko ryashyizeho uburyo bushya bwo kuyobora butuma Umujyi wa Kigali uba ikigo cy’ingenzi gifata ibyemezo kuri uyu Mujyi wose hamwe n’inzego z’uturere zigafasha mu ishyirwa mu bikorwa.

Mu mwaka wa 2019 , Rubingisa Pudence yatorewe kuyobora Umujyi wa Kigali muri manda y’imyaka itanu, aho yungirijwe na Dr Nsabimana Erneste ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa remezo na Umutoni Gatsinzi Nadine ushinzwe imibereho myiza n’ubukungu.

Mu mwaka wa 2020 ,Umwari Pauline yagizwe umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Gasabo , Umutesi Solange agirwa umuyobozi nshingwabikorwa w’akarere ka Kicukiro mu gihe Ngabonziza Emmy yagizwe umuyobizi nshingwabikorwa w’akarere ka Nyarugenge muri Manda y’imyaka itanu.

Tugiye kureba muri aba bayobozi muri Manda y’imyaka itanu abakiri mu nshingano za Leta n’aho baherereye n’ibyo bari gukora.

1.Ngabonziza Emmy: Wayoboye Akarere ka Nyarugenge, mu mwaka wa 2024 yari arangije manda y’imyaka itanu ku buyobozi bw’akarere ka Nyarugenge ntiyongezwa indi manda , nta kandi kazi yabonye ko muri Leta ,ubu yashinze ikigo cy’ubujyanama mu ibarura mari n’imisoro (accounting firms and business advisers,)

2.Umwari Pauline: Wayoboye Akarere ka Gasabo, na we mu mwaka wa 2024 yarangije manda ntiyongezwa indi, ubu yashinze ikigo cy’amategeko.

Yasubiye mu mwuga w’ubw’Avoka , imwe mu nshingano yakoraga ubwo yakoraga Minisiteri y’Ubutabera, yunganiraga mu Nkiko abatishoboye  ubu yanongeyeho kuba Noteri wikorera.

3.Umutesi Solange: Yayoboye Akarere ka Kicukiro. We ntiyarangije manda kuko yahagaritswe mu nshingano Werurwe 2023,Ubu na we asigaye yikorera, twagerageje kuvugana na we ariko ntibyadukundira.

4.Dr Nsabimana Erneste: Yabaye umuyobozi w’umujyi wa Kigali wungirije ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa remezo, aza kugirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), umwanya yamazeho igihe gito ahita agirwa Minisitiri w’Ibikorwa remezo , Umwanya yaje gukurwaho mu kwezi kwa 9/2023 , kugeza ubu nta kandi kazi ka leta arahabwa. Uyu Dr Nsanzimana Ernest yashinze ikigo cy’ubujyanama mu bwubatsi (consultancy in construction ).

5.Mpabwanamaguru Merard: Dr Mérard Mpabwanamaguru wari Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Wungirije ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa remezo kuva mu mwaka wa 2021 kugeza 2023, uyu na we ntiyarangije manda kuko yakuwe mu nshingano, ntabwo yongeye guhabwa umwanya mu nshingano z’ubuyobozi. Kuri ubu ni umwarimu muri Kamunuza, akaba ari umujyanama mu mishinga itandukanye ijyanye n’imitunganyirize y’imijyi no kurengera ibidukikije kuko nibyo yize.

Dr Ernest Nsabimana yabaye mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali mbere yuko yinjira muri Guverinoma
Ubu ni umujyanama mu mishinga itandukanye ijyanye n’imitunganyirize y’imijyi no kurengera ibidukikije
Merard Mpabwanamaguru na we yabaye mu buyobozi bw’Umujyi wa Kigali
Ngabonziza Emmy wayoboye Akarere ka Nyarugenge
Umutesi Solange wayoboye Akarere ka Kicukiro
Umwari Pauline wayoboye Akarere ka Gasabo, ubu ni umunyamategeko

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − three =

Previous Post

Umudepite mu Nteko y’u Rwanda yakoze amateka mu mikino ya EAC ibera Uganda yongera kwitwara neza

Next Post

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Related Posts

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

by radiotv10
29/01/2026
0

Umwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga uherutse gushyiraho ubutumwa bwafashwe na bamwe nk’ubwishongozi, yasabye imbabazi ku bo bwakomerekeje, avuga ko yari...

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

by radiotv10
29/01/2026
0

Nyuma yuko Inteko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi noneho ikoresheje umuhungu wa Ingabire Victoire Umuhoza mu gusaba u Rwanda kurekura umubyeyi...

IZIHERUKA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge
MU RWANDA

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

Min.Nduhungirehe yagize icyo yibutsa Inteko y’u Burayi yongeye kwinjira mu by’Umunyapolitiki Ingabire Victoire

29/01/2026
Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Igisirikare cya Congo-FARDC cyavuze ku mirwano ya Kamanyola cyongera kwegeka ku cy’u Rwanda-RDF ibinyoma

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.