Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Abayobozi b’ikipe bamaze iminsi bavugwaho kurebana ay’ingwe bagaragaye mu mashusho atunguranye

radiotv10by radiotv10
25/09/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Abayobozi b’ikipe bamaze iminsi bavugwaho kurebana ay’ingwe bagaragaye mu mashusho atunguranye
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Kiyovu Sports Ltd ndetse n’umuyobozi w’ikipe ya Kiyovu Sports, bari bamaze iminsi bavugwaho kutumvikana, bagaragaye bari kumwe bavuye kurebana umupira bamwenyura, bisa nko gutanga abagabo ko ubu bameranye neza.

Ukutavuga rumwe hagati ya Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal na mugenzi we uyobora ikipe ya Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, kwazamutse nyuma y’ibyagiye bitangazwa n’aba bagabo.

Mvukiyehe Juvénal yavuze ko ari we ufite ububasha ntayegayezwa ku ikipe ya Kiyovu Sports, mu gihe Ndorimana we yavuze ko Mvukiyehe ayobora agashami kamwe ka Kiyovu.

Nyuma hakomeje kumvikana amakuru ko, aba bagabo bari kurebana ay’ingwe, ndetse ko byototeye ikipe bikayigiraho ingaruka mu musaruro wayo.

Gusa ubuyobozi bw’iyi kipe ya Kiyovu Sports, bwagaragaje ko aba bagabo bameranye neza ntakibazo bafitanye, mu gihe abacukumburaga amakuru avamo imbere, bavugaga ko ishyamba atari ryeru.

Nyuma yo kutumvikana kwa Perezida wa Kiyovu Sports Ltd, Mvukiyehe Juvénal na mugenzi we uyobora Umuryango Kiyovu Sports, Ndorimana Jean François Régis, kuri ubu umwuka ni mwiza hagati y’aba bayobozi nyuma y’ibiganiro ku mpande zombi. pic.twitter.com/WYaD6fIV2b

— RadioTv10 Rwanda (@Radiotv10rwanda) September 25, 2023

Mu butumwa, ubuyobozi bwa Kiyovu bwanyujije kuri X, hariho ifoto igaragaza Mvukiyehe na Ndorimana bicaye mu kabari bari kurebana umupira kuri televiziyo.

Ubutumwa buherekeje iyi foto, bugira buti “Umwuka muri Kiyovu sport wifashe ute? nyuma y’ibimaze igihe bivugwa?”

Nanone kandi ubuyobozi bw’iyi kipe, bwagaragaje amashusho y’aba bagabo bombi, basohoka muri ako kabari, bari kumwe baganira baseka.

Barebanye umupira kuri iki Cyumweru

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × five =

Previous Post

IFOTO: Ababyeyi baratekerereza umwana ahazaza he…Ifoto yavuzweho n’umuvugizi w’u Rwanda

Next Post

Ukraine yigambye igishobora gukora mu jisho u Burusiya cyerekeye umukomando wabwo ukomeye

Related Posts

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

Menya amamiliyoni Rayon y’Abagore yegukanye yiyongereye ku Gikombe itwaye inshuro eshatu zikurikiranya

by radiotv10
06/04/2026
0

Ikipe ya Rayon Sports y'abagore (WFC) yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya 2025-2026, kiba icya gatatu itwaye yikurikiranya, cyaje giherekejwe na...

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

Inkubiri yo kwegura muri ruhago y’u Butaliyani nyuma yuko Ikipe y’Igihugu ibuze itike y’icy’Isi irakomeje

by radiotv10
03/04/2026
0

Nyuma y’uko ikipe y’Igihugu y’u Butaliyani ibuze itike yo kujya mu gikombe cy’Isi ku nshuro ya gatatu yikurikiranya, abayobozi batandukanye...

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

Hari uwagiriye inama umunyezamu ufite izina rikomeye muri Afurika ukina i Burayi

by radiotv10
02/04/2026
0

Uwahoze ari umunyezamu w’ikipe y’igihugu ya Cameroun, Joseph-Antoine Bell, yagiriye inama mugenzi we Andre Onana yo kudasubira mu ikipe yo mu Bwongereza ya Manchester...

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

Amakuru mashya: Congo yatanze konji mu Gihugu hose nyuma y’intsinzi y’ikipe y’Igihugu yayinjije mu Gikombe cy’Isi

by radiotv10
01/04/2026
0

Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatanze umunsi w’ikiruhuko rusange, nyuma yuko ikipe y’iki Gihugu ‘Léopards’ itsinze iya Jamaica...

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

BREAKING: Hatangajwe ku mugaragaro igaruka ry’Umutoza wigeze gutoza Rayon Sports

by radiotv10
31/03/2026
0

Ubuyobozi bwa Rayon Sports bwatangaje ko umutoza Haringingo Francis yongeye kugaruka muri iyi kipe nk’Umutoza Mukuru nyuma y'iminsi irenga 1...

IZIHERUKA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi
AMAHANGA

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

by radiotv10
10/04/2026
0

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/2026
10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

10/04/2026
Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

Umuco bise ‘Kuzitura’ wadukanywe n’abagore bamwe i Rutsiro ntuvugwaho rumwe

10/04/2026
Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Toronto muri Canada yemeje tariki 07 Mata nk’Umunsi Mpuzamahanga wo Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

10/04/2026
Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

Huye: Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaba gusanirwa inzu zabo zishaje

10/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Ukraine yigambye igishobora gukora mu jisho u Burusiya cyerekeye umukomando wabwo ukomeye

Ukraine yigambye igishobora gukora mu jisho u Burusiya cyerekeye umukomando wabwo ukomeye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu byo muri Afurika bikomeje gufata ingamba zo guhangana n’ibura rya Lisansi

Leta ya Michigan muri America yemeje ku mugaragaro itariki 07 Mata nk’umunsi wo Kwibuka Jenoside

10/04/1994: Kiliziya Gatulika yagaragaje ko ibabajwe n’urupfu rwa Habyarimana, Abatutsi biciwe muri Kiliziya ya Gahanga,…

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.